95.5 FM Radio Nyagatare

95.5 FM Radio Nyagatare works in sector
(1)

Mu Kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w'umugore wo mu cyaro, Minisitiri w'Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango Uwimana Cons...
15/10/2025

Mu Kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w'umugore wo mu cyaro, Minisitiri w'Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango Uwimana Consolee yashimiye umugore wo mu cyaro uruhare agira mu iterambere ry’umuryango n’iry’Igihugu, ababwira ko ari inkingi z’iterambere kuko batanga umusanzu ukomeye mu bukungu bw’igihugu, binyuze mu mirimo bakora cyane cyane mu buhinzi n’ubworozi.

Uyu munsi, ku rwego rw'Igihugu wizihirijwe mu Karere ka Nyagatare District Umurenge wa Karangazi.

Minisitiri Consolee, yavuze ko uyu munsi ari uwo kwishimira iterambere umugore wo mu cyaro agezeho, no kurebera hamwe icyakorwa kugira ngo akomeza kuzamura imibereho ye, kongera umusaruro w’ubuhinzi, guhanga indi imirimo itari iy’ubuhinzi gusa no kugira uruhare mu nzego zifatirwamo ibyemezo.

Yibukije abaturage muri rusange ko kugira imiryango myiza bisaba kurangwa n’ubumwe, abasaba gukomera ku bumwe bwabo nk’Abanyarwanda kuko ari bwo shingiro ry’iterambere ry’Igihugu cyacu. Yashimiye abagore biteje imbere bagafasha n'abandi gutera imbere, avuga ko bakoresheje neza amahirwe igihugu cyabahaye, asaba n'abandi kubigiraho bakitabira ibikorwa by'iterambere kuko bizatuma igihugu kirangwa n'iterambere n’imibereho myiza kuri bose.

Minisitiri Console yabwiye abaturage ko kugira ngo imbogamizi abagore bagihura na zo zikemuke, abagize umuryango bakwiye kumva ko ihame ry’uburinganire rifasha mu kubaka ubwubahane n’ubwuzuzanye hagati y’abagabo n’abagore, umuryango ukarangwa n'ibyishimo bikorohereza iterambere.

Yanenze imiryango irangwa n'amakimbirane, agaya abagore bagaragara mu myitwarire idakwiriye Umunyarwandakazi nko kutita ku nshingano zabo mu muryango, kutita ku burere bw’abana, ubusinzi n’izindi ngeso zidindiza iterambere zikangiza n’isura y’Umunyarwandakazi.

Minisitiri Consolee kandi yabwiye abagore ko kugira ngo bakomeze kuba ab’agaciro, bagomba kuba icyitegererezo mu muryango, kurangwa n’indangagaciro z'ubupfura, ubunyangamugayo, ubudahemuka, umurava, guharanira ukuri, kwirinda ingeso mbi n’ibindi byababuza kuba abagore babereye u Rwanda.

15/10/2025

18H00'

Kuri uyu wa Gatatu, mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare hizihirijwe Umunsi Mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro, abagore bashimirwa uruhare bagira mu iterambere ry’umuryango n’iry’igihugu muri rusange.
===
Abakora ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko ikoranabuhanga rinyujijwe muri telefoni zigezweho (smartphones) ribafasha kubona amakuru ku gihe, kubahuza n’amasoko no kongera umusaruro.
===
Abatuye muri bimwe mu bice by'Imirenge itaragezwamo amazi meza mu Karere ka Nyagatare, barishimira ko nyuma yo guhabwa ibigega bifata amazi y'imvura ubu batangiye guhabwa n'ibikoresho biyayungurura, mu rwego rwo kurushaho kwita ku isuku no kwirinda indwara ziterwa n'amazi adasukuye.
===
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko 8.2% by’amavuriro y’ibanze u Rwanda rufite adakora kubera impamvu zitandukanye zirimo n’ubuke bw’abakozi.

Tanga igitekerezo

Kuri uyu wa Gatatu, Minisitiri w'Uburinganire n'Iterambere ry'umuryango, Uwimana Consolee  yifatanyije n'abaturage b'Umu...
15/10/2025

Kuri uyu wa Gatatu, Minisitiri w'Uburinganire n'Iterambere ry'umuryango, Uwimana Consolee yifatanyije n'abaturage b'Umurenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w'Umugore wo mu Cyaro, hashimwa uruhare rwe mu iterambere ry'umuryango n'Igihugu.

