Umunota News

Umunota News Umunota igamije gukomeza Abanyarwanda mu buryo bwihuse mu byiciro byoseby’ubuzima.

Umunota, isoko yawe y’amakuru mu gihe cy’umunota umwe, igamije guhindura uburyo amakuru avugwa kandi agasomwa mu Rwanda no hanze y’u Rwanda

Umunota.com ni urubuga rushya rukoreshwa mu gutanga amakuru, yihariye kandi yihuse mu Kinyarwanda. Umunota, isoko yawe y’amakuru mu gihe cy’umunota umwe, igamije guhindura uburyo amakuru avugwa kandi agasomwa mu Rwanda no hanze y’u Rwanda

Umunota.com ni urub

uga rushya rukoreshwa mu gutanga amakuru, ruvuga cyane ku makuru y’u Rwanda, rugatanga amakuru yihariye kandi yihuse mu bice bitandukanye mu Kinyarwanda.

Minisiteri y'Uburezi yasabye abanyeshuri bo mu Mujyi wa Kigali ko mu cyumweru bazamara batajya ku ishuri kubera Shampiyo...
16/09/2025

Minisiteri y'Uburezi yasabye abanyeshuri bo mu Mujyi wa Kigali ko mu cyumweru bazamara batajya ku ishuri kubera Shampiyona y'Isi y'Amagare, bazakoresha icyo gihe mu kwiga no kumenya byinshi ku bijyanye n'umukino w'amagare.

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Mbere tariki ya 15 Nzeri 2025, iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yeme...
16/09/2025

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Mbere tariki ya 15 Nzeri 2025, iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yemeje abayobozi bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, barimo uwa Guinée Équatoriale na Oman.

Victorino Nka Obiang Mayé yemejwe nk’Ambasaderi wa Guinée Équatoriale mu Rwanda, aho azaba afite icyicaro i Brazzaville muri Congo, mu gihe Hussain Saif Aziz Al-Harthi ahagarariye igihugu cya Oman mu Rwanda.

Soma inkuru irambuye:
https://umunota.com/u-rwanda-rwemeje-abayobozi-bahagarariye-ibihugu-byabo-mu-gihugu/

✍️:

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Mbere tariki ya 15 Nzeri 2025, iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yemeje abayobozi bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, barimo uwa Guinée Équatoriale na Oman. Victorino Nka Obiang Mayé yemejwe nk’Ambasaderi wa Guinée Équatoriale mu Rwanda, ...

Kuri uyu wa Kabiri, abakinnyi b'Ikipe y’Igihugu y'Umukino wo gusiganwa ku magare (Team Rwanda) bakoze imyitozo yo kwiteg...
16/09/2025

Kuri uyu wa Kabiri, abakinnyi b'Ikipe y’Igihugu y'Umukino wo gusiganwa ku magare (Team Rwanda) bakoze imyitozo yo kwitegura Shampiyona y'Isi y'Amagare, izakinirwa i Kigali ku wa 21-28 Nzeri 2025.

Iyi myitozo yakorewe mu mihanda ihuza Nyanza ya Kicukiro mu Mujyi wa Kigali n'iya Nyamata mu Karere ka Bugesera, mu gihe cy’amasaha 5.

Abahamagawe ni bo bazatorwamo abazerukira u Rwanda ndetse bamaze iminsi mu mwiherero.

Minisiteri y’Uburezi yashyize ingengo y’imari y'asaga miliyari 32 Frw, mu mushinga mugari wo guhugura abarimu bo mu mash...
16/09/2025

Minisiteri y’Uburezi yashyize ingengo y’imari y'asaga miliyari 32 Frw, mu mushinga mugari wo guhugura abarimu bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye, bakamenya ururimi rw’Icyongereza.

Inkuru irambuye:
https://umunota.com/miliyari-32-frw-zashowe-mu-guhugura-abarimu-ururimi-rwicyongereza/

✍️:

Minisiteri y'Uburezi yashyize ingengo y'imari yasaga miliyari 32 Frw, mu mushinga mugari wo guhugura abarimu bo mu mashuri abanza n'ayisumbuye, bakamenya ururimi rw'Icyongereza

Inteko Ishingamategeko y’u Rwanda nyuma gusuzuma ikibazo cy’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’Uburayi ivuga ku Rwanda...
16/09/2025

Inteko Ishingamategeko y’u Rwanda nyuma gusuzuma ikibazo cy’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’Uburayi ivuga ku Rwanda, isaba ko ingabire Victoire afungurwa, yanzuye ko leta y’u Rwanda yigenga, ifite ubusugire ,demokarasi kandi igendera ku mategeko .

kuri uyu wa Mbere, tariki ya 15 Nzeri 2025, nibwo Inteko Ishingamategeko y’u Rwanda imitwe yombi, basuzumaga ikibazo cy’inyungu rusange cyerekeye umwanzuro (2025/2861(RSP)) wo ku wa 11 Nzeri 2025, w’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’Uburayi uvuga ku Rwanda.

