Kigali Today

Kigali Today News about Rwanda and headlines from Africa. Breaking news about its people, politics and economy from Kigali Today.

www.kigalitoday.com ni ikinyamakuru gikorera kuri Interineti cya sosiyete yigenga “Kigali Today Ltd”. Iki kinyamakuru kihaye inshingano yo gukora itangazamakuru ry’umwuga kugira ngo Abanyarwanda aho bari hose n’abandi bagisura bagire amakuru afatika, yizewe kandi atabogamye. Kugira ngo ibyo bigerweho, www.kigalitoday.com ikoresha abanyamakuru babyize kandi babifitiye uburambe, bubahiriza kandi bak

aba banasobanukiwe n’amahame (deontological code) agenga umwuga wabo. Tuzajya tubagezaho inkuru zanditse, izo mu majwi, mu mashusho, mu bishushanyo ndetse dukoreshe n’ubundi buryo bwose bwakoreshwa mu gutanga amakuru, kwigisha, kuvuganira ndetse no gushimisha abasura urubuga rwacu.

Kuri uyu wa Kane, i Kigali hatangirijwe ku mugaragaro ishyirwa mu bikorwa ry'umushinga Rwanda Green Taxonomy,  ubumbira ...
11/09/2025

Kuri uyu wa Kane, i Kigali hatangirijwe ku mugaragaro ishyirwa mu bikorwa ry'umushinga Rwanda Green Taxonomy, ubumbira hamwe ibikorwa bibungabunga ibidukikije.

Ni umuhango witabiriwe n'inzego za Leta, abikorera n'abafatanyabikorwa muri gahunda za Leta zigamije guteza imbere ibidukikije.

Uyu mushinga ubumbira hamwe ibikorwa bibungabunga ibidukikije (RGT)
wemejwe n'Inama y'Abaminisitiri yo ku wa 17 Mata 2025. Kurikira byinshi ku itangizwa ry'uyu mushinga: https://www.youtube.com/live/h_F8a8ab3Eo?si=QWuzpk8kr2fuI_b_

Ahitwa kuri Dawe Uri Mu Ijuru mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Gishyita habereye impanuka y’imodoka yananiwe gukata ik...
11/09/2025

Ahitwa kuri Dawe Uri Mu Ijuru mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Gishyita habereye impanuka y’imodoka yananiwe gukata ikorosi ryaho, igonga ibyuma byo ku muhanda, imodoka igusha urubavu. Muri iyi mpanuka uwitwa Dusengumukiza Alexandre yahise yitaba Imana, abandi bantu babiri barimo n’umushoferi barakomereka byoroheje, hapfa n’ihene 30 mu zigera kuri 200 iyo modoka yari itwaye. Yari ivuye mu Karere ka Karongi izijyanye mu isoko rya Rugali mu Karere ka Nyamasheke.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe yifatanyije na Amba...
11/09/2025

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe yifatanyije na Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, mu kwizihiza isabukuru y'imyaka 76 y’ishingwa rya Repubulika ya Rubanda y’u Bushinwa.

Mu ijambo rye, Gen (Rtd) James Kabarebe yashimye umubano mwiza uranga ibihugu byombi, ushingiye ku kwizerana, ubwubahane ndetse n’ubufatanye bubyara inyungu.

Filip Reyntjens, Umubiligi u Burayi bufata nk’inararibonye kuri Afurika y’Ibiyaga bigari, yatangiye kwerekana uburyo yan...
11/09/2025

Filip Reyntjens, Umubiligi u Burayi bufata nk’inararibonye kuri Afurika y’Ibiyaga bigari, yatangiye kwerekana uburyo yanga u Rwanda urunuka, cyane cyane akanga FPR Inkotanyi iyoboye ubutegetsi, by’umwihariko Perezida Paul Kagame.

Filip Reyntjens, Umubiligi u Burayi bufata nk’inararibonye kuri Afurika y’Ibiyaga bigari, yatangiye kwerekana uburyo yanga u Rwanda urunuka, cyane cyane akanga FPR Inkotanyi (…)

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Nzeri nibwo ikipe y’Igihugu y’ingimbi mu mukino wa Volleyball yageze mu gi...
11/09/2025

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Nzeri nibwo ikipe y’Igihugu y’ingimbi mu mukino wa Volleyball yageze mu gihugu cya Misiri ahazabera igikombe cya Afurika.

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Nzeri nibwo ikipe y’Igihugu y’ingimbi mu mukino wa Volleyball yageze mu gihugu cya Misiri ahazabera igikombe cya Afurika.

Dore impamvu itegeko rigenga imikoreshereze y’imihanda mu Rwanda ririmo kuvugururwa.
11/09/2025

Dore impamvu itegeko rigenga imikoreshereze y’imihanda mu Rwanda ririmo kuvugururwa.

