RUA Rwanda

RUA Rwanda ruarwanda.com

15/07/2026

Ikiganiro kirambuye cyageze kuri youtube ya RUA Rwanda.

Spain igeze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi nyuma yo gutsinda Ubufaransa ibitego 2-0.Yahaherukaga mu 2010.
14/07/2026

Spain igeze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi nyuma yo gutsinda Ubufaransa ibitego 2-0.

Yahaherukaga mu 2010.

Umukinnyi wa filime w'Umunyamerika Tom Holland yatangaje ko yigeze kwandikira rutahizamu wa Manchester City, Erling Haal...
14/07/2026

Umukinnyi wa filime w'Umunyamerika Tom Holland yatangaje ko yigeze kwandikira rutahizamu wa Manchester City, Erling Haaland, amutumira ngo basangire ariko ntiyigere amusubiza.

Mu kiganiro yagiranye na Jimmy Fallon, Holland yavuze ko yohereje ubu butumwa nyuma yo guhura na Haaland mu birori bya Formula 1 byabereye i Monaco muri Kamena 2026.

Yagize ati: "Nari niteze ko namutumira tukajya gusangira, ariko nta gisubizo na gito nabonye."

Tom Holland yavuze ko iyi myitwarire ya Haaland yamucishije bugufi.

Nubwo Haaland atamusubije, Holland yavuze ko akomeje kumwubaha cyane kubera ubuhanga bwe mu mupira w'amaguru, ariko yemera ko nyuma y'ibyo atakigira inyota nk'iyo yo kongera kumutumira.

APR FC yatangaje Djibril Ouattara nka Kapiteni wayo mushya.Asimbuye Niyomugabo Claude watandukanye n'iyi kipe.
14/07/2026

APR FC yatangaje Djibril Ouattara nka Kapiteni wayo mushya.

Asimbuye Niyomugabo Claude watandukanye n'iyi kipe.

14/07/2026

Murumvako abika ibanga! Muhumure.

Video yose ni kuri youtube ya RUA Rwanda.

Ikipe ya Manchester United yatangaje ku mugaragaro ko yasinyishije umukinnyi wo hagati Youri Tielemans, wasinye amasezer...
14/07/2026

Ikipe ya Manchester United yatangaje ku mugaragaro ko yasinyishije umukinnyi wo hagati Youri Tielemans, wasinye amasezerano y'igihe kirekire azamugeza muri Kamena 2031.

Itsinda ry'abaramyi Papi Clever na Dorcas ryageze mu Mujyi wa Ottawa muri Canada, aho ritegerejwe mu gitaramo cyo kuramy...
14/07/2026

Itsinda ry'abaramyi Papi Clever na Dorcas ryageze mu Mujyi wa Ottawa muri Canada, aho ritegerejwe mu gitaramo cyo kuramya no guhimbaza Imana giteganyijwe ku wa 18 Nyakanga 2026.

Baganira na IGIHE, Papi Clever yavuze ko bahageze amahoro, anahishura ko nubwo bagiye gutaramira mu gitaramo kimwe, bazasubira muri Canada mu Kwakira 2026 mu bitaramo byabo bwite.

Ati: "Twagezeyo amahoro, twitabiriye igitaramo cy'itorero ariko mu Ukwakira 2026 tuzasubirayo mu bitaramo byacu bwite."

Papi Clever na Dorcas bageze muri Canada nyuma yo kuva mu bitaramo baherukaga gukorera i Bujumbura mu Burundi no muri Zambia, aho bakomeje urugendo rwabo rwo kwamamaza ubutumwa bwiza binyuze mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana.

Umuhanzi  yongeye gushimangira ko adashobora gukoresha Playback mu bitaramo bye, asubiza umwe mu bafana wamugiriye inama...
14/07/2026

Umuhanzi yongeye gushimangira ko adashobora gukoresha Playback mu bitaramo bye, asubiza umwe mu bafana wamugiriye inama yo kujya ayikoresha.

Bruce Melodie yahise amusubiza mu magambo make ariko asobanutse agira ati: "Playback ntabwo nayishobora."

14/07/2026

Bianca abona ko gushakana ari ibintu byakabirijwe cyane. Muremeranya?

14/07/2026

Bidasubirwaho! Ikipe ya Aston Villa igiye kujya yambara Visit Rwanda.

Address

Kk 509 Street Kigali
Kigali

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when RUA Rwanda posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Share