Umunota News

Umunota News Umunota igamije gukomeza Abanyarwanda mu buryo bwihuse mu byiciro byoseby’ubuzima.

Umunota, isoko yawe y’amakuru mu gihe cy’umunota umwe, igamije guhindura uburyo amakuru avugwa kandi agasomwa mu Rwanda no hanze y’u Rwanda

Umunota.com ni urubuga rushya rukoreshwa mu gutanga amakuru, yihariye kandi yihuse mu Kinyarwanda. Umunota, isoko yawe y’amakuru mu gihe cy’umunota umwe, igamije guhindura uburyo amakuru avugwa kandi agasomwa mu Rwanda no hanze y’u Rwanda

Umunota.com ni urub

uga rushya rukoreshwa mu gutanga amakuru, ruvuga cyane ku makuru y’u Rwanda, rugatanga amakuru yihariye kandi yihuse mu bice bitandukanye mu Kinyarwanda.

🚨 AMAKURU MASHYA🚨Uruganda  rwa SKOL rwahagaritse imikoranire n’Ikipe ya Rayon Sports nyuma y'imyaka 12 bakorana nk'Umute...
08/06/2026

🚨 AMAKURU MASHYA🚨

Uruganda rwa SKOL rwahagaritse imikoranire n’Ikipe ya Rayon Sports nyuma y'imyaka 12 bakorana nk'Umuterankunga wayo Mukuru.

Rayon Sports yambaraga ibirango by'uru uganda ku myambaro yayo ndetse igakorera imyitozo ku kibuga cyarwo kiri mu Nzove.

Kuri uyu wa mbere tariki 8 Kamena 2026, Perezida Paul Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri yafatiwemo ibyemezo bitanduk...
08/06/2026

Kuri uyu wa mbere tariki 8 Kamena 2026, Perezida Paul Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri yafatiwemo ibyemezo bitandukanye birimo no kwemeza ishyirwaho ry’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ikoranabuhanga ry’Ubwenge buhangano.

⏩⏩Soma inkuru irambuye:

Iki kigo kizafasha igihugu kwihutisha iterambere ry’ikoranabuhanga, guhanga ibisubizo, gushyira mu bikorwa, ishoramari n’imiyoborere; hagamijwe gushyigikira impinduramatwara mu ikoranabuhanga no guteza imbere ubukungu bw’u Rwanda.Iki kigo kizafasha igihugu kwihutisha iterambere ry’ikoranabuh...

Abashakashatsi barimo abarimu ba kaminuza batangiye gukora ubushakashatsi bwimbitse ku ndwara ya Chikungunya, ifite ibim...
08/06/2026

Abashakashatsi barimo abarimu ba kaminuza batangiye gukora ubushakashatsi bwimbitse ku ndwara ya Chikungunya, ifite ibimenyetso bisa cyane n’iby’indwara ya Malaria, ku buryo n’ubuvuzi bwayo bwitiranywa.

Ubu bushakashatsi bwatangiye kuri uyu wa Mbere, tariki ya 8, bukaba burimo kubera muri Kaminuza y’u Rwanda.

Virusi ya Chikungunya (CHIKV) ikwirakwizwa n’umubu, ikaba itera kubabara cyane mu ngingo, ndetse ishobora no guteza indwara zifata ubwonko, umutima, imiyoboro y’amaraso n’imyakura.

⏩⏩Soma inkuru irambuye:

Abashakashatsi barimo abarimu ba kaminuza batangiye gukora ubushakashatsi bwimbitse ku ndwara ya Chikungunya, ifite ibimenyetso bisa cyane n’iby’indwara ya Malaria, ku buryo n’ubuvuzi bwayo bwitiranywa. Ubu bushakashatsi bwatangiye kuri uyu wa Mbere, tariki ya 8, bukaba burimo kubera muri Kami...

Urukiko rwa rubanda rw’ubujurire mu Bufaransa rugiye gutangira kuburanisha urubanza rwa Dr. Eugène Rwamucyo, wajuriye ig...
08/06/2026

Urukiko rwa rubanda rw’ubujurire mu Bufaransa rugiye gutangira kuburanisha urubanza rwa Dr. Eugène Rwamucyo, wajuriye igihano cy’igifungo cy’imyaka 27 yari yarakatiwe n’urukiko mu Ukwakira 2024.

Uru rubanza biteganyijwe ko ruzatangira kuburanishwa ku wa Kabiri, tariki ya 9 Kamena 2026, mu rukiko rwa rubanda rw’ubujurire.

Dr. Rwamucyo akurikiranyweho ibyaha birimo gucura umugambi wo gukora Jenoside ndetse n’ibyaha byibasiye inyokomuntu.

⏩⏩Soma inkuru irambuye:

Urukiko rwa rubanda rw’ubujurire mu Bufaransa rugiye gutangira kuburanisha urubanza rwa Dr. Eugène Rwamucyo, wajuriye igihano cy’igifungo cy’imyaka 27 yari yarakatiwe n’urukiko mu Ukwakira 2024Urukiko rwa rubanda rw’ubujurire mu Bufaransa rugiye gutangira kuburanisha urubanza rwa Dr. Eug....