Inteko Ishingamategeko y’Ubumwe bw’Uburayi yemeje umwanzuro wo kwamagana urubanza rwa Victoire Ingabire, isaba ko arekurwa “aka kanya”, ivuga ko rurimo “amakosa akomeye”.

Soma inkuru irambuye:
https://umunota.com/inteko-yu-rwanda-yibukije-eu-ko-demokarasi-ya-mpatsibihugu-yarangiye/

✍️:

Inteko Ishingamategeko y’u Rwanda nyuma gusuzuma ikibazo cy’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’Uburayi ivuga ku Rwanda, isaba ko ingabire Victoire afungurwa, yanzuye ko leta y’u Rwanda yigenga, ifite ubusugire ,demokarasi kandi igendera ku mategeko .

16/09/2025

Abayobozi batandukanye mu nzego za Leta batumiye abanya-Kigali kuzitabira kwihera ijisho Shampiyona y’Isi y’Amagare ibura iminsi ibarirwa ku kiganza ngo ibere mu Rwanda.

Shampiyona y’Isi y’Amagare izatangira tariki ya 21- 28 Nzeri 2025, ni ku nshuro ya mbere izaba ibereye ku mugabane wa Afurika, by’umwihariko mu Rwanda.

Mu mashusho yanyujijwe ku rubuga rwa Minisiteri ya Siporo, agaragaza abarimo Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire ashishikariza abatuye muri Kigali kuzaza kwihera ijisho amagare ku isoko rya Kimironko aho nawe azaba ari.

https://umunota.com/abayobozi-bashishikarije-abanya-kigali-kuzitabira-kwihera-ijisho-shampiyona-yisi-yamagare/

✍️:

Umuhanzi w’Umunya-Nigeria akaba n’umushoramari n’Umuyobozi Mukuru wa Choplife Gaming Ltd, Oluwatosin Oluwole Ajibade wam...
16/09/2025

Umuhanzi w’Umunya-Nigeria akaba n’umushoramari n’Umuyobozi Mukuru wa Choplife Gaming Ltd, Oluwatosin Oluwole Ajibade wamamaye nka Mr Eazi, yatangaje ko ishoramari akora mu Rwanda ryinjirije Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro

, arenga miliyari 17 Frw.

Soma inkuru irambuye: https://umunota.com/betpawa-ya-mr-eazi-imaze-kwinjiriza-u-rwanda-arenga-miliyari-17-frw/

✍️:

Umuhanzi w'Umunya-Nigeria akaba n'umushoramari n'Umuyobozi Mukuru wa Choplife Gaming Ltd, Oluwatosin Oluwole Ajibade wamamaye nka Mr Eazi, yatangaje ko ishoramari akora mu Rwanda ryinjirije Ikigo cy'Imisoro n'Amahoro, RRA, arenga miliyari 17 Frw

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Nzeri 2025, iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame...
16/09/2025

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Nzeri 2025, iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yemeje ko hari gukorwa ivugururwa ry’ibiciro by’amashanyarazi.

Umwanzuro wa Gatatu w’iyi nama, uvuga ko “ Inama y’Abaminisitiri yasuzumye intambwe imaze guterwa mu gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi,kongera umubare w’ingo zifite umuriro w’ amashanyarazi kandi umuriro ukaba ufite ingufu zihagije ntubure.”

Inama y’Abaminisitiri yatangaje ko ingo zigerwaho na’amashanyarazi ziyongereye zigera kuri 85% mu mwaka wa 2025. Ni mu gihe mu mwaka wa 2000 zari munsi ya 2%.
Soma inkuru irambuye: https://umunota.com/ibiciro-byamashanyarazi-bigiye-kuvugururwa/

✍️:

Inama y’Abaminisitiri, yateranye iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yatangaje ko hari gukorwa ivugururwa ry’ibiciro by’amashanyarazi.

Museveni inshuti y’u Rwanda yujuje imyaka 81 y’amavuko
15/09/2025

Museveni inshuti y’u Rwanda yujuje imyaka 81 y’amavuko

Imyaka 81 iruzuye impundu zivuze mu muryango w’umworozi rurangiranwa Mzee Amos Kaguta n’umufasha we Esteri Kokundeka Nganzi, ubwo bari bibarutse umwana w’umuhungu maze bamwita Yoweri Kaguta Museveni Tibuhaburwa

Address

KG 688 Street
Kigali
00000

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Umunota News posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Business

Send a message to Umunota News:

Share