Guverinoma y’u Rwanda tariki 9 Nzeri 2025, yashyikirije Inteko Ishinga Amategeko umushinga w’itegeko rishya rigenga imikoreshereze y’imihanda, hagamijwe kuvugurura itegeko (…)

Abanyarwanda barasabwa kumenya gutandukanya ibikoresho bikonjesha bihumanya ikirere n’ibizima
11/09/2025

Abanyarwanda barasabwa kumenya gutandukanya ibikoresho bikonjesha bihumanya ikirere n’ibizima

Iyo havuzwe imyuka ihumanya ikirere, ku ikubitiro igikunze guhita kiza mu mitwe y’abantu kuri bimwe mu bigira uruhare mu gusohora ibyo byuka, harimo ibinyabiziga, nk’imodoka na (…)

KWAMAMAZA - KWIYANDIKISHA MU MINOTAKanda hano -> Iyandikishe -> TsindaBitsa amafaranga kuri konti yawe ku mashami arenga...
11/09/2025

KWAMAMAZA - KWIYANDIKISHA MU MINOTA

Kanda hano -> Iyandikishe -> Tsinda

Bitsa amafaranga kuri konti yawe ku mashami arenga 50 cyangwa ukoreshe mobile money

Tsindira ama miliyoni nonaha! https://fortebet.rw/ #/app/registration

ONLINE REGISTRATION IN MINUTES

Click → Register → Win

Deposit money into your account at over 50+ shops or via mobile money

Play for millions now! https://fortebet.rw/ #/app/registration

11/09/2025

VIDEO - Ikipe y’Igihugu y'u Rwanda 'Amavubi ' yageze mu Rwanda ivuye muri Afurika y'Epfo aho yakiniye umukino w'umunsi wa munani wo gushaka itike y'Igikombe cy'Isi 2026 yatsinzemo Zimbabwe igitego 1-0.

Amavubi yari yageze muri Afurika y'Epfo avuye muri Nigeria aho yakiniye umukino w'umunsi wa karindwi yatsinzwemo na Nigeria igitego 1-0.

Mu gihe umwaka w’amashuri wa 2025/2026 ukiri mu ntangiriro, hakaba hakiri ababyeyi n’abanyeshuri bakiri mu myiteguro yo ...
10/09/2025

Mu gihe umwaka w’amashuri wa 2025/2026 ukiri mu ntangiriro, hakaba hakiri ababyeyi n’abanyeshuri bakiri mu myiteguro yo gushaka no kugura ibikoresho, hamwe n’amafaranga y’ishuri, Banki ya Kigali (BK) yazanye igisubizo kuri bimwe muri ibyo bibazo.

Mu gihe umwaka w’amashuri wa 2025/2026 ukiri mu ntangiriro, hakaba hakiri ababyeyi n’abanyeshuri bakiri mu myiteguro yo gushaka no kugura ibikoresho, hamwe n’amafaranga (…)

U Rwanda na Liberia byasinyanye amasezerano abiri y'ubufatanye arimo ajyanye no gushyiraho Komisiyo Ihoraho ihuriweho n'...
10/09/2025

U Rwanda na Liberia byasinyanye amasezerano abiri y'ubufatanye arimo ajyanye no gushyiraho Komisiyo Ihoraho ihuriweho n'ibihugu byombi ndetse n'ayo gukuriranaho Visa.

Aya masezerano yasinywe kuri uyu wa Gatatu mu ruzinduko rw'akazi Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane Amb Olivier Nduhungirehe, arimo kugirira mu Murwa Mukuru wa Liberia, Monrovia.

Ni igikorwa cyabanjirijwe n'inama yahuje Minisitiri Nduhungirehe na mugenzi we wa Liberia, Hon. Sara Beysolow Nyanti.

Umushinjacyaha mukuru mu ishami ryashyiriweho gusoza imirimo y’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda(IR...
10/09/2025

Umushinjacyaha mukuru mu ishami ryashyiriweho gusoza imirimo y’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda(IRMCT) yavuze ko niba bagomba gutanga ubutabera kuri Félicien Kabuga akarekurwa, nta yandi mahitamo agomba gusubizwa mu gihugu cye, u Rwanda.

Umushinjacyaha mukuru mu ishami ryashyiriweho gusoza imirimo y’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda(IRMCT) yavuze ko niba bagomba gutanga ubutabera kuri (…)

Address

Kigali

Opening Hours

Monday 08:00 - 17:00
Tuesday 08:00 - 17:00
Wednesday 08:00 - 17:00
Thursday 08:00 - 17:00
Friday 08:00 - 17:00

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Kigali Today posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Business

Send a message to Kigali Today:

Share