Pamakio Press

  • Home
  • Pamakio Press

Pamakio Press Urubuga rugamije kukugezaho amakuru atandukanye hano mu Rwanda no hanze aba agezweho, kandi yizewe

Chelsea yamaze gusinyisha Jorrel Hato w’imyaka 19 avuye muri Ajax, nk’uko bitangazwa na .Uyu musore azaba asimbura Marc ...
30/07/2025

Chelsea yamaze gusinyisha Jorrel Hato w’imyaka 19 avuye muri Ajax, nk’uko bitangazwa na .

Uyu musore azaba asimbura Marc Cucurella, bikaba bigaragaza ko Chelsea ikomeje gushora mu bakinnyi bakiri bato bafite impano.

Wifuza kuba uwa mbere usoma inkuru zacu?
Turi kuri WhatsApp! Jya ubona ibigezweho, kuri Politic, ubuzima, udushya n’ibitekerezo bigufasha mbere y’abandi.
Kanda hano winjire muri WhatsApp yacu: https://whatsapp.com/channel/0029VbAp3SoJJhzhCIndr021

Inkari ni kimwe mu bimenyetso bigaragaza uko ubuzima bw’umuntu buhagaze. Uko zisa, impumuro yazo, ndetse n’inshuro umunt...
30/07/2025

Inkari ni kimwe mu bimenyetso bigaragaza uko ubuzima bw’umuntu buhagaze. Uko zisa, impumuro yazo, ndetse n’inshuro umuntu ajya kwihagarika ku munsi, byose bishobora kukwereka niba umubiri wawe uri mu buzima bwiza cyangwa hari ikibazo.

1. IBARA RY’INKARI RISOBANURA IKI?

🟡 Ibara ry’umuhondo usanzwe: Iri ni ibara risanzwe ry’inkari z’umuntu muzima. Risobanura ko unywa amazi ahagije.

🟨 Ibara ry’umuhondo ukeye cyane: Rishobora gusobanura ko unywa amazi menshi cyane, ariko si ikibazo gikomeye.

🟧 Ibara ry’umuhondo rikomeye cyangwa orange: Rigaragaza ko umubiri wawe ushobora kuba ufite amazi make, bivuze ko ugomba kunywa andi menshi.

🟥 Inkari zirimo ibara ritukura cyangwa ari umutuku: Bishobora kuba ikimenyetso cy’amaraso mu nkari—bigomba kwitabwaho n’abaganga.

🤎 Ibara rya kawa cyangwa icuraburindi: Rishobora kuba ikimenyetso cy’ibibazo bikomeye ku mpyiko cyangwa umwijima.

2. INSHURO UMUNTU MUZIMA AGOMBA KWIHAGARIKA KU MUNSI

Umuntu muzima unywa amazi ahagije agomba kwihagarika hagati y’inshuro 6 kugeza kuri 8 ku munsi. Gusa bishobora guhinduka bitewe n’ibyo wanyoye, uko wiyumvamo ubushyuhe, n’uruhande rw’imirimo ukora.

👉 Niba ujya kwihagarika inshuro nke cyane ku munsi (nk’1-2 gusa), ushobora kuba unywa amazi make cyane.

3. IMPUMURO Y’INKARI IVUZE IKI?

Impumuro isanzwe itameze nabi, Igaragaza ko uri mu buzima bwiza.

Impumuro isa nk'ikabije, Igaragaza amazi make mu mubiri.

Impumuro idasanzwe, ishobora kuba ikimenyetso cy’indwara z’inkari, diyabete cyangwa infection.

4.INAMA Z’INGIRAKAMARO:

Nywa amazi ahagije buri munsi (byibura litiro 1.5 kugeza kuri 2).

Irinde ibiribwa n’ibinyobwa byatera inkari kugira impumuro mbi cyangwa zitari ibisanzwe.

Jya ugenzura ibara ry’inkari yawe igihe cyose ujya kwihagarika.

Niba ubona impinduka zidashira mu minsi mike, jya kwa muganga.

Inkari ni nk’idirishya ry’ubuzima bwawe. Ntukazirengagize, kuko uko zisa, uko zumvikana n’uko zisohoka bishobora kukwereka uko umubiri wawe uhagaze. Itangire usuzume uko wihagarika, unywe amazi ahagije, kandi urusheho kwita ku buzima bwawe!

Wifuza kuba uwa mbere usoma inkuru zacu?
Turi kuri WhatsApp! Jya ubona ibigezweho, kuri Politic, ubuzima, udushya n’ibitekerezo bigufasha mbere y’abandi.
Kanda hano winjire muri WhatsApp yacu: https://whatsapp.com/channel/0029VbAp3SoJJhzhCIndr021

Hakozwe imashini izajya ifasha abashaka kwiyahura bagapfa vuba kandi batababaye.
30/07/2025

Hakozwe imashini izajya ifasha abashaka kwiyahura bagapfa vuba kandi batababaye.

