27/04/2026
Akarere ka Rubavu kamaze kumenyekana nk’Akarere k’ubukerarugendo mu Rwanda bitewe nuko abantu benshi baturuka mu bice bitandukanye by’igihugu bakaza kugasura ahanini bakurikiye ubwiza bw’Ikiyaga cya Kivu, ndetse n’ibindi bikorwa remezo bituma aka karere gakomeza kuba umujyi ugezweho kandi ukurura ba mukerarugendo.
Uretse ibyo, Rubavu imaze no kwigaragaza nk’igicumbi cy’impano zitandukanye, by’umwihariko mu mupira w’amaguru aho imaze no kwitwa “Brazil” y’u Rwanda kubera umubare munini w’abakinnyi bakomeye bahakomoka. Si mu mupira gusa, kuko no mu muziki hamaze kuvuka abahanzi bageze ku rwego rukomeye mu gihugu, barimo Ariel Wayz, Okkama n’abandi batandukanye.
Mu mwaka wa 2025, ku bufatanye na Future Novelty Company na batangije igikorwa cyiswe Rubavu Music Awards and Talent Detection, kigamije gushimira abahanzi bitwaye neza no kuvumbura impano nshya hagamijwe kuziherekeza mu rugendo rwazo rw’iterambere.
Mu rwego rwo kurushaho guteza imbere iki gikorwa, hiyongereyemo icyiciro gishya kigamije guha icyubahiro abahanzi bakomoka mu karere ka Rubavu ariko bakaba barageze ku rwego rukomeye mu muziki nyarwanda, bakaba bakorera ibikorwa byabo hanze y’aka karere.
Iki cyiciro gishya kizagira uruhare rukomeye mu kuzamura ubukerarugendo bw’akarere ka Rubavu, kuko gishimangira isano iri hagati y’impano z’akarere n’iterambere ry’imyidagaduro ku rwego rw’igihugu. Binyuze muri ibi bihembo, abahanzi bakomeye bakomoka I Rubavu barongera gusubira iwabo, bakazane n’abafana babo n’abandi bakunzi b’umuziki, ibi bikazagira uruhare mu kongera urujya n’uruza rw’abantu basura aka karere.
Ibi kandi binitezweho ingaruka nziza ku bukungu bw’akarere, by’umwihariko mu nzego zirimo amahoteli, ubwikorezi n’ubucuruzi butandukanye, ndetse n’ahantu nyaburanga hasurwa cyane nk’ikiyaga cya Kivu.
By’umwihariko, ibi bikorwa bizanakomeza kuzamura isura ya Rubavu ku rwego rw’igihugu n’akarere, binyuze mu itangazamakuru, imbuga nkoranyambaga n’ibirori bizajya bihuriza hamwe abahanzi n’abakunzi b’umuziki, ibi bitume n'akarere ka Rubavu karushaho kumenyekana nk’ahantu hashobora guhurizwa imyidagaduro n’ubukerarugendo.
Uyu mwaka ibihembo bizatangwa tariki 30/05/2026.