Kigali Today

Kigali Today News about Rwanda and headlines from Africa. Breaking news about its people, politics and economy from Kigali Today.

www.kigalitoday.com ni ikinyamakuru gikorera kuri Interineti cya sosiyete yigenga “Kigali Today Ltd”. Iki kinyamakuru kihaye inshingano yo gukora itangazamakuru ry’umwuga kugira ngo Abanyarwanda aho bari hose n’abandi bagisura bagire amakuru afatika, yizewe kandi atabogamye. Kugira ngo ibyo bigerweho, www.kigalitoday.com ikoresha abanyamakuru babyize kandi babifitiye uburambe, bubahiriza kandi bak

aba banasobanukiwe n’amahame (deontological code) agenga umwuga wabo. Tuzajya tubagezaho inkuru zanditse, izo mu majwi, mu mashusho, mu bishushanyo ndetse dukoreshe n’ubundi buryo bwose bwakoreshwa mu gutanga amakuru, kwigisha, kuvuganira ndetse no gushimisha abasura urubuga rwacu.

07/08/2026

"Ndashimira Imana n'umugore wanjye unsengera umunsi ku wundi."

Kapiteni wa Rayon Sports Nshimiyimana Emmanuel Kabange nyuma yo kwegukana CECAFA Kagame Cup 2026 akanahembwa nk'umukinnyi mwiza w'irushanwa.

Rayon Sports yanditse amateka.Nyuma y'imyaka 28 itegereje iki gikombe, Rayon Sports yegukanye CECAFA Kagame Cup 2026 its...
07/08/2026

Rayon Sports yanditse amateka.

Nyuma y'imyaka 28 itegereje iki gikombe, Rayon Sports yegukanye CECAFA Kagame Cup 2026 itsinze Gor Mahia FC ibitego 2-1 kuri Stade Amahoro.

Ni ubwa mbere Rayon Sports itwaye iri rushanwa kuva ryatangira guterwa inkunga na Perezida Paul Kagame mu 2002

Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, ari mu banyacyubahiro bitabiriye umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2026...
07/08/2026

Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, ari mu banyacyubahiro bitabiriye umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2026, uhuje Rayon Sports yo mu Rwanda na Gor Mahia yo muri Kenya, uri kubera kuri Stade Amahoro.

Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane Amb Olivier Nduhungirehe, yifatanyije n’abaturage bo mu Karere ka Nyarug...
07/08/2026

Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane Amb Olivier Nduhungirehe, yifatanyije n’abaturage bo mu Karere ka Nyarugenge mu birori byo kwizihiza ku nsanganyamatsiko igira iti: “Umuganura, isoko y’ubumwe n’ishingiro ryo kwigira”.

Minisitiri Nduhungirehe, yibanze ku ndangaciro z’umuco w’u Rwanda Umuganura ubumbatiye zirimo gukunda Igihugu, ubumwe, gukunda umurimo, ubufatanye, gusangira, kubahana, ubudaheranwa no kwigira.

Yashishikarije kandi Abanyarwanda kugira uruhare mu kurengera ubuzima, birinda kunywa inzoga zitujuje ubuziranenge, kunywa mu rugero no gutegura ejo hazaza heza.

Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène yibukije ko indangagaciro zi...
07/08/2026

Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène yibukije ko indangagaciro zikwiye kuranga Abanyarwanda na kirazira zazo bikwiye kubabera ingengabitekerezo nziza isimbura ingengabitekerezo mbi y’ubwomanzi, ubusinzi, n’izindi ngeso mbi.

Yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu ubwo hizihizwaga Umunsi w'Umuganura, wizihirijwe mu Karere ka Rusizi ku rwego rw'Igihugu.

Yavuze ko bumwe bw’Abanyarwanda buzirana n’amacakubiri, ivangura n’urwango. Ubupfura buzirana n’ubuhemu, n’ubutindi. Ubwangamugayo buzirana n’ubuhemu, kwiyandarika, n’ubusambo.