Umugabo witwa Dr. Philip Nitschke, wo mu gihugu cy’ubuholandi yavuze ko mu gihe cya vuba azaba yashyize hanze imashini, izajya ifasha abashaka kwiyahura ku buryo bazajya bapfa mu buryo buboroheye, mu kanya gato kandi batababaye. Yatangiye avuga ko harindi yigeze gushaka gukora yari kuzajya itera a...

Niwubahiriza ibi bintu telefone yawe ntuzongera kuyihoza ku muriro. Irebere nawe…
30/07/2025

Niwubahiriza ibi bintu telefone yawe ntuzongera kuyihoza ku muriro. Irebere nawe…

Mu by’ukuri aho isi igeze telefone imaze kuba igikoresho cy’ibanze kuburyo benshi bamaze kubatwa nayo ndetse hari nutiyumvisha uko yabaho adafite telefone ye mu ntoki. Ariko ibi byose ahanini byatewe nuko telefone yasimbuye ibikoresho byinshi mukazi ka buri munsi, bityo ikaba imeze nk’ibiro um...

Ni uwuhe m'umukinnyi wa mbere ukuza mu mutwe iyo ubonye iyi jersey ya Arsenal?
30/07/2025

Ni uwuhe m'umukinnyi wa mbere ukuza mu mutwe iyo ubonye iyi jersey ya Arsenal?

🚨 Manchester United yabujije abafana kwandikaho Ronaldo 7 ku myambaro mishya y’uyu mwaka! Mu cyemezo gitunguranye, Manch...
29/07/2025

🚨 Manchester United yabujije abafana kwandikaho Ronaldo 7 ku myambaro mishya y’uyu mwaka!

Mu cyemezo gitunguranye, Manchester United yafashe icyemezo cyo guhagarika abafana kwandika izina "Ronaldo 7" ku myambaro mishya y’uyu mwaka. Ibi byateye urujijo n’impaka nyinshi mu bakunzi b’uyu mukinnyi ndetse n’abakurikiranira hafi iby’iyi kipe. Nubwo impamvu nyakuri itaratangazwa ku mugaragaro, hari ababona ko bishobora kuba bifitanye isano n’amasezerano, politiki y’ikipe, cyangwa indi mpamvu yihariye iri mu ibanga.

Ese wowe urabibona ute? Ibi bishobora kuba ikimenyetso cy’uko urupapuro rwa Ronaldo muri Old Trafford rwasojwe burundu?

Wifuza kuba uwa mbere usoma inkuru zacu?
Turi kuri WhatsApp! Jya ubona ibigezweho, kuri Politic, ubuzima, udushya n’ibitekerezo bigufasha mbere y’abandi.
Kanda hano winjire muri WhatsApp yacu: https://whatsapp.com/channel/0029VbAp3SoJJhzhCIndr021

Imboga z’icyatsi (nk'inyanya mbisi, dodo, isogo, imbwija n’izindi) ni kimwe mu by’ingenzi bigize indyo yuzuye kandi itum...
29/07/2025

Imboga z’icyatsi (nk'inyanya mbisi, dodo, isogo, imbwija n’izindi) ni kimwe mu by’ingenzi bigize indyo yuzuye kandi ituma umubiri ukomera. Zifite intungamubiri nyinshi cyane zirimo vitamine A, C, K, calcium, fibre n’izindi antioxidants zifasha umubiri kwirinda indwara.

Dore ibyiza byo kurya imboga z’icyatsi buri munsi:

1. Zongera ubudahangarwa bw’umubiri:
Vitamine C n’izindi ntungamubiri ziri mu mboga zifasha umubiri kwirinda indwara zitandukanye.

2. Zifasha igogora:
Kuba zikungahaye kuri fibre bituma igogora rigenda neza, bikarinda impatwe n’izindi ndwara zo mu mara.

3. Zigabanya ibyago by’indwara z’umutima:
Zirwanya cholesterol mbi (LDL) kandi zongera cholesterol nziza (HDL), bityo bikarinda umuvuduko w’amaraso.

4. Zirinda kanseri:
Imboga z’icyatsi zirimo ibinyabutabire birinda gukura kudasanzwe kw’uturemangingo dushobora kuvamo kanseri.

5. Zifasha mu kurinda gusaza imburagihe:
Zifasha uruhu kugumana itoto n’imbaraga bitewe n’antioxidants ziri muri zo.

Gerageza kujya urya imboga z’icyatsi buri munsi, zitetse gahoro cyangwa se mbisi.

Saba abana bato n’abakuru kuzishyira mu mafunguro yabo ya buri munsi.

Mu gihe uziteka, shyira amavuta make cyangwa ntuyashyireho, kugira ngo ntuzimareho intungamubiri.

Imboga z’icyatsi ni nk’umuti karemano wa buri munsi. Ushaka kugira ubuzima bwiza, itangira ku meza yawe!

