Umunota News

Umunota News Umunota igamije gukomeza Abanyarwanda mu buryo bwihuse mu byiciro byoseby’ubuzima.

Umunota, isoko yawe y’amakuru mu gihe cy’umunota umwe, igamije guhindura uburyo amakuru avugwa kandi agasomwa mu Rwanda no hanze y’u Rwanda

Umunota.com ni urubuga rushya rukoreshwa mu gutanga amakuru, yihariye kandi yihuse mu Kinyarwanda. Umunota, isoko yawe y’amakuru mu gihe cy’umunota umwe, igamije guhindura uburyo amakuru avugwa kandi agasomwa mu Rwanda no hanze y’u Rwanda

Umunota.com ni urub

uga rushya rukoreshwa mu gutanga amakuru, ruvuga cyane ku makuru y’u Rwanda, rugatanga amakuru yihariye kandi yihuse mu bice bitandukanye mu Kinyarwanda.

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye raporo yatangajwe na Human Rights Watch, Ibiro bya Loni bishinzwe Uburenganzira bwa Munt...
22/08/2025

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye raporo yatangajwe na Human Rights Watch, Ibiro bya Loni bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu (OHCHR) n'Ibiro bihuriweho bya Loni bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu (UNJHRO), ishinja ingabo z'u Rwanda, RDF, gufasha M23 mu bwicanyi bwakorewe abasivile b’Abanye-Congo muri Binza na teritware ya Rutshuru mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Guverinoma y'u Rwanda yatangaje ko ibyo birego ari ibinyoma bidafite ishingiro n'ibimenyetso bifatika.

Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Iburengerazuba, Major General Nkubito Eugene, yavuze  ko Gen Ntawunguka Pacifique alias Om...
22/08/2025

Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Iburengerazuba, Major General Nkubito Eugene, yavuze ko Gen Ntawunguka Pacifique alias Omega uyobora umutwe ukorera mu mashyamba ya RDCongo,FDLR akwiye gutaha mu gihugu ku mahoro niba ashaka kubaho.

Ni ubutumwa yatangiye mu Mirenge ya Rubavu na Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu kuwa Kane tariki ya 21 Kanama 2025,mu nama yahuje ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba n’abaturage.

✍️:


https://umunota.com/ntawunguka-wa-fdlr-yakwitahira-niba-ashaka-kubaho-maj-gen-nkubito/

Gen Maj Eugène Nkubito yaboneyeho no gusaba abaturage ba Rubavu kugendera kure ubucuruzi bwa magendu kuko bushobora kunyuzwamo imbunda zikica Abanyarwanda.

Ati" Wenda izo nkweto ntawe ziri bwice, ariko nihaca imbunda iraza kwica Umunyarwanda hano."

Gen Maj Nkubito yasabye abaturage gufatanya guhagarika burundu ubu bucuruzi bwa magendu.

Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Iburengerazuba, Major General Nkubito Eugene, yavuze ko Gen Ntawunguka Pacifique alias Omega uyobora umutwe ukorera mu mashyamba ya RDCongo,FDLR akwiye gutaha mu gihugu ku mahoro niba ashaka kubaho. Ni ubutumwa yatangiye mu Mirenge ya Rubavu na Cyanzarwe mu Karere

Minisitiri w'Uburezi, Joseph Nsengimana, yatangaje ko amanota y'ibizamini bya Leta bisoza Amashuri yisumbuye mu mwaka w'...
22/08/2025

Minisitiri w'Uburezi, Joseph Nsengimana, yatangaje ko amanota y'ibizamini bya Leta bisoza Amashuri yisumbuye mu mwaka w'amashuri wa 2024/2025, azatangazwa mu ntangiriro z'ukwezi kwa Nzeri 2025.

Minisitiri w'Uburezi, Joseph Nsengimana, yatangaje ko guhera muri uyu mwaka w'amashuri ugiye gutangira wa 2025/26, mu cy...
22/08/2025

Minisitiri w'Uburezi, Joseph Nsengimana, yatangaje ko guhera muri uyu mwaka w'amashuri ugiye gutangira wa 2025/26, mu cyiciro cya kabiri cy'amashuri abanza (P4-P6), nta shuri rizongera kwiga mu buryo bw'igitondo n'ikigoroba (Double shift), ahubwo bazajya b**a umunsi wose.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’URwanda, Amb Nduhungirehe Olivier uri i Yokohama mu Buyapani, yahuye n’Umuyobozi Muku...
22/08/2025

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’URwanda, Amb Nduhungirehe Olivier uri i Yokohama mu Buyapani, yahuye n’Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe Umurimo, ILO [International Labour Organization], André Bogui.

Aba bombi bahuye ku munsi wa nyuma w’iyi nama, baganira ku butwererane ndetse n’imishinga itandukanye ihuriweho hagati y’u Rwanda na ILO.

U Rwanda ni umunyamuryango wa ILO kuva tariki ya 18 Nzeri 1962.