Uyu munsi wizihirijwe mu turere twose, ku nsanganyamatsiko igira iti "Umugore ni uw'Agaciro." Ni ibirori byabimburiwe no kumurika ibikorwa by'iterambere bikorwa n'abagore hirya no hino mu Mirenge igize aka Karere birimo: Ibikorwa by'ubuhinzi n'ubworozi, imirimo y'ubukorikori n'ibindi. Muri iki gikorwa kandi, hanamuritswe imishinga 160 y'abagore Leta iteganya gutera inkunga.

Abagore bo muri aka Karere kandi, bagaragaje ko amahirwe igihugu cyashyizeho yo kudaheza umugore yabaye imbarutso yo kwishamo ibisubizo byo kubyaza umusaruro amahirwe ari aho batuye, bakagera ku rwego rw'uko ibyo bakora bitanga akazi ku bandi.

Minisitiri w'Uburinganire n'Iterambere ry'umuryango, Uwimana console wifatanyije n'abagore b'i Nyagatare kwizihiza uyu munsi yasabye abagize umuryango muri rusange kwirinda amakimbirane mu ngo zabo kuko iterambere ry'umuryango ritagerwaho hakigaragara imiryango ibanye mu makimbirane.

Tariki 15 Ukwakira buri mwaka, u Rwanda rwifatanya n'Isi mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w'umugore wo mu cyaro.Ese umug...
15/10/2025

Tariki 15 Ukwakira buri mwaka, u Rwanda rwifatanya n'Isi mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w'umugore wo mu cyaro.

Ese umugore wo mu cyaro aho iwanyu abayeho ate?

Tuganire

15/10/2025

Igitondo gihire kuri mwese!

Ni bande mugiye kuzindukana mujya ku murimo? Bazindure

14/10/2025

Mwatanga ibitekerezo bijyanye n'iki kiganiro aho mushobora gukoresha iyi paje ya Facebook n'umurongo wa telephone 0786625089.

Murararitswe mwese  !!
14/10/2025

Murararitswe mwese !!

14/10/2025

Reka tubyinane muzo mwisabiye.
Mbwira iyo ushaka ni on THE mic

BITE MU MUDUGUDU Tuganire …..
13/10/2025

BITE MU MUDUGUDU
Tuganire …..

13/10/2025

Bwakeye bute aho
iwanyu mwese,Turabifuriza kuzagira icyumweru kiza !!

🔥 Eastern connection 🔥1:30-4:30 pm Abatumirwa !!   ✍️ Papa cyangwe✍️ claude movies actor✍️ documentary ✍️  interviews 📝I...
12/10/2025

🔥 Eastern connection 🔥1:30-4:30 pm

Abatumirwa !!

✍️ Papa cyangwe
✍️ claude movies actor
✍️ documentary
✍️ interviews

📝Ingingo y’umunsi, Ese bitwerwa niki kuba indirimbo za All stars zitagikorwa kubwinshi nkuko byahoze ,Ese ntago mukumbuye allstars songs !?

📝 Amakuru y’imyidagaduro yose
📝 Top 10 zikunzwe
Manzi Senior Davis Senior Davis ✍️
Senior Davis

11/10/2025

18H00'

Abatuye n’abakorera muri Centre ya Rwisirabo mu Murenge wa Karangazi w’Akarere ka Nyagatare, barishimira ko ikomeje kwaguka mu rwego rw’ubucuruzi kandi ngo n’iterambere ryarahageze.
===
I Gatsibo, abikorera biganjemo abakora ibifite aho bihuriye n’urwego rw’ubuhinzi n’ubworozi, bashishikarijwe kugira uruhare mu gutanga imenyereza-mwuga mu bigo byabo.
===
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana, bwakebuye bamwe mu baturage barwara amaso, aho kujya kwa muganga ngo babahe imiti bakihutira mu bapfumu bibwira ko babaroze.

Tanga igitekerezo

Address

Nyagatare
162

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when 95.5 FM Radio Nyagatare posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Business

Send a message to 95.5 FM Radio Nyagatare:

Share

Category