23/02/2026
MC Kats yatakambiye Gen. Muhoozi Kainerugaba amugaragariza uko u Rwanda ruhana abakoresha ibiyobyabwenge Umushyushyarugamba w’umunyamakuru wamamaye muri Uganda, MC Kats, yasabye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, kugira icyo bakora mu buryo bwihutirwa mu kurwanya ikwirakwira ry’ibiyobyabwenge mu rubyiruko rw’icyo gihugu. Abinyujije ku rukuta rwe rwa X (yahoze ari Twitter), kuri iki Cyumweru tariki ya 22 Gashyantare 2026, MC Kats yavuze ko ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge rikomeje gufata intera iteye inkeke, aho ngo byamaze kugera mu tubari, mu mihanda no mu birori byo mu ngo (house parties), ku buryo ubuzima bwo mu mutwe bw’urubyiruko buri kugenda bwangirika. Mu butumwa yanyujije kuri X, MC Kats yanditse ati “Mu Rwanda, iyo umuntu afashwe anywa urumogi ashobora gukatirwa imyaka ibiri y’igifungo, ariko iyo atanze amakuru ku wamuhaye ibiyobyabwenge, uwo mucuruzi ashobora gufungwa imyaka icumi.”