Wifuza kuba uwa mbere usoma inkuru zacu?
Turi kuri WhatsApp! Jya ubona ibigezweho, kuri Politic, ubuzima, udushya n’ibitekerezo bigufasha mbere y’abandi.
Kanda hano winjire muri WhatsApp yacu: https://whatsapp.com/channel/0029VbAp3SoJJhzhCIndr021

NICK VUJICIC: Uyu yavutse atagira amaguru n’amaboko none n’umuherwe. Ese abaho ate? Irebere.
29/07/2025

NICK VUJICIC: Uyu yavutse atagira amaguru n’amaboko none n’umuherwe. Ese abaho ate? Irebere.

Uyu mugabo Nick Vujicic akivuka basanze nta maguru ndetse nta n’amaboko afite, nibyo rwose uyu yahuye n’uburwayi buzwi nka tetra-amelia syndrome ubu bukaba ari uburwayi bukomeye ariko budapfa kuboneka henshi. Mu byukuri kuvuka nta maguru nta n’amaboko n’ikibazo gikomeye ndetse n’ikimenyets...

U Burusiya Bwatangije Ingendo Zihoraho z’Indege Hagati ya Moscow na PyongyangMinisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusi...
28/07/2025

U Burusiya Bwatangije Ingendo Zihoraho z’Indege Hagati ya Moscow na Pyongyang

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov, aherutse gusura ikibuga gishya cy’ubukerarugendo cya Wonsan-Kalma muri Koreya ya Ruguru, aho yahuriye na Perezida Kim Jong Un mu biganiro bigamije gukomeza umubano hagati y’ibihugu byombi. Muri urwo ruzinduko, Lavrov yasezeranyije ko azashishikariza ba mukerarugendo b’Abarusiya gusura ako gace gashya ko ku mucanga, gafatwa nk’ahantu h’icyitegererezo mu bukerarugendo bwa Koreya ya Ruguru.

Nyuma y’iryo sezerano, u Burusiya bwatangije ku mugaragaro ingendo zihoraho z’indege hagati y’umurwa mukuru Moscow na Pyongyang. Izi ngendo ni ikimenyetso gikomeye cy’ubufatanye buri kwiyongera hagati y’ibihugu byombi, ndetse biteganijwe ko zizamura ubucuruzi n’ubukerarugendo, bikanatuma Koreya ya Ruguru ibasha kugera ku isoko ryagutse ry’abasura baturuka mu Burusiya.

Wifuza kuba uwa mbere usoma inkuru zacu?
Turi kuri WhatsApp! Jya ubona ibigezweho, kuri Politic, ubuzima, udushya n’ibitekerezo bigufasha mbere y’abandi.
Kanda hano winjire muri WhatsApp yacu: https://whatsapp.com/channel/0029VbAp3SoJJhzhCIndr021

Zaria Court Kigali Yatangijwe ku Mugaragaro nyuma y’Imyaka Ibiri y’UbwubatsiKu itariki ya 14 Kanama 2023, Perezida Paul ...
28/07/2025

Zaria Court Kigali Yatangijwe ku Mugaragaro nyuma y’Imyaka Ibiri y’Ubwubatsi

Ku itariki ya 14 Kanama 2023, Perezida Paul Kagame hamwe na Masai Ujiri batangije ku mugaragaro imirimo yo kubaka Zaria Court mu gace ka Sports i Kigali, umushinga w’icyitegererezo ugamije guteza imbere siporo, ubucuruzi n’umuco.

Uyu munsi, tariki ya 28 Nyakanga 2025, hatangijwe ku mugaragaro Zaria Court Kigali, ishusho nshya y’imijyi y’iterambere rishingiye kuri siporo n’ubucuruzi muri Afurika. Ni intambwe ikomeye mu rugendo rwo kubaka u Rwanda rufite ibikorwaremezo bihambaye kandi byifitemo icyerekezo mpuzamahanga.

Uyu mugore ufite ubwanwa buruta ubw’abagabo akomeje gutangaza isi. Irebere amafoto
28/07/2025

Uyu mugore ufite ubwanwa buruta ubw’abagabo akomeje gutangaza isi. Irebere amafoto

Ubusanzwe igitsina gore kimenyereweho kugira isura itagira akantu na kamwe kitambitsemo (ubwoya/umusatsi). Iyo tuvuze ubwanwa akenshi buri wese ahita yumva abagabo nubwo atari bose babugira ndetse n’ababufite bukaba butari kurugero rumwe. Gusa hari abagore bamwe batandukanye nibyo tuvuga ahubwo bo...

Gerageza uvuge undi mukinnyi ukina inyuma ibumoso (left-back) uruta Nuno Mendes.
27/07/2025

Gerageza uvuge undi mukinnyi ukina inyuma ibumoso (left-back) uruta Nuno Mendes.

Address


Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Pamakio Press posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Business

Send a message to Pamakio Press:

Shortcuts

  • Address
  • Alerts
  • Contact The Business
  • Claim ownership or report listing
  • Want your business to be the top-listed Media Company?

Share