15/04/2026
Bari bagamije kunyica – Spice Diana ku gitero cyamugabweho nyuma y’igitaramo
Umuhanzikazi wo muri Uganda, Spice Diana, yatangaje inkuru iteye ubwoba yigeze kumubaho, aho yarokotse igitero cyari kigamije kumugirira nabi mu gihe yari ari mu gitaramo.
Uyu muhanzikazi yavuze ko ibyo byabaye mu buryo butunguranye, ibintu bihinduka urugomo mu kanya gato gusa, ubwo yari avuye ku rubyiniro agiye kwinjira mu modoka imujyana.
Mu magambo ye, yagize ati: “Byari bigamije kunkubita no kunyica. Twari turi mu gitaramo, maze ngiye kwinjira mu modoka mva ku rubyiniro, umugabo umwe agerageza kuntera icupa.”
Icyo gihe ibintu byahise bifata indi ntera, habaho akavuyo gakomeye. Umwe mu barinzi be (bouncer) yahise yitanga kugira ngo amurinde, amwitambika imbere amukingira icyo gitero, ndetse amuhatira kwinjira mu modoka kugira ngo ahungishwe.
Nubwo ibyo byafashije Spice Diana kurokoka, byaje kugeraho ku giciro gikomeye. Uwo murinzi we yasigaye inyuma, agabwaho igitero n’agatsiko k’abantu bari bashatse kumugirira nabi.