07/08/2026
Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène yibukije ko indangagaciro zikwiye kuranga Abanyarwanda na kirazira zazo bikwiye kubabera ingengabitekerezo nziza isimbura ingengabitekerezo mbi y’ubwomanzi, ubusinzi, n’izindi ngeso mbi.
Yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu ubwo hizihizwaga Umunsi w'Umuganura, wizihirijwe mu Karere ka Rusizi ku rwego rw'Igihugu.
Yavuze ko bumwe bw’Abanyarwanda buzirana n’amacakubiri, ivangura n’urwango. Ubupfura buzirana n’ubuhemu, n’ubutindi. Ubwangamugayo buzirana n’ubuhemu, kwiyandarika, n’ubusambo.
Minisitiri Dr Bizimana yashimangiye ko ishyaka, ubutwari, umurava, umurimo, ubwitange ubudacogora, ubugabo, no kwigira bizirana n’ubugwari, ububwa, ubunebwe, kwiheba, kwiburira icyizere, kwikunda, no kugira ubwoba.
Mu zindi ndangagaciro bakwiye kurizirikana harimo ubuvandimwe, ubusabane, n’ubuntu bizirana n'ubusambo hari kandi ubugwaneza, ubwizerane, ubucuti bizirana n’inda nini, ubusambo, ubugugu, uburiganya, agasuzuguro, n'umurengwe.