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 8 Kamena 2026, Perezida Paul Kagame yayoboye Inama y'Abaminisitiri, yemeje ishyirwaho ry’Iki...
08/06/2026

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 8 Kamena 2026, Perezida Paul Kagame yayoboye Inama y'Abaminisitiri, yemeje ishyirwaho ry’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano (AI).

Ni ikigo cyitezweho kwihutisha iterambere ry’ikoranabuhanga, guhanga ibishya no gushyira mu bikorwa ishoramari n’imiyoborere hagamijwe gushyigikira impinduramatwara mu ikoranabuahanga.

Soma ibyemezo byose ⤵️⤵️

Imbere mu bayobozi b’umutwe wa RNC byadogeye nyuma y’uko bamwe batangiye kubona ko ibyo bijejwe n’umuyobozi w’uyu mutwe ...
08/06/2026

Imbere mu bayobozi b’umutwe wa RNC byadogeye nyuma y’uko bamwe batangiye kubona ko ibyo bijejwe n’umuyobozi w’uyu mutwe Kayumba Nyamwasa atari ibyo kwizerwa, ndetse nawe akaba atakibonwa nk’umwizerwa.

Mu minsi ishize, amakuru ava mu banyamuryango ba RNC yavugaga ko muri iri tsinda hakomeje kuvuka amakimbirane ashingiye ku kutizerana, gushinjanya uburiganya no kurwanira gucunga umutungo n’ibikoresho byari bisanzwe bikoreshwa mu bikorwa byaryo.

Kuri ubu ikigezweho n’uko abayobozi b’uyu mutwe bari gupfa umuyoboro wa YouTube.

⏩⏩Soma inkuru irambuye:

Imbere mu bayobozi b’umutwe wa RNC byadogeye nyuma y’uko bamwe batangiye kubona ko ibyo bijejwe n’umuyobozi w’uyu mutwe Kayumba Nyamwasa atari ibyo kwizerwa ndetse nawe akaba atakibonwa nk’umwizerwa.Imbere mu bayobozi b’umutwe wa RNC byadogeye nyuma y’uko bamwe batangiye kubona ko ibyo...

08/06/2026

“Ntabwo duhatira abantu kujya mu modoka rusange. Umuntu ushoboye kwishyura ibiciro bya peteroli no kwishyura ubundi buryo, ni uburenganzira bwe bwo kubikoresha.” - Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yibukije Urwego rwunganira Akarere mu gucunga umutekano (DASSO) ...
08/06/2026

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yibukije Urwego rwunganira Akarere mu gucunga umutekano (DASSO) ko rugomba gukora kinyamwuga mu guhangana n’ibibazo bibangamira umutekano n’ituze ry’abaturage.

Ubu butumwa yabutanze kuri uyu wa Mbere tariki ya 8 Kamena 2026, mu nama yagiranye n’abahuzabikorwa ba DASSO b’Uturere twose.

Iyi nama yabaye hagamijwe gusuzuma imikorere y’uru rwego no gushyiraho ingamba mu kurushaho kunoza inshingano zarwo.

Minisitiri Habimana, yasabye abahuzabikorwa ba DASSO gukomera ku ndangagaciro z’uru rwego zirimo kuba indahemuka, gukora kinyamwuga no kurangwa n’ubunyangamugayo mu kazi kabo ka buri munsi.

⏭️⏭️Soma inkuru irambuye:

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yibukije Urwego rwunganira Akarere mu gucunga umutekano (DASSO) ko rugomba gukora kinyamwuga mu guhangana n’ibibazo bibangamira umutekano n’ituze ry’abaturage.Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yibukije Urwego...

Inama ya Africa CEO Forum yabereye i Kigali tariki 14-15 Gicurasi 2026, yasize hasinywe amasezerano y’ubufatanye mu nzeg...
08/06/2026

Inama ya Africa CEO Forum yabereye i Kigali tariki 14-15 Gicurasi 2026, yasize hasinywe amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye afite agaciro k’akabakaba Miliyari 2 z’amadorali ya Amerika.

Ikigo Mpuzamahanga cy'Imari (IFC) cyonyine cyiyemeje gutanga arenga miliyari 1 y’Amadolari ya Amerika mu ishoramari, ubufatanye no gutera inkunga imishinga.

Iyi nama mpuzamahanga ihuza abayobozi bakuru b'ibigo bikomeye, abashoramari, abakuru b'ibihugu na za guverinoma, ndetse n'abayobozi mu nzego zitandukanye z'ubukungu muri Afurika.

08/06/2026

Minisiteri y'Ibikorwaremezo yatangaje ko umushinga wo gutunganya umuhanda Ngoma-Ramiro ugeze ku kigero cya 66% hakaba hasigaye gushyiramo kaburimbo.

Address

KG 688 Street
Kigali
00000

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Umunota News posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Business

Send a message to Umunota News:

Share