Kayonza iwacu

Kayonza iwacu Kinda iwanyu

06/05/2021

1. Ijisho riramutse rihorewe irindi
jisho,
byarangira abatuye isi bose ari
impumyi.
2. Umunyantege nkeya ntashobora
kubabarira,
imbabazi ni umwihariko w’
abanyembaraga.
3. Kunanirwa kwihangana ni ko
gutsindwa
intambara.
4. Gukorana ubucuru*i
ubunyangamugayo
biragoye ariko birashoboka.
5. Imana ntigira idini.
6. Jya ubaho nk’uzapfa ejo, gusa
wige
nk’uzabaho iteka ryose.
7. Icyo utekereza ni cyo uba.
8. Niteguye gupfa ariko nta mpamvu
yatuma
nitegura kwica.
9. Ushobora kutamenya umusaruro
uzava mu
byo ukora, ariko nutagira icyo ukora,
nta
musaruro u*igera ubona.
10. Ejo hazaza hashingira ku cyo
ukora none. share na comment dukomeze tuzamure -iwacu

03/05/2021

Bibiliya Yemeza Abantu ko amateka ya muntu yatangiranye n'iremwa rya Adam na Eva aba hakaba hashize imyaka 8000 babayeho ugendeye kuri bibiliya n'abayemera,mugihe siyansi yo yemera ko umuntu wambere yabayeho mu myaka miliyoni 3 200 000 yose hano muri afulika(ethiopia) uyu muntu wiswe lucy kugeza nubu ntawundi uraboneka kuyindi migabane umusubya imyaka yo kuba yaba yaramutanze ku isi \ aha rero byerekana ko adam uvugwa mu mateka yo muburasirazuba bwo hagati ari muto cyane kumunyafulika lucy. ikindi kimenyetso simusiga kivuguruza ko adam atariwe watuye isi mbere ni pyramids zo muri egiputa burya zimaze imyaka 12000 aha wahita wibaza uti zubatswe nande? ko ziruta adam(izi pyramids zubatswe n'abirabura kuko abarabu binjiye muri misili mukinyejana cya 7 mugihe abazungu ari abejo bundi none ninde wazubatse? aha mwibuke ko n'abafarawo bari abirabura.
abanyafulika rero bafite amateka maremare kandi akomeye ariko ahishwa cyane mu rwego rwo kuducisha bugufi. share na comment

27/04/2021

Umugabo yari atwaye imodoka avuye mu ntara imwe yerekeza mu yindi ari nijoro. Muri urwo rugendo yakomezaga kugenda yibaza ngo:"Ese koko Imana ibaho? Niba ibaho se ko ntarayibona?" Ageze mu nzira ahantu hadatuwe imodoka iramu*imana, yanga kongera kwaka, hashize akanya indi modoka imunyuraho arayihagarika ngo asabe ubufasha ntiyahagarara, kuko bwari bwije ariheba aritotomba cyane ati:"Iyaba Imana ibaho, ntiyatuma ibi bimbaho." Nyuma y'iminota mike imodoka yaje kwaka umugabo akomeza urugendo ageze imbere asanga ya modoka yamwimye ubufasha yakoze impanuka igongana n'ikimodoka kinini ariko abayirimo ntibagira icyo baba. Umugabo ahageze yumva ijwi rimubwira riti:"Ndi Imana, Ndiho kandi ndakora, ninjye wajimije imodoka yawe kugira ngo mbanze njye imbere ngutunganyirize amayira kuko iriya mpanuka wowe yari kuguhitana." Wowe usoma ibi ndagira ngo ngutangarize ko Imana ibaho kandi ko igukunda. Ntabwo yakuretse ntanubwo yakwibagiwe ahubwo irimo iragutegurira ibyiza. Impamvu ubona muri iyi minsi mu ruhande rwawe ibintu byanze bikaba bitagenda neza, nuko Imana yabaye ijimije imodoka yawe kugira ngo ibanze ijye imbere ituganye inzira yawe. Wihangayika Imana yibiharire ibyibereyemo, humura ejo hazaza uzahanyurana umucyo mu izina rya Yesu! amen