Minisitiri Dr Bizimana yashimangiye ko ishyaka, ubutwari, umurava, umurimo, ubwitange ubudacogora, ubugabo, no kwigira bizirana n’ubugwari, ububwa, ubunebwe, kwiheba, kwiburira icyizere, kwikunda, no kugira ubwoba.

Mu zindi ndangagaciro bakwiye kurizirikana harimo ubuvandimwe, ubusabane, n’ubuntu bizirana n'ubusambo hari kandi ubugwaneza, ubwizerane, ubucuti bizirana n’inda nini, ubusambo, ubugugu, uburiganya, agasuzuguro, n'umurengwe.

 Amatike y'umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2026 urahuza Rayon Sports na Gor Mahia FC kuri uyu wa Gatanu Saa Kumi n...
07/08/2026



Amatike y'umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2026 urahuza Rayon Sports na Gor Mahia FC kuri uyu wa Gatanu Saa Kumi n'Ebyiri z'umugoroba kuri Stade Amahoro yashyize ku isoko habura amasaha ane ngo utangire.

Uyu mukino urabanzirizwa n'uwo guhatanira umwanya wa gatatu urahuza Al Hilal SC na Jamus SC Saa Cyenda z'igicamunsi.

Muri ibi birori byo kwizihiza   ku rwego rw'Igihugu byabereye mu Karere ka Rusizi, Minisitiri wa MINUBUMWE, Dr Jean Dama...
07/08/2026

Muri ibi birori byo kwizihiza ku rwego rw'Igihugu byabereye mu Karere ka Rusizi, Minisitiri wa MINUBUMWE, Dr Jean Damascene Bizimana yaganuje abatarahiriwe n'ibihe.

Horojwe inka imiryango 8 ndetse abana banahabwa amata.

Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi Utumatwishima Abdallah, kuri uyu munsi w'Umuganura, yifatanyije n'abatu...
07/08/2026

Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi Utumatwishima Abdallah, kuri uyu munsi w'Umuganura, yifatanyije n'abaturage b'Akarere ka Rutsiro, mu murenge wa Mushubati. ku nsanganyamatsiko igira iti: “Umuganura, isoko y’ubumwe n’ishingiro ryo kwigira”.

Yasobanuye ko Umuganura ari umwanya wo gusabana no kurushaho gusigasira indangagaciro z’umuco cyane cyane izo dusanga mu Muganura ari zo ubumwe, kwigira, ubudaheranwa, ubupfura, gukunda Igihugu no gukunda umurimo.

Umugore ukomoka mu Buhinde, Renu Dhariyal, yaciye agahigo ko kugira umusatsi muremure kurusha abandi bagore bose bakirih...
07/08/2026

Umugore ukomoka mu Buhinde, Renu Dhariyal, yaciye agahigo ko kugira umusatsi muremure kurusha abandi bagore bose bakiriho ku Isi.

Uyu mugore yashyizwe mu gitabo cy'abanyaduhigo, nk’umugore ufite umusatsi muremure aho uburebure bwawo bugera kuri santimetero 271.50.

Umuhanzikazi w’icyamamare muri Uganda, Sheebah Karungi, yahawe ishimwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Uganda kub...
07/08/2026

Umuhanzikazi w’icyamamare muri Uganda, Sheebah Karungi, yahawe ishimwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Uganda kubera uruhare rwe mu guteza imbere no kumenyekanisha umuco w’igihugu cye binyuze mu muziki n’imyidagaduro.

Iri shimwe ryatanzwe mu rwego rwo guha agaciro ibikorwa bye byagize uruhare mu kugaragaza isura ya Uganda ku rwego mpuzamahanga, aho yakomeje kuyimenyekanisha mu bitaramo no ku mbuga zitandukanye ku isi.

Address

Kigali

Opening Hours

Monday 08:00 - 17:00
Tuesday 08:00 - 17:00
Wednesday 08:00 - 17:00
Thursday 08:00 - 17:00
Friday 08:00 - 17:00

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Kigali Today posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Business

Send a message to Kigali Today:

Shortcuts

Share