Umunota News

Umunota News Umunota igamije gukomeza Abanyarwanda mu buryo bwihuse mu byiciro byoseby’ubuzima.

Umunota, isoko yawe y’amakuru mu gihe cy’umunota umwe, igamije guhindura uburyo amakuru avugwa kandi agasomwa mu Rwanda no hanze y’u Rwanda

Umunota.com ni urubuga rushya rukoreshwa mu gutanga amakuru, yihariye kandi yihuse mu Kinyarwanda. Umunota, isoko yawe y’amakuru mu gihe cy’umunota umwe, igamije guhindura uburyo amakuru avugwa kandi agasomwa mu Rwanda no hanze y’u Rwanda

Umunota.com ni urubuga rushya rukoreshwa mu gutanga amakuru, ruvuga cyane ku makuru y’u Rwanda, rugatanga amakuru yihariye kandi yihuse mu bice bitandukanye mu Kinyarwanda.

Kuri uyu wa Gatanu, Ingabo z’u Rwanda (RDF) n'iza Tanzania (TPDF) basoje Inama ya 16 y’Abayobozi b'Ingabo bashinzwe Umut...
11/09/2026

Kuri uyu wa Gatanu, Ingabo z’u Rwanda (RDF) n'iza Tanzania (TPDF) basoje Inama ya 16 y’Abayobozi b'Ingabo bashinzwe Umutekano ku mipaka ihuza ibihugu byombi.

Iyi nama yabereye mu Karere ka Nyagatare, kuva tariki 9 kugeza ku wa 11 Nzeri 2026.

Impanze zombi zongeye gushimangira ubushake bwo gukomeza kubungabunga umutekano usesuye ku mupaka uzihuza.

11/09/2026

🎥 AMASHUSHO 🎥

APR FC iri gukina na Les Aigles du Congo umukino wo kwishyura w'ijonjora rya mbere rya CAF Champions League.

Uyu mukino ugiye kubera muri Stade Amahoro, uri gusifurwa n'abasifuzi bakomoka muri Mauritania bayobowe na Patrice Milazar.

11/09/2026

🎥 AMASHUSHO 🎥

APR FC na Les Aigles du Congo ziri kwishyushya mbere yo gucakirana mu mukino wo kwishyura w'ijonjora rya mbere rya CAF Champions League.

Uyu mukino utangira saa 18:00 urabera muri Stade Amahoro, kugeza ubu itarageramo abafana benshi.

Musanze FC yatsinze Kiyovu Sports FC igitego 1-0 mu mukino w'Umunsi wa Kabiri wa  , wabereye kuri Stade Ubworoherane kur...
11/09/2026

Musanze FC yatsinze Kiyovu Sports FC igitego 1-0 mu mukino w'Umunsi wa Kabiri wa , wabereye kuri Stade Ubworoherane kuri uyu wa Gatanu.

Igitego rukumbi cyahesheje Musanze FC amanota 3 ya mbere muri Shampiyona y'u Rwanda, cyatsinzwe na Léonidas Munyurangabo ku munota wa 24.

Ni umukino wa kabiri Kiyovu Sports itakaje nyuma yo gutsindwa na Gorilla FC ku mukino w'Umunsi wa Mbere.

Kuri uyu wa Gatanu, Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva yafunguye ku mugaragaro Uruganda rwa A1 Iron & Steel Rwa...
11/09/2026

Kuri uyu wa Gatanu, Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva yafunguye ku mugaragaro Uruganda rwa A1 Iron & Steel Rwanda Ltd., rutunganya ibyuma mu buryo bugezweho, ruherereye mu Cyanya cy'Inganda cya Musanze.

Minisitiri w'Intebe yagaragaje ko ishoramari ryakozwe, ryitezweho inyungu nyinshi zizagerwaho binyuze mu gukoresha neza ubushobozi bw’uruganda, gukomeza kongera umusaruro warwo, kugira abakozi bafite ubumenyi n’ubushobozi buhagije, no gukora ibicuruzwa bikenewe ku isoko ryo mu Rwanda no mu Karere.

11/09/2026

🎥 AMASHUSHO 🎥

Muri Morale nyinshi, dore uko abakinnyi ba Les Aigles du Congo basesekaye kuri Stade Amahoro, barangajwe imbere n'Umutoza Bruno Ferry wahoze atoza Rayon Sports yo mu Rwanda.

Iyi kipe yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ( RDC), igiye gukina na APR FC umukino wo kwishyura w'ijonjora rya mbere rya CAF Champions League, guhera saa 18:00.

▶️ https://youtube.com/shorts/0pv63Qq1kIs?si=O_Pd6F4QhaFJckkV

🚨 Abanyeshuri barenga 1000 barakopeye mu bizamini bya Leta bisoza ayisumbuye.Mu bizamini bya Leta bisoza amashuri yisumb...
11/09/2026

🚨 Abanyeshuri barenga 1000 barakopeye mu bizamini bya Leta bisoza ayisumbuye.

Mu bizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye by'umwaka w'amashuri wa 2025/26, abanyeshuri 1,097 bakoreye mu turere 27 barakopeye.

Minisitiri w'Uburezi Joseph Nsengimana yavuze ko aba banyeshuri bazahanwa hakurikijwe amabwiriza agenga ibizamini bya Leta.

Yashimangiye ko nta mahirwe ya kabiri bazahabwa yo gusubiramo ibizamini nk'uko byagenze ku basoje amashuri abanza, kuko bo ari abantu bakuru.

Mu banyeshuri 108,405 bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w'amashuri wa 2025/26, abangana na 94...
11/09/2026

Mu banyeshuri 108,405 bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w'amashuri wa 2025/26, abangana na 94% baratsinze.

Abatsinze muri uyu mwana bariyongereye kuko bavuye kuri 89.1% bari batsinze mu mwaka wabanje wa 2024/25.

Abakobwa batsinze ku kigero cya 93%, mu gihe abahungu ari 95.9%.

Address

KG 688 Street
Kigali
00000

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Umunota News posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Business

Send a message to Umunota News:

Shortcuts

Share