13/05/2026
Papa john paul II yarashwe ubwo yari ari gusuhuza imbaga y’abakirisitu ku rubuga rwa Saint Peter’s Square muri Vatican.
Umugabo w’Umuturukiya witwaga Mehmet Ali Ağca yamurasiye hafi, amasasu amukomeretsa bikomeye mu nda no ku kuboko.
Abaganga bahise bamujyana kwa muganga byihuse, amarayo amasaha menshi abagwa kugira ngo barokore ubuzima bwe. Icyo gitero cyatunguranye isi yose kuko Papa yari umwe mu bantu bakunzwe cyane icyo gihe.
Nyuma yo gukira, Papa Yohani Pawulo II yakoze ibintu byatangaje benshi ubwo yajyaga gusura uwamurashe muri gereza maze akamubabarira ku mugaragaro.
Icyo gikorwa cyafashwe nk’ikimenyetso gikomeye cy’imbabazi n’urukundo Kiliziya Gatolika yigisha. Papa Yohani Pawulo II yakomeje kuyobora Kiliziya imyaka myinshi nyuma y’icyo gitero, ndetse aza no kuba umwe mu bapapa bazibukwa cyane mu mateka ya Kiliziya.