08/04/2021

INKURU UKWIYE GUSOMA
___________________________
Umusore umwe yafashe urugendo ajya gutega imodoka muri gare yarafite amafaranga make cyane ajyamujyana nayamugarura gusa.
Ageze muri gare asanga imodoka zabuze harinaho zazamuye ibiciro.akiraho yumvako amfaranga afite adahagije yabonye umukecuru uzamusanga ati"mwana wanjye nabuze tike ndakwinginze mpa 1000Fr"umusore yibuka ko afite igihumbi kimujyana nikimugarura gusa ntayandi,arangije abwira mukecuru at I"nukuri ntamafaranga mfite",undi aragenda wamusore yibuka ko bibiliya igira iti"gutanga bizana umugisha kuruta guhabwa"agarura wamukecuru amuha cyagihumbi atazi ahari buvane andi.
Umukecuru aramushima arigendera wa musore ajya muri gahunda ze, mugihe cyogutaha yibuka ko nta mafaranga afite,arahangayika bikomeye maze atangira gutakambira aba shoferi ngobamuhe Lifti,akiraho yashobewe aba yakiriye message kuri phone ivuye kuri Bank afitemo konte, message ivuga iti "wakiriye $100 000(amadorale ibihumbi ijana mu byukuri ni menshi bikomeye).
Umusore yanga kubyizera ajya kuri Bank hafi aho kubaza asanga nibyo koko,dore ngo ibyishimo biramusaga nuko atangira kwibaza ati "ese wa mukecuru yari muntu ki?!
Ibuka nawe ko Imana yagukorera ibitangaza biruta ibi.wirinde kwirengagiza abandi Imana itazakwirengagiza ,ibuka Roti wakundaga gucumbikira abantu nyuma aza gucumbikira abamarayika bera atabizi.
Nawe hariho igihe wazahura na yesu imbona nkubona akakuvana kuri zero akakugira intwari.
Ntiwirengagize ngo ugende utanditse AMENA kuko wasanga nyuma yaho ariho imigisha yawe igusesekaraho ku bw'ubuntu bw'Imana,kdi ntugende udakoze SHARE waba usuzuguye ubu butumwa bwiza,Ikindi gira ubuntu ukore share ubugeze ku bandi Imana irakwitura iyo neza n'ubutumwa bwiza uraba ugejeje ku bandi bantu batakaje ICYIZERE.

07/03/2021

Imana itwigishe gusenga.
N'iyo musabye ntimuhabwa kuko musaba nabi, mushaka ibyo gutagaguza mu byo murarikiye.
Yakobo 4:3
Benshi ubabwiye ko batazi GUSENGA ntibakumva!
Nyamara n'abigishwa ba Yesu bamusabye kubigisha "GUSENGA".
Igihe kimwe Yezu yari ahantu asenga. Arangije umwe mu bigishwa be aramubwira ati: “Nyagasani, Yohani Mubatiza yigishije abigishwa be gusenga, natwe twigishe gusenga.”
Luka 11:1
[9].Nuko musenge mutya muti “ ‘Data wa twese uri mu ijuru, Izina ryawe ryubahwe,
[10].Ubwami bwawe buze, Ibyo ushaka bibeho mu isi, Nk’uko biba mu ijuru.
[11].Uduhe none ibyokurya byacu by’uyu munsi,
[12].Uduharire imyenda yacu, Nk’uko natwe twahariye abarimo imyenda yacu,
[13]. Ntuduhane mu bitwoshya, Ahubwo udukize Umubi, Kuko ubwami n’ubushobozi n’icyubahiro ari ibyawe, None n’iteka ryose. Amen. ’
Matayo 6:9-13
Mbese niba Abigishwa ba Yesu baramusabye kubigisha, twebwe tubikeneye bingana iki?
Tuganire kandi twifurize ubukwe bwiza ababugize n'abari kubutegura.

