03/06/2026
Abayobozi batandukanye bahagarariye Imiryango Iharanira Inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, IBUKA mu bihugu bitandukanye, bishimiye urwibutso, rwatashywe ku mugaragaro na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Emmanuel Macron w’u Bufaransa, bemeza ko ari urumuri rucanwe mu Mujyi wa Paris.
Ku mugoroba wo ku wa 2 Kamena 2026 nibwo ku nkombe z’Umugezi wa Seine mu Mujyi wa Paris hafunguwe ku mugaragaro Urwibutso rw’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rwahawe izina ‘Les Archives’.
Iki gikorwa cyitabiriwe na Perezida Macron, Meya w’Umujyi wa Paris, Emmanuel Grégoire; abayobozi bo muri Guverinoma z’ibihugu byombi, Umunyamabanga Mukuru w’umuryango OIF uhuza ibihugu bikoresha Igifaransa, Louise Mushikiwabo, Perezida wa IBUKA-France, Marcel Kabanda n’abahagarariye imiryango y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Inkuru irambuye n’amafoto⤵️
https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ni-urumuri-rucanwe-i-paris-ibuka-ku-rwibutso-rwa-jenoside-rwatashywe-na