Sakaara News

Sakaara News Sakaara News is a Rwanda-based media platform that mainly focuses on economy and tourism insights.

Akarere ka Rubavu kamaze kumenyekana nk’Akarere k’ubukerarugendo mu Rwanda bitewe nuko abantu benshi baturuka mu bice bi...
27/04/2026

Akarere ka Rubavu kamaze kumenyekana nk’Akarere k’ubukerarugendo mu Rwanda bitewe nuko abantu benshi baturuka mu bice bitandukanye by’igihugu bakaza kugasura ahanini bakurikiye ubwiza bw’Ikiyaga cya Kivu, ndetse n’ibindi bikorwa remezo bituma aka karere gakomeza kuba umujyi ugezweho kandi ukurura ba mukerarugendo.

Uretse ibyo, Rubavu imaze no kwigaragaza nk’igicumbi cy’impano zitandukanye, by’umwihariko mu mupira w’amaguru aho imaze no kwitwa “Brazil” y’u Rwanda kubera umubare munini w’abakinnyi bakomeye bahakomoka. Si mu mupira gusa, kuko no mu muziki hamaze kuvuka abahanzi bageze ku rwego rukomeye mu gihugu, barimo Ariel Wayz, Okkama n’abandi batandukanye.

Mu mwaka wa 2025, ku bufatanye na Future Novelty Company na batangije igikorwa cyiswe Rubavu Music Awards and Talent Detection, kigamije gushimira abahanzi bitwaye neza no kuvumbura impano nshya hagamijwe kuziherekeza mu rugendo rwazo rw’iterambere.

Mu rwego rwo kurushaho guteza imbere iki gikorwa, hiyongereyemo icyiciro gishya kigamije guha icyubahiro abahanzi bakomoka mu karere ka Rubavu ariko bakaba barageze ku rwego rukomeye mu muziki nyarwanda, bakaba bakorera ibikorwa byabo hanze y’aka karere.

Iki cyiciro gishya kizagira uruhare rukomeye mu kuzamura ubukerarugendo bw’akarere ka Rubavu, kuko gishimangira isano iri hagati y’impano z’akarere n’iterambere ry’imyidagaduro ku rwego rw’igihugu. Binyuze muri ibi bihembo, abahanzi bakomeye bakomoka I Rubavu barongera gusubira iwabo, bakazane n’abafana babo n’abandi bakunzi b’umuziki, ibi bikazagira uruhare mu kongera urujya n’uruza rw’abantu basura aka karere.

Ibi kandi binitezweho ingaruka nziza ku bukungu bw’akarere, by’umwihariko mu nzego zirimo amahoteli, ubwikorezi n’ubucuruzi butandukanye, ndetse n’ahantu nyaburanga hasurwa cyane nk’ikiyaga cya Kivu.

By’umwihariko, ibi bikorwa bizanakomeza kuzamura isura ya Rubavu ku rwego rw’igihugu n’akarere, binyuze mu itangazamakuru, imbuga nkoranyambaga n’ibirori bizajya bihuriza hamwe abahanzi n’abakunzi b’umuziki, ibi bitume n'akarere ka Rubavu karushaho kumenyekana nk’ahantu hashobora guhurizwa imyidagaduro n’ubukerarugendo.

Uyu mwaka ibihembo bizatangwa tariki 30/05/2026.

Mutesi Jolly, wabaye Nyampinga w’u Rwanda muri 2016, ari mu bagaragaza neza uko impano, amahirwe n’imicungire myiza y’um...
23/04/2026

Mutesi Jolly, wabaye Nyampinga w’u Rwanda muri 2016, ari mu bagaragaza neza uko impano, amahirwe n’imicungire myiza y’umutungo bishobora kubyara iterambere rifatika.

Inzu ye yatashye ku mugaragaro muri iki cyumweru iherereye mu gace ka Kibagabaga, mu Mujyi wa Kigali, kamwe mu duce dukunze guturwa n’abifite, iri mu zikomeje kuvugisha benshi kubera imiterere yayo igezweho, ubwiza bwayo n’ishoramari riyirimo.

