ISIBO TV and RADIO

ISIBO TV and RADIO Contact information, map and directions, contact form, opening hours, services, ratings, photos, videos and announcements from ISIBO TV and RADIO, TV Channel, KN 3 Road, Kigali.

*ISIBO TV and RADIO
*THE HUB OF CONTENT
*TV'S APP "ISIBO" On google Play Store
*YOUTUBE CHANNEL "ISIBO TV AND RADIO OFFICIAL"
*INSTAGRAM ACCOUNT ""
*FACEBOOK ACCOUNT "ISIBO TV AND RADIO”
*TWITTER(X) ACCOUNT “ISIBO TV AND RADIO”

27/05/2026

Ikiraro cyo kuri " " cyakiriye ibirori byo kumurika imideli bya ‘Kigali Fashion Week’ byongeye gutegurwa nyuma y’imyaka irindwi bitaba.

Umuraperi .e.m.o.z.e.r.a ni umwe mubahanzi bataramiye abitabiriye ibi birori.

98.7FM

RSSB Tigers yanditse amateka yo kuba ikipe ya mbere yo mu Rwanda yageze ku mukino wa nyuma mu marushanwa ya BAL, nyuma y...
27/05/2026

RSSB Tigers yanditse amateka yo kuba ikipe ya mbere yo mu Rwanda yageze ku mukino wa nyuma mu marushanwa ya BAL, nyuma yo gutsinda Al Ahly yo mu Misiri amanota 106-97.

Undi mukino wa ½ cya uzahuza Petro de Luanda yo muri Angola na Al Ahly Ly yo muri Libya, ku wa Kane.

Perezida Kagame ni umwe mu bifatanyije n’ibihumbi by’abakunzi ba Basketball by’umwihariko abafana ba RSSB Tigers BBC.

Iyi kipe izahura n’izava hagati ya Petro de Luanda na Al Ahly yo muri Libya, zizakina ku wa Kane Saa Moya z’Ijoro.

98.7FM

Etania Mutoni wamamaye mu kuvanga imiziki no mu itangazamakuru muri Afurika y’Iburasirazuba nka DJ Etania, yasusurukije ...
27/05/2026

Etania Mutoni wamamaye mu kuvanga imiziki no mu itangazamakuru muri Afurika y’Iburasirazuba nka DJ Etania, yasusurukije abakurikiye umukino uri guhuza RSSB Tigers na Al Ahly yo mu Misiri.

Uyu mukobwa ukorera muri Uganda yari aherekejwe n'umusore n'inkumi bamufashije gushyushya abantu yifashishije indirimbo zigezweho akanyuzamo akajya no kubyina ari na ko asaba abari muri BK Arena gukoma mu mashyi no kumwereka ko bishimye.

98.7FM

Abakinnyi n’abatoza b’Ikipe ya Al-Merrikh SC yo muri Sudani bahaye aba APR FC icyubahiro kuko begukanye Shampiyona y’Icy...
27/05/2026

Abakinnyi n’abatoza b’Ikipe ya Al-Merrikh SC yo muri Sudani bahaye aba APR FC icyubahiro kuko begukanye Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda ya 2025/26.

Ibi byabaye mbere y’umukino w’Umunsi wa 33 wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pele Stadium ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 27 Gicurasi 2026, guhera Saa 18:00.

Abakinnyi n’abatoza b’iyi kipe yo muri Sudani basohotse mu rwambariro mbere, bageze mu kibuga hagati bakora imirongo ibiri, bahagarara bateganye ndetse barebana. Abakinnyi n’abatoza ba APR binjiye mu kibuga nyuma, babanyuze hagati, abandi babakomera amashyi.

98.7FM

27/05/2026
Polisi y'u Rwanda yatangiye kwambara impuzankano ziriho ikirango cy'ibendera ry'igihugu kiri mu mabara yijimye. Ni ikira...
27/05/2026

Polisi y'u Rwanda yatangiye kwambara impuzankano ziriho ikirango cy'ibendera ry'igihugu kiri mu mabara yijimye.

Ni ikirango kizajya kigaragara ku mpuzankano za polisi zisanzwe (combat uniforms), mu gihe izambarwa mu biro no mu birori (office and ceremonial uniforms) zo zizagumana ikirango cy'idarapo kiri mu mabara asanzwe.

Ni impinduka zatangiye gukurikizwa kuri uyu wa 27 Gicurasi 2026.