16/02/2021

Muraho! Nimumfashe mungire inama pe. Namenyanye numusore ufite umukunzi wagiye hanze nawe arabimbwira nuko dukomeza kuba inshuti bisanzw gake gake ngenda mukunda gusa kuko yarafit umuchr kd mbona akunda bikanga, nyuma twaje gucikwa turaryamana antera inda.akibimenya arampinduka cyane gusa ntakundi nari kubigenza narihanganye ndamubyara njyenyine. Icyo gihe cyose ntiyamvugishaga ubwo yaramez neza nawa mukunzi we nanjy ndi kuruha nangara. Murugo baje kumushakisha bamuha namafoto yumwana abonye ko basa cyane aramwemera.hashiz iminsi arampamagar ambwira ko azaza kumureba, atangira kujya amfasha gake gake gusa nkimurakariye. Yaje kuza murugo aramubona gusa ntago yigez ansaba imbabazi byeruye ngo mboneko yahindutse. Nyuma abakuru bavuz ko byaba byiza tubany tukarera umwana wacu ntajye muwundi muryango nawe ntiyabihakana.none ndibaza umunt wantereranye ntansabe imbabazi, kd afit numukunzi ntazi ko yaretse, rugerets tutarakundanaga,umwana yatuma tubana ngo nuko mukunda? Cg murek ajye amufasha nzabona undi?

MBEGA UBUHAMYA BUKOMEYE______________Nitwa Anna nashyingiwe mfite imyaka cumi numunane nshyingiranwa numusore twakundaga...
08/07/2020

MBEGA UBUHAMYA BUKOMEYE
______________
Nitwa Anna nashyingiwe mfite imyaka cumi numunane nshyingiranwa numusore twakundaga cyane.
Gusa haje kuba ikibazo inda ntwite yose ikavamo,ndivuza hose biranga mpabwa impamvu zitandukanye zibitera ariko zitarizo nyamara impamvu nyayo nigihe najyaga gusura mabukwe nyuma yubukwe ariko ntiyigeze anezezwa nuko umuhungu we yanshyingiwe.
Nyuma yabo niho natangiye kujya mvamo inda.Buruko ntwite nkumva ikintu gikururuka imbere munda nomumutima.birakomeza kugeza mvanyemo inda eshanu.
Nagezaho nigira inama njya murusengero,Pastor akimbona aravuga cyane ati"musohokemo wanzoka we sohoka"
Mbura icyomvuga kuko sinamenye I byavuze.
Aramfata arambwira ati"wamize inzoka ntizatuma ugira urubito munda"
Bandangiye umugode wumunyamasengesho wansengera maze iyonzoka igasohoka.Nagiye mfite kwizera gukomeye ambonye avuga nkibyo pastor yavuze aransengera cyane numva ndazunveye nta ubwenge nsubira gukanguka ndi mubitaro.
Mbona umugabo wanjye yicaye aho arambwira ati:yanzoka wayirutse ngowakijijwe nokwizera kwawe:
Naratashye ubu mfite inda yamezi atanu Dr yambwiyeko ntwite Impanga ntiwareba ibyishimo.Mabukwe acyumva konakize yariyahuhe
Nawe ikiku*ize kikubuza guhirwa wagikira Niba wizera Imana ko ishoboye byose cyane cyane ibyawe erekana kubyiringiye ukora usakaze ubu butumwa Andika wizeye ko bidatinda Ariko niba wumvako ntacyukeneye Ku Mana suzugura ibi
Lead more...👉

Endless Love Song Produced By Joramu On the Beat Arts: Subscribe For More Holy GangA Music. Like & Shale

