Nyagatare Dukunda

Nyagatare Dukunda Amakuru agezweho,Inkuru zisekeje,Kungurana Ibitekerezo, Kugirana Inama ndetse nibindi byose Byubaka

24/04/2025

Intumwa za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’iza AFC/M23 zahuriye mu biganiro byayobowe na Leta ya Qatar, impande zombi zigaragaza ubushake n’ubwumvikane bwo kurangiza amakimbirane mu mahoro. Impande zombi zemeranyijwe guhagarika imirwano, ibikorwa by’ubugizi bwa nabi, imvugo z’urwango n’iterabwoba, bahamagarira n’abaturage kubahiriza ibyo byemezo.

Itangazo rihuriweho n’impande zombi ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Mata 2025, rishimira Leta ya Qatar ikomeje gufasha RDC na AFC/M23 muri ibyo biganiro bigamije gushakira hamwe amahoro arambye.

24/04/2025

:
Arikiyepisikopi Gatolika wa Kinshasa muri RDC, Cardinal Fridolin Ambongo, yavuze ko kuba Congo Kinshasa idafite amahoro ntaho bihuriye n’u Rwanda nk’uko ubutegetsi bwa Tshisekedi bukunze kubivuga.

Mu butumwa yatanze kuri Pasika tariki ya 20 Mata 2025, Cardinal Ambongo yagize ati “Turabizi neza cyane ko igihugu cyacu kiri mu bubabare ndengakamere, kirarembye. Kandi iyo indembe iri mu bihe bya coma, biba bigoye kumenya ahazaza hayo. Uyu munsi Congo iri muri ibyo bihe by’indembe iri muri coma.”

Cardinal Ambongo yasobanuye ko impamvu ya mbere izwi na bose yatumye RDC imera nk’umurwayi uri muri coma ari isahurwa ry’umutungo kamere wayo urimo amabuye y’agaciro, rikorwa n’ibigo by’ibihugu bikomeye.

Yagize ati “Tuzi impamvu nyamukuru yatumye igihugu cyacu kijya muri ibi bihe bya coma. Impamvu buri wese azi kandi yisubira, yumvikana ku miyoboro yose ya radiyo, televiziyo, ahantu hose iravugwa. Ni ubugugu bw’ibigo binini by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro by’ibihugu binini bishaka umutungo udatunganyije, amabuye, amashyamba n’amazi ya Congo kugira ngo bibyikoreshereze.”

24/04/2025
https://www.facebook.com/share/1Bbxg95mp7/
24/04/2025

https://www.facebook.com/share/1Bbxg95mp7/

🚨 UPDATES🚨 Biravugwa ko ikipe ya APR FC yatangiye ibiganiro n'umutoza w'igihangage muri Africa "Nabil Maaloul" w'umunya Tunisia watwaye Champions league ya Africa ndetse agatwara ikipe y'igihugu ya Tunisia mu gikombe cy'isi cyabereye mu burusiya, biravugwako ashobora gusimbura umutoza Darko Novic ushobora kudakomezanya na APR FC niyo yatwara ibikombe byose azahambirizwa kuko bigaraga ko urwego rwe ruri hasi cyane✅

Iki cyemezo cyashimisha abakunzi b'ikipe ya APR FC ndabizi 😍

Fc

24/04/2025

Mwiriwe neza mwese bakunzi ba page ya nyagatare dukunda. Turabifuriza gukomeza kugira ibihe byiza no guhirwa mubyo mukora byose

Address

NYAGATARE
Kigali
NYAGATARE

Telephone

456/112/100

Website

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Nyagatare Dukunda posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Share