26/08/2026
Raheem Sterling, wahoze ari umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Bwongereza, azitaba urukiko ku wa 15 Nzeri 2026, aho azasobanura ku byaha byo gutwara imodoka mu buryo buteye akaga, gutunga nitrous oxide, nyuma y’impanuka ya Lamborghini ye yabereye ku muhanda wa M3 muri Hampshire.
Uyu mukinnyi w’imyaka 31, wakiniye ikipe y’igihugu y’u Bwongereza ndetse n’amakipe akomeye nka Manchester City na Chelsea, yakoze impanuka ubwo Lamborghini ye yagongaga bariyeri zo ku muhanda wa M3, hafi ya Minley Interchange.
Polisi ya Hampshire & Isle of Wight yavuze ko iyo yari impanuka y’imodoka imwe gusa, nta yindi modoka yabigizemo uruhare kandi nta muntu wakomeretse. Sterling yafashwe nyuma y’impanuka, aza kurekurwa by’agateganyo mu gihe iperereza rigikomeje.
Polisi yatangaje ko Sterling aregwa gutwara nabi kandi mu buryo bushobora guteza akaga, gutunga nitrous oxide igenewe guhumekwa nabi, ndetse no kwanga gutanga igipimo cy’umusemburo yasabwaga n’abashinzwe umutekano.
Icyakora, icyo cyaha nticyashyizwe ku byo aregwa ubu. Muri Gicurasi, umuntu wari hafi ya Sterling yabwiye BBC Sport ko nta gihamya yari ihari y’uko uyu mukinnyi yari afite ibiyobyabwenge mu mubiri.
Uwo muntu yavuze kandi ko Sterling yari amaze kunyura mu “myaka ibiri ikomeye cyane”, ndetse ko yari yarumviswe ko nta gaciro afite kandi ko yibagiranye.
Ku rundi ruhande, Sterling ubu nta kipe afite nyuma yo gutandukana na Feyenoord yo mu Buholandi, yari yaragezemo muri Gashyantare 2026 ku masezerano y’igihe gito, nyuma yo gutandukana na Chelsea ku bwumvikane bw’impande zombi.
Sterling azagaragara imbere y’urukiko ku wa 15 Nzeri, aho azahabwa umwanya wo kwisobanura ku birego ashinjwa.