05/07/2020

NGE IYO NDI CHAT:
1.Ntago nkunda umunu unyandikira inbox
ambaza
ngo" Amakuru?" kuko simenya amakuru aba
ambaza ayo ariyo ( Niba ari ayo kubika,
kurangisha, yo muri cartier, ayange, etc.....)
N.B: Ntago ndi umunyamakuru ibyo
bimenyekane.
________________________
2. Sinkunda umuntu umbwira ngo" Ko
wabuze?"
kandi ntatangazo yabonye rindangisha cg
yumvise!
________________________
3. Ntago nkunda umuntu umbaza ngo"
Weekend
imeze gute?" cyangwa ngo" Amakuru
y'iminsi?"
rwose amakuru ya weekend abazwa Weekend
ntago abazwa njye
Kandi namakuru y'iminsi mujye muyabaza
Iminsi
ntago arinjye bayabaza pe!.
________________________
4. Ntago nkunda umuntu umbaza Ngo" Ufite
imyaka ingahe?, Uriga?, Ukora hehe?, Ukora
iki?,
Utuye hehe?, etc.....) Sinibaza ukuntu wabaza
ibyo bibazo kandi ureba Profile yanjye
ukareba
(about) ndizera ko uhita ubona
ibinyerecyeyeho
byose utiriwe umbaza umpagata!
_________________________
5. Sinkunda umuntu nshyiraho post
akayisoma
ntagire icyo avuga ngo anyereke uko nawe abyumva
gutyo cyangwa ngo ashyireho (comments)
anshime cg angaye ariko agaragaze uko
abyumva.
6. Sinkunda abantu bahubuka batukana pe,
mpita
mbona imitekerereze yabo ari iyo mu
kinyejena
cya 5 mbere ya Yezu.

26/06/2020

"TUMUHANE NTAJYEYO"
Mbihagazeho neza 100% ko mwa bakobwa mwe, muri facebook zanyu harimo message zabahungu zirenga byibura 50 mwanze gusubiza!
Niba mbeshye mabuja anyake iyi telephone.
Musore, u*i impamvu wandikira abakobwa ntibagusubize?
Hagati aho umusibo ejo nzagira isabukuru y'amavuko, mabuja yanyemereye ko azampa impano. Ni ubwa mbere nzaba mpawe impano.
Buriya we ni nkiki azampa kiruta aka ga phone yampaye?
Nari nibagiwe ibyo nashakaga kuvuga.
UGASANGA URI UMUSORE, WANDIKIYE UMUKOBWA uhise umubwira uti"uri mwiza nagukunze".
Tayali menya ko atazagusubiza.
Uti" wampaye whatsapp yawe.
Wampa number yawe,
Utuye he,
Tuzabonane
Uzaze kunsura tuganire,
Ufite inzobe nakunze,
Nakunze ikibuno cyawe
Nibindi".
Mwa bahungu mwe, mwarasaze?
Ngire uko ndimo kurwana no kwihindurira isi muri rusange ndwanya ibibazo bishobora kuvuka muri 2050, nze no kubigisha gutereta koko?
DORE UKUNTU UHISE UREBA NISONI NYINSHI KUBERA ABAKOBWA BARENGA 100 WANDIKIYE NTIBAGUSUBIZE.
Kiramwaye ohhh ohhh
Mujye mwandika utuntu twubwenge.
Umwandikire bwa mbere uti"igitondo cyiza" akwihorere.
Nimugoroba umwandikire uti"uze kuryoherwa nibya nimugoroba kandi urare neza"
Akwihorere.
Nibucya umubwire uti"nizere ko waramutse neza" udategereje ko agusubiza.
Gutyo gutyo, ibyo nibimara iminsi 3 ataragusubiza, sha uzaze murugo unkubite.
Ariko ndabizi azagusubiza, kandi nagusubiza tayali uzaba umufashe bugwate azaba avuga ati"ariko uyu muntu unyitayeho atanzi, aramutse anzi sinarengwa no kwitabwaho?" Noneho ahubwo atume we ubwe umutereta.
Basore nongere volume?
Wubuke ntuzabwanuke nakwandikira, uzamusubize utuje kandi ukomeze bwa buryo.
Igihungu nzongera kumva kirira ngo banze kugisubiza kuri facebook kizambona.
Uko ureba gusa.
Hari banga gusubiza bikandika abanze kubisubiza bibatuka, no kubabyeyi sha?
Apuuuuuuuuuuuuuuuuuuuuuuuuuu