Nubwo agaciro kayoka nyako kataratangazwa ku mugaragaro, isesengura ry’isoko ry’imitungo itimukanwa muri Kigali rigaragaza ko inzu ziri ku rwego nk’uru ziba zihagaze mu bijyanye n’imari. Ibi bituma ifatwa nk’umutungo ushobora gukomeza kuzamura agaciro uko imyaka igenda ishira.

Iyi nzu kandi igaragaza impinduka mu bukungu bw’u Rwanda, aho abakobwa n’abagore nabo bagira uruhare mu ishoramari ryagutse, cyane cyane mu mitungo itimukanwa no mu bikorwa by’ubucuruzi bishingiye ku mazina yabo.

Ni urugero rwerekana ko ubukungu bushingiye ku guhanga udushya bushobora kuvamo inyungu ifatika, bukabyara n’ishoramari rirambye.

Iyi si inzu gusa ahubwo ahubwo abaye ikimenyetso cy’uko iterambere ry’umukobwa riri kuba ukuri kugaragarira mu bukungu bw’igihugu.

Sosiyete y’imikino yo gutega amafaranga betPawa yatangaje ko yahagaritse by’agateganyo kwakira amafaranga (deposits) ku ...
14/04/2026

Sosiyete y’imikino yo gutega amafaranga betPawa yatangaje ko yahagaritse by’agateganyo kwakira amafaranga (deposits) ku bakiriya bayo mu Rwanda.

Ibi byemezo byafashwe mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza n’amategeko agenga ibikorwa by’imari n’imikino yo gutega mu gihugu.

Mu itangazo ryashyizwe ku rubuga rwayo, betPawa yavuze ko abakiriya bagishobora gukomeza gutega, kubikuza amafaranga no gukoresha izindi serivisi zisanzwe, ariko gushyira amafaranga kuri konti byo byahagaritswe kugeza igihe hazatangirwa andi makuru mashya.

Ibi bibaye mu gihe hari amakuru akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga avuga ko iyi sosiyete ishobora gufunga ibikorwa byayo mu Rwanda, bikaba bifitanye isano n’ikibazo cy’imisoro kivugwaho kuba gifite agaciro k’amafaranga menshi, gishobora kuba kiri gukurikiranwa n’Urwego rw’Imisoro n’Amahoro mu Rwanda (RRA).

Nubwo ayo makuru ataremezwa ku mugaragaro na betPawa, icyemezo cyo guhagarika kwakira amafaranga cyateje impungenge mu bakiriya bayo benshi, cyane cyane abari basanzwe bakoresha uru rubuga mu gutega.

Abasesenguzi bavuga ko niba ikibazo cy’imisoro ari cyo nyirabayazana, bishobora kugira ingaruka zikomeye ku mikorere y’iyi sosiyete mu Rwanda, ndetse bikaba byanavamo gufunga burundu ibikorwa byayo mu gihe cy’igihe kiri imbere.

Ku rundi ruhande, abakiriya basabwe gukomeza gukurikirana amatangazo mashya azatangwa n’iyi sosiyete kugira ngo bamenye aho ibintu bigeze.

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y'uRwanda Paul Kagame na Madamu bacanye urumuri rw'ikizere batangiza ku mugaragaro icy...
07/04/2026

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y'uRwanda Paul Kagame na Madamu bacanye urumuri rw'ikizere batangiza ku mugaragaro icyumweru cyo Kwibuka ndetse n'iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

📸 .rwanda

Sakaara News stands with all Rwandans and the World in 32nd Commemoration of Genocide perpetrated against Tutsi in 1994....
07/04/2026

Sakaara News stands with all Rwandans and the World in 32nd Commemoration of Genocide perpetrated against Tutsi in 1994.

Twibuke Twiyubaka.
06/04/2026

Twibuke Twiyubaka.

NOTICE, Nexus News Network is rebranded to Sakaara News. ------ITANGAZO, Nexus News Network yahindutse Sakaara News.
04/04/2026

NOTICE, Nexus News Network is rebranded to Sakaara News.
------
ITANGAZO, Nexus News Network yahindutse Sakaara News.

