Eric Uzabakiriho

Eric Uzabakiriho All your favourite is here

Kera habayeho umugabo Ndebe akaba umukungu kandi akagira inshuti eshatu yitaga iz'amagara. Umunsi umwe yenga inzoga atum...
13/12/2025

Kera habayeho umugabo Ndebe akaba umukungu kandi akagira inshuti eshatu yitaga iz'amagara. Umunsi umwe yenga inzoga atumira abe bose na za nshuti ze baranywa baranezerwa. Bamaze kwizihirwa, umwe muri bo witwaga Nzamurambaho arahaguruka ati "Ndagukunda, none nguhaye inka." Abari aho bose bamukurira ubwatsi.

Bukeye wa mugabo ashaka kugerageza za nshuti ze. Yica ihene ayihambira mu kirago. Bugorobye yikorera ya ntumbi, aragenda no ku nshuti ye Nzamurambaho ati "Ngize ibyago nishe umuntu, none ndagira ngo umperekeze tujye kumuta mu ruzi cyangwa mu gihuru butaracya, kuko bimenyekanye nanjye napfa." Nzamurambaho ngo abyumve ariyumvira, ntiyibuka ibyo yavuze, ni ko kumusubiza ati "Umugore wanjye ntahari, none rero ntabwo nakwisigira urugo n'abana. Genda urebe undi waguherekeza, jye simboneka." Ndebe arita mu gutwi.

Araboneza no kwa Mudatenguha, amutekerereza ibyamubayeho byose. Mudatenguha agira ubwoba ahinda umushyitsi ati "Nibadufata bazatwica twembi nta kubaza kandi jye ndengana. None mugenzi wanjye, umugore wanjye ari ku nda; none sinamusiga wenyine umbabarire." Ndebe akomeza urugendo no kwa Mutunamuka atizeraga nk'uko yizeraga ba bandi bombi; babaniraga ko yamutumaga ntiyange.

Amaze kumutekerereza ibyamugwiririye, undi abyumva vuba, aramusubiza ati "Hogi tugende, sinsubira no mu nzu, umugore atambaza ibyo ari byo." Bashyira nzira baragenda, bikoreye ya ntumbi.

Bageze mu ishyamba ry'inzitane, Mutunamuka ati "Reka tumujugunye aha nta muntu uzamubona. N'anamubona ntazamenya uwamwishe." Undi ati "Komeza gato". Bigira imbere baratura. Ndebe atekerereza Mutunamuka ukuri Kose. Amwereka ya ntumbi, undi asanga koko ari ihene.

Aho bahindukiriye banezerewe, Ndebe akoranya bene wabo maze ababwira ukuntu yagerageje inshuti ze agasanga inshuti nyanshuti ari Mutunamuka. Amugororera inka baribanira, atandukana na ba bandi bamukundaga urumamo.

Weekend nziza kuri mwese 🙏

I have reached 900 followers! Thank you for your continued support. I could not have done it without each of you. 🙏🤗🎉
19/04/2024

I have reached 900 followers! Thank you for your continued support. I could not have done it without each of you. 🙏🤗🎉

24/01/2024

UMUNYAMERWE

Ni Ruhaya rw'isekurume
Rwa murarika icyanwa
Iyo yarase igihambe
Udusekurume turayihunga.
Igira ibihembe bireba inyuma
Ikagira ubwanwa irarika iteka
Igira umugara wo ku mugongo
Ikawushinga iri ku rugamba.
Igira imihore myiza cyane
Ikaba itungo ryo mu batindi.
Iyo bayikuyeho uruhu rwayo
Abenshi muri bo baravugishwa.
Iyumvire nawe uyu munyabugoyi
Ngo aravugishwa abonye igaramye.

Yarazindutse ajya gusura
Se w'umugore we mu Rugerero
Agezeyo asanga barayibaga
Inyama ngizo hirya hino
Baragabagabana biracika
Abana benshi barabya indimi.

Aramwenyura akorora buhoro
Arasuhuza barikiriza
Bamuha icyicaro araruhuka
N'agatabi aratumagura
Umukuzo uraza yica inyota.

Akebuka hirya aho bazigabana
Amazi menshi amwuzura akanwa
Akabona imbugita ziraca ibintu.

Hashize umwanya uringaniye
Nyina w'umugore we ajya mu kirambi
Avugira mu gutwi kwa Ruhabuka
Ari we mugabo we akunda cyane
Ati: "Murarebe uko mugenza
Uriya mwana w'umunyarwanda."

Wa muhungu bimujya mu gutwi
Yirya icyara abyinisha intebe
Arasukuma gukoma yombi
Amasoni aranga abura uko agenza
Arahaguruka ajya ku irembo
Arinanura agaruka mu rugo. .../...

Igihe cyo gutaha kiba kiraje
Agaseke keza barakamanura
Inyama munani ziragasaga
Bamuha umwana wo kumutwaza
Izo mbonekarimwe z'iyo mfizi
Imisozi itanu barayirenga
Uwa gatandatu barasohora
Abwira umwana asubira iwabo.

Abwira ab'iwe icyo mu gasero
Avuga amateshwa atagira uko angana,
Aravugishwa bishyira kera,
Ati: " Nageze iwanyu munsi y'uruhu
Nsanga iseseme barayibaga,
Ubwo isekurume iba iranteruye
No ku kinyama cy'inzu ngo pi !

Ngo nyikubite amazi
Amaso yuzura akanwa
Bampa umukuzo ndawicarira.

None rero mugore wanjye
Mpa iyo mbugita nzicanirize
Umpe n'isafuriya niyicarire
Shyushya amazi yo kuzirisha
Ushake n'ubugali bwo kuziteka
Umpe n'ikinono kivamo isosi."

Nyirakanaka ngo abite mu gutwi
Araseka cyane ibi byimazeyo
Afatwa n'impumu arakumbagara
Abira ibyuya yara amaboko

Hashize umwanya arahembuka
Ariruhutsa aratangara,
Ati: "Erega Ruhaya yari inkozeho!"
Ni isekurume ntisebanya
Kereka utazi uburyo inurira
Ni we uyisebya ibi by'abasenzi

Address

Kg 652st
Kigali
250

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Eric Uzabakiriho posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Business

Send a message to Eric Uzabakiriho:

Share

Category