Soma--ububuhamya-------------------------------Nitwa Grace....Igihe narimfite imyaka umunani nibwo numvise ababyeyi banj...
16/05/2020

Soma--ububuhamya-------------------------------
Nitwa Grace....
Igihe narimfite imyaka umunani nibwo numvise ababyeyi banjye mama na papa bavuga kuri musaza wanjye muto, kevin.
Icyo narinzi nuko yararwaye cyane kandi twari tugiye kwimukira mu kazu gato mu gihe kingana n'ukwezi kuko Papa atari kubona amafranga yo guha docteur ngo abone nayo kwishyura inzu nini.
Usibye kumukorera operation ihenze cyane(5,000$), ntakindi cyari gukiza musaza wanjye kandi nta muntu twari dufite wo kutuguriza ayo mafranga yose.
Nuko numva Papa ari kubwira Mama wariraga cyane ati: "Ntakindi ubu cyamukiza usibye IGITANGAZA cyonyine."
Nahise njya mu cyumba cyanjye mfata igikombe nabikagamo ibiceri maze mbisuka hasi, ntangira kubibara nitonze...Nuko maze Kubona umubare.
Nahise niruka njya kuri Pharmacy.
Musaza wanjye ararwaye cyane, none nashakaga kugura IGITANGAZA.
DOCTOR EMMA: igitangazaa ???!!!!........Yitwa kevin arwaye ikibyimba mu mutwe kandi numvise Papa avuga ko IGITANGAZA aricyo cyonyine cyamukiza, none igitangaza mukigurisha gute?
DOCTOR EMMA: Ntabwo tugurisha igitangaza hano mukobwa muto, ihangane ntacyo twagufasha.
Ndamusubiza......"Mbabarira umpe uwo muti ndakwishyura, basi naba make nzashaka andi nyakuzanire ariko umpe IGITANGAZA.
Nuko Doctor arandeba ati: Nikihe gitangaza musaza wawe akeneye??
Ndamusubiza......"Ntabwo mbizi gusa numvise Mama avuga ko arwaye cyane kandi akeneye gukorerwa operation. kandi Papa nta mafranga afite, none nashakaga gukoresha amafranga yange nkamugurira umuti.
DOCTOR EMMA: Ufite amafranga angahe?
Nuko nkora mu mufuka nkuramo ibiceri 300 Frw maze abibonye agahinda karamwica nuko amfata ukuboko ati tujyende unyereke musaza wawe wenda namubera IGITANGAZA.
Maze tujyana mu rugo abonye musaza wanjye w'imyaka itatu uko ameze agahinda karamwica maze yiyemeza kumuvuza ntacyo twe dutanze.
Ubu tuvugana Musaza wanjye ameze neza kandi Ndashima Imana na Dr. Emmanuel kubwi gitangaza badukoreye.
Nguko uko ibiceri 300 byaguze igitangaza.
NDASENGA NSABA IMANA NGO BURI MUNTU URI BUSOME UBU BUHAMYA, IMANA IZAMUKORERE IGITANGAZA KIZATUMA AYISHIMA IBIHE BYOSE. AMEN!!!
Ntujyende utanditse "AMEN" kora "SHARE" niba ufashijwe nubu buhamya maze bufashe n'abandi.

Address

Kayonza

Telephone

+250780801564

Website

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Kayonza iwacu posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Share

Category