28/03/2026

Ubwo Nyakubahwa Perezida Paul KAGAME yahuraga n'abayisilamu bo mu Rwanda kuwa 25 Werurwe 2026 muri BK Arena, Umusaza Sebazungu Issa yamugejejeho ikibazo cy'uko atagira igare ry'abafite ubumuga, ibyo yagaragazaga ko bimugira cyane mu mibereho ye ya buri munsi.

Issa Kandi yagejeje kuri Nyakubahwa Perezida wa Repubulika ikibazo cy'ubukene bukabije maze Perezida asaba ababishinzwe kubikurikirana vuba.

Kuri ubu rero Issa yamaze gushyikirizwa igare ryo kumufasha mu ngendo ze Kandi akanagaragaza ko yishimiye cyane uburyo Nyakubahwa Perezida Paul KAGAME yamufashije, anavuga ko yizeye ko n'ibindi yemerewe azabibona vuba.

Issa Kandi yanashimiye M***i w'uRwanda wafashije abayisilamu guhura Nyakubahwa Perezida.

28/03/2026

Muri iki gitondo, abakinnyi b'ikipe y'igihugu Amavubi bari mu mikino ya .series2026 baramukiye mu muganda rusange, aho bifatanyije n'abaturage mu gutera ibiti.

Umwanditsi akaba n'umukinnyi wa Filime n'umunyamuziki NIYITEGEKA Gratien yagejeje abamukurikira kuri Shene ye ya YouTube...
28/03/2026

Umwanditsi akaba n'umukinnyi wa Filime n'umunyamuziki NIYITEGEKA Gratien yagejeje abamukurikira kuri Shene ye ya YouTube.

yamenyekanye muri Filime nyarwanda zitandukanye zanatumye amenyekana ku mazina atandukanye nka Sekaganda, Seburikoko, Papa Sava n'andi mazina atandukanye aho abenshi batanazi amazina ye ya nyayo.

Nyuma y'imyaka 30 akora ubusizi, Filime, amakinamico n'umuziki yujuje abamukurikira barenga Miliyoni kuri YouTube akaba ari nawe mukinnyi wa Filime wa Mbere mu Rwanda wujuje abamukurikira Miliyoni kuri uru rubuga.

Muri iki gitondo tariki 27 Werurwe 2026 hasojwe amahugurwa y'Abapolisi bayobora za Sitasiyo (Station Commenders' Course)...
27/03/2026

Muri iki gitondo tariki 27 Werurwe 2026 hasojwe amahugurwa y'Abapolisi bayobora za Sitasiyo (Station Commenders' Course) icyiciro cya 2/26.

Umuyobozi Mukuru Wungirije wa ushinzwe ubutegetsi n’abakozi, DCG Jeanne Chantal Ujeneza, yasoje ku mugaragaro amahugurwa y’abayobozi ba za sitasiyo za Polisi (Station Commanders’ Course), icyiciro cya 02/26. Uyu muhango wabereye mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo kurwanya iterabwoba (Counter Terrorism Training Centre – CTTC) giherereye i Mayange mu Karere ka Bugesera.

Aya mahugurwa amaze ibyumweru 12 akaba yaritabiriwe n’abapolisi b'u Rwanda, abo mu rwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha n’abandi baturutse muri Polisi y’Igihugu ya Liberia.

Mu ijambo risoza aya mahugurwa, DCG Ujeneza yabasabye gufata iyi ntambwe nk’intangiriro y’indi ntera nshya mu kazi kabo ka Polisi, aho bagiye guhabwa inshingano, ububasha n’uruhare runini mu kuyobora za sitasiyo, ari na zo nkingi ya mbere ihuza Polisi n’abaturage. Yibukije ko imikorere yabo ya buri munsi izagira uruhare rukomeye mu kubaka no gushimangira icyizere abaturage bagirira Polisi y’u Rwanda.

Address

Kigali

Website

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Sakaara News posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Business

Send a message to Sakaara News:

Share

Category