✍️:




Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb Nduhungirehe Olivier uri i Yokohama mu Buyapani yahuye n’Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe Umurimo, ILO , André Bogui

Umuryango Mpuzamahanga ugamije kurwanya ubukene n’inzara, Heifer International wafunguye ku mugaragaro ikigo cya kabiri ...
22/08/2025

Umuryango Mpuzamahanga ugamije kurwanya ubukene n’inzara, Heifer International wafunguye ku mugaragaro ikigo cya kabiri kizajya gitangirwamo amahugurwa ku mikoreshereze y’imashini zihinga no kuzisana.

Iki kigo cyafunguwe mu Karere ka Nyagatare, mu Murenge wa Karangazi, kuri uyu wa kane, tariki ya 21 Kanama 2025.

Mu gufungura ku mugaragaro iki kigo hahise hanatangwa imashini 10 zihinga, zatanzwe ku bufatanye ’ikigo kitwa Hello Tractor gihuza abafite izo mashini n’abahinzi bazikeye. Zikaba zatanzwe ku bahinzi batoranyijwe bazajya bazishyura mu byiciro.

Umuryango Mpuzamahanga ugamije kurwanya ubukene n’inzara, Heifer International wafunguye ku mugaragaro ikigo cya kabiri kizajya gitangirwamo amahugurwa ku mikoreshereze y'imashini zihinga no kuzisana

LORENZO na SAM KARENZI BEMEYE | Amafoto ya Jean Pierre Mazimpaka | 4K Photos za APR FC
21/08/2025

LORENZO na SAM KARENZI BEMEYE | Amafoto ya Jean Pierre Mazimpaka | 4K Photos za APR FC

LORENZO na SAM KARENZI BEMEYE | Amafoto ya Jean Pierre Mazimpaka | 4K Photos za APR FCIkaze kuri UMUNOTA TV OfficialDuhamagare kuri: 0787 156 578, Twandikire...

Banki Nkuru y'u Rwanda yazamuye inyungu fatizo iheraho amabanki inguzanyo, iva kuri 6,5% igera kuri 6,75%.
21/08/2025

Banki Nkuru y'u Rwanda yazamuye inyungu fatizo iheraho amabanki inguzanyo, iva kuri 6,5% igera kuri 6,75%.

Umuherwe Munyakazi Sadate yageneye ubutumwa bwuje urukundo abakunzi ba Rayon Sports yigeze kubera perezida mu myaka 4 is...
21/08/2025

Umuherwe Munyakazi Sadate yageneye ubutumwa bwuje urukundo abakunzi ba Rayon Sports yigeze kubera perezida mu myaka 4 ishize.

Yagize ati “Abakunzi ba MURERA mukomeze mwihangane kandi dushyire hamwe ibyiza biri imbere. Icyo nzi neza nuko dutera intambwe gacye ariko idasubira inyuma, twiyubake.”

Abinyujije ku rukuta rwa X, Munyakazi yavuze ko urugendo rwo kwiyubaka ikipe ya Rayon Sports irimo, atari ibintu byaba mu ijoro rimwe

Ati " Kwiyubaka ni urugendo utatangira nimugoroba ngo rurangire mu gitondo, bisaba igihe kandi bisaba kwihangana"

Ibi Munyakazi abitangaje nyuma y'iminsi micye, mu muryango wa Rayon Sports havugwamo amakimbirane mu buyobozi bw'iyi kipe.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yitabiriye Inama Mpuzamahanga ya 9 ya Tokyo y...
21/08/2025

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yitabiriye Inama Mpuzamahanga ya 9 ya Tokyo yiga ku Iterambere rya Afurika (TICAD9), iri kubera mu Mujyi wa Yokohama mu Buyapani.

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yatanze ikiganiro ku nsanganyamatsiko igira iti ‘Amahoro n’Umutekano: Guharanira Agaciro n’Umutekano bya Muntu’.

Minisitiri Amb Nduhungirehe yavuze ko u Rwanda rwiyemeje kudatezuka ku guharanira amahoro n’umutekano mu Karere.

Kuri uyu wa Kane, Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Dominique Habimana bagi...
21/08/2025

Kuri uyu wa Kane, Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Dominique Habimana bagiranye inama n’abayobozi b’uturere bungirije bashinzwe imibereho myiza y’abaturage, abayobozi bashinzwe uburezi mu turere n’abakozi b'uturere bashinzwe imishahara y'abarimu n'abaganga, hagamijwe kunoza imikoranire mu kuzamura ireme ry’uburezi.

Iyi nama yibanze ku kuganira ku musaruro wavuye mu bizamini bya Leta 2024/2025, harebwa ibyagenze neza, ibikwiye kunozwa, imiyoborere y’ibigo by’amashuri, ibirebana n’abarimu ndetse n’imyiteguro y'itangira ry’umwaka w’amashuri wa 2025/2026.

Address

KG 688 Street
Kigali
00000

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Umunota News posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Business

Send a message to Umunota News:

Share