FLASH TV RW

FLASH TV RW Please create your own account and your own page

Umutaliyani Finn Lorenzo w'imyaka 18, yegukanye umudali wa Zahabu nyuma yo gutsinda isiganwa ry'abahungu batarengeje imy...
26/09/2025

Umutaliyani Finn Lorenzo w'imyaka 18, yegukanye umudali wa Zahabu nyuma yo gutsinda isiganwa ry'abahungu batarengeje imyaka 23 muri Shampiyona y'Isi y'Amagare iri kubera i Kigali, aho yakoresheje amasaha atatu, iminota 57 n'amasegonda 27 ku ntera y'ibilometero 164,6.

Mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, umutwe w’abadepite, biravugwa ko umunsi wo kuwa Kane, i...
26/09/2025

Mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, umutwe w’abadepite, biravugwa ko umunsi wo kuwa Kane, itariki 25 Nzeri 2025, uzandikwa mu mateka. Nyuma yo kwegura kwa Vital Kamerhe nyuma yo kotswa igitutu kinshi, ubu haravugwa intambara hagati y’abagabo babiri bari bamwungirije, visi-perezida we wa mbere, Jean-Claude Tshilumbayi, na visi perezida wa kabiri Christopher Mboso barwanira kuyobora inteko.

Umucamanza mu rukiko rwa Espagne, José Luis Calama, yasohoye impapuro zisaba gushakisha no guta muri yombi Kayumba Nyamw...
26/09/2025

Umucamanza mu rukiko rwa Espagne, José Luis Calama, yasohoye impapuro zisaba gushakisha no guta muri yombi Kayumba Nyamwasa wahoze ari Lt. Gen. mu ngabo z’u Rwanda ari gukoraho iperereza ku byaha birimo iterabwoba, itoteza, Jenoside ndetse n’ibyaha byibasiye inyoko muntu.

Kuri sitasiyo ya Polisi ya Busasamana hafungiye umukecuru bikekwa ko yaranduye imyumbati y’uwo abereye mukase, aho bivug...
26/09/2025

Kuri sitasiyo ya Polisi ya Busasamana hafungiye umukecuru bikekwa ko yaranduye imyumbati y’uwo abereye mukase, aho bivugwa ko yafashwe amafoto ayirandura, agiye kurega ahita afungwa.Byabereye mu Mudugudu wa Nyarunyinya, Akagari ka Nyanza, Umurenge wa Busasamana, mu Karere ka Nyanza.

https://youtu.be/C1l-h7j-hRo
26/09/2025

https://youtu.be/C1l-h7j-hRo

Enjoy the videos and music you love, upload original content, and share it all with friends, family, and the world on YouTube.

26/09/2025

Rigathi Gachagua wahoze ari visi perezida wa Kenya yasabye abaturage kurebera kuri Malawi na perezida William Ruto agategeka manda imwe ntazagaruke ku butegetsi muri 2027.
====================
AGASEKE K'AMAKURU KARAMBUYE KAREBE UNYUZE HANO:
https://youtu.be/C1l-h7j-hRo

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov, yatangaje ko ibihugu byo mu muryango wa OTAN n’Ubumwe bw’u...
26/09/2025

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov, yatangaje ko ibihugu byo mu muryango wa OTAN n’Ubumwe bw’u Burayi, byakoreresheje Ukraine kugira ngo irwanye u Burusiya.

Ibi yabitangaje mu nama ya G20 yahuje ba minisitiri b’ububanyi n’amahanga ku wa 25 Nzeri 2025.

Lavrov agaragaza ko ibihugu biri mu muryango wa OTAN na EU byirengagije inyandiko ya LONI kuko ibi bihugu bigira uruhare mu makimbirane agiye ari hirya no hino ku Isi, ibigaragaza ubukoroni buteruye.

26/09/2025

Komisiyo y’amatora ya Uganda yatangaje abagabo 7 bagomba guhatanira intebe y’ubutegetsi bukuru bw’igihugu na perezida Museveni mu kwezi kwa mbere umwaka utaha.
==================
AGASEKE K'AMAKURU KARAMBUYE KAREBE UNYUZE HANO:
https://youtu.be/C1l-h7j-hRo

Umwongereza Harry Hudson w'imyaka 17 y'amavuko, ni we wegukanye shampiyona y'isi y'amagare mu gusinganwa mu muhanda, mu ...
26/09/2025

Umwongereza Harry Hudson w'imyaka 17 y'amavuko, ni we wegukanye shampiyona y'isi y'amagare mu gusinganwa mu muhanda, mu basore batarengeje imyaka 19 y'amavuko, aho yakoresheje amasaha abiri, iminota 55 n'amasegonda 19 ku ntera y'ibilometero 119,3.

26/09/2025

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo biravugwa ko byamaze kumvikana ku gihe bizatangirira gushyira mu bikorwa ingamba zirebana n’umutekano zikubiye mu masezerano y’amahoro ibihugu byombi byasinyanye muri Kamena.
=========
AGASEKE K'AMAKURU KARAMBUYE KAREBE UNYUZE HANO:
https://youtu.be/C1l-h7j-hRo

Ambasaderi w'u Rwanda muri Tanzania General Patrick NYAMVUMBA yasuye ikipe ya Rayon Sports aho iri muri iki gihugu yiteg...
25/09/2025

Ambasaderi w'u Rwanda muri Tanzania General Patrick NYAMVUMBA yasuye ikipe ya Rayon Sports aho iri muri iki gihugu yitegura umukino wo kwishyura wa CAF Confederation Cup ifitanye n'ikipe ya Singida Black Stars kuri uyu wa gatandatu

Yabibukije ko kuba baratsinzwe umukino ubanza bitavuze ko byarangiye kuko no kurugamba umusirikare ashobora gutsindwa umunsi umwe ariko akazatsinda urugamba rwose

General Patrick NYAMVUMBA yabaye Visi Perezida wa Rayon Sports hagati y'i 1995 n'i 1996

https://youtu.be/f0XD6nY3pFs
25/09/2025

https://youtu.be/f0XD6nY3pFs

Enjoy the videos and music that you love, upload original content and share it all with friends, family and the world on YouTube.

Address

KG 14 Avenue St 766
Kigali
0000

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when FLASH TV RW posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Business

Send a message to FLASH TV RW:

Share

Category