98.7FM

27/05/2026

Udushya twakozwe n'abapolisi mu muhango wo kwinjiza aba Ofisiye bashya muri Polisi y'u Rwanda

Ni ibirori byabereye mu Ishuri ry'amahugurwa rya Polisi riherereye i Gishari, byakurikiwe na Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame.

98.7FM

27/05/2026

: Ikipe ya APR FC yamaze kumvikana n’umunyezamu w’Umunya-Mozambique, Ernan Siluane w'imyaka 27 bivugwa ko azayerekezamo mu mpeshyi y’uyu mwaka.

Siluane asanzwe ari umunyezamu w’Ikipe ya Black Bulls akaba n'umunyezamu wa mbere w'Ikipe y'Igihugu ya Mozambique.

Ku wa Kabiri, Ikinyamakuru LanceMZ cyo muri Mozambique cyatangaje ko uyu munyezamu yasezeye kuri bagenzi be ubwo bari bamaze gutsinda Chingale de Tete ibitego 3-0, akababwira ko agiye gukina mu Rwanda.

🔺
📻98.7FM
🗓️ MONDAY to FRIDAY
⏱️ 9:30 AM - 12:00 AM
🚨Live kuri YouTube ya Isibotvradio

98.7FM

Steve Harvey uherutse mu Rwanda mu 2025 yaciye amarenga y'uko yumva yasura igihugu cya Uganda.Mu ijoro rya tariki ya 26 ...
27/05/2026

Steve Harvey uherutse mu Rwanda mu 2025 yaciye amarenga y'uko yumva yasura igihugu cya Uganda.

Mu ijoro rya tariki ya 26 Gicurasi 2026 abinyujije kuri konti ya X Steve Harvey yasangije abamukurikira ubutumwa bugaragaza ko Afurika ifite ibintu byinshi abantu bataramenya asaba abamukurikira kumubwira ahihariye abantu basura.

Uwitwa Mukisa yamubwiye ko Uganda ahantu heza yasura bitewe n’ingagi zaho, Ikiyaga cya Victoria, ubwiza bwa Uganda n’ibindi byinshi.

Steve Harvey yamusubije avuga ko ibyo abwiwe kuri Uganda yumva bidasanzwe bityo ko bimukuruye.

Mu Ugushyingo 2025 uyu munyarwenya akaba n’icyamamare mu biganiro byo kuri televiziyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Steve Harvey yasuye u Rwanda anahura na Perezida Kagame.

98.7FM

Perezida Kagame yagenzuye akarasisi kakozwe n’abasoje amahugurwa abazamura mu ntera bakaba ba Ofisiye bato muri Polisi y...
27/05/2026

Perezida Kagame yagenzuye akarasisi kakozwe n’abasoje amahugurwa abazamura mu ntera bakaba ba Ofisiye bato muri Polisi y’u Rwanda.

Ni mbere y'igikorwa cyo kubambika ipeti aho baza guhabwa irya AIP [Assistant Inspector of Police].

Aba bapolisi bagiye guhabwa ipeti bakoze akarasisi kayobowe na CSP Jean Pierre Kanobayire aho yungirijwe na SP Jean Bosco Rurangwa.

Bari bagabanyije mu masibo 10, aho bagenda batambuka nk’uko babitojwe mu gihe cy’umwaka bamaze bahugurirwa mu Ishuri rya Polisi, PTS Gishari.

Abapolisi kandi baserukanye Ibendera ry’Igihugu ritwawe na CIP Keneth Karuhanga mu gihe Ibendera rya Polisi y’Igihugu ryari ritwawe na CIP Valens Ntakirutimana.

Kuri uyu wa 27 Gicurasi 2026 nibwo i Gishari habereye umuhango wo kwinjiza ba Ofisiye bashya muri Polisi y'Igihugu no kwizihiza imyaka 25 y’ubufatanye butanga umutekano.

Umukuru w’Igihugu yageze ahari Ishuri rya Polisi, aherekejwe n’abayobozi mu nzego zitandukanye by’umwihariko iz’umutekano.

📸:RBA&Igihe

98.7FM

Address

KN 3 Road
Kigali
250

Opening Hours

Monday 07:30 - 22:45
Tuesday 07:30 - 22:45
Wednesday 07:30 - 22:30
Thursday 07:30 - 22:45
Friday 07:30 - 22:45
Saturday 07:30 - 22:45

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when ISIBO TV and RADIO posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Business

Send a message to ISIBO TV and RADIO:

Share

Category