Kigali Today

Kigali Today News about Rwanda and headlines from Africa. Breaking news about its people, politics and economy from Kigali Today.

www.kigalitoday.com ni ikinyamakuru gikorera kuri Interineti cya sosiyete yigenga “Kigali Today Ltd”. Iki kinyamakuru kihaye inshingano yo gukora itangazamakuru ry’umwuga kugira ngo Abanyarwanda aho bari hose n’abandi bagisura bagire amakuru afatika, yizewe kandi atabogamye. Kugira ngo ibyo bigerweho, www.kigalitoday.com ikoresha abanyamakuru babyize kandi babifitiye uburambe, bubahiriza kandi bak

aba banasobanukiwe n’amahame (deontological code) agenga umwuga wabo. Tuzajya tubagezaho inkuru zanditse, izo mu majwi, mu mashusho, mu bishushanyo ndetse dukoreshe n’ubundi buryo bwose bwakoreshwa mu gutanga amakuru, kwigisha, kuvuganira ndetse no gushimisha abasura urubuga rwacu.

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) ku bufatanye n’inzego zifite aho zihuriye n’Urwego rw’Imari, yatangije ku ...
31/10/2025

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) ku bufatanye n’inzego zifite aho zihuriye n’Urwego rw’Imari, yatangije ku mugaragaro ku rwego rw'Igihugu Icyumweru cyahariwe ubukangurambaga ku kuzigama amafaranga, bwahurijwe hamwe no kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe kuzigama.

Ni igikorwa cyabereye mu Karere ka Gicumbi mu Murenge wa Byumba kigamije guharanira ko buri wese agerwaho na serivisi z’imari, guteza imbere umuco wo kuzigama no gushora imari, nk’uko biteganywa muri gahunda y’Igihugu yo Kwihutisha Iterambere (NST2: 2024–2029), intego ikaba kugera ku kuzigama kungana n'umusaruro mbumbe w'Igihugu (GDP) bitarenze 2029.

Abatuye mu Karere ka Gicumbi by'umwihariko abo mu Mirenge y'icyaro, bavuga ko bayobotse gahunda y'amatsinda yo kuzigama no kugurizanya kuko uretse kuba bibafasha gukemura bimwe mu bibazo byabo byo mu buzima bwa buri munsi ariko binabafasha muri gahunda zitandukanye zo kwiteza imbere.

Ni icyumweru gifite insanganyamatsiko igira iti "Zigama, Shora Imari Wigire".

M23 yamaganye icyifuzo cy’u Bufaransa cyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma
31/10/2025

M23 yamaganye icyifuzo cy’u Bufaransa cyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma

Umutwe wa Alliance Fleuve Congo (AFC/M23), ugenzura intara za Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), wamaganye (…)

31/10/2025

VIDEO - Umutesi Marie Christine wo mu Murenge wa Shyorongi mu Karere ka Rulindo, ni umwe mu bahawe ishimwe ry'amafaranga ibihumbi 100 Frw, ashimirwa ko yahuguye abagore benshi (barenga 1340 mu kwezi kumwe) mu gukoresha serivisi zo kwishyurana no guhererekanya amafaranga hifashishijwe Telefone ngendanwa. Ahamya ko kugendana amafaranga kuri Konti bifite akamaro kanini kuruta kuyagendana mu ntoki, akaba yiyemeje kubishishikariza n'abandi batarayoboka ubu buryo.

31/10/2025

VIDEO - BNR irasaba Uturere n'abandi bafatanyabikorwa gukomeza gukurikirana no kuba hafi abagore bigishijwe gukoresha serivisi z'imari bakoresheje ikoranabuhanga, kugira ngo bazakomeze kuzikoresha na nyuma y'ubukangurambaga bwa "Gendana Konti".

Abahuguwe kandi barasabwa kugeza ubwo bumenyi no ku bandi batagezweho muri ubu bukangurambaga, nk'uko Guverineri wa BNR, Soraya Hakuziyaremye, abisobanura.

31/10/2025

VIDEO - Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye, yagarutse ku byagezweho muri ubu bukangurambaga bwiswe "Gendana Konti" bwo gushishikariza abagore kwishyurana hakoreshejwe telefone ngendanwa hagamijwe kwiteza imbere no kwihaza mu by’imari.

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) iri mu Karere ka Rulindo mu muhango wo gusoza igikorwa cyo gukangurira abagore kwishyurana ...
31/10/2025

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) iri mu Karere ka Rulindo mu muhango wo gusoza igikorwa cyo gukangurira abagore kwishyurana hakoreshejwe telefone ngendanwa hagamijwe kwiteza imbere no kwihaza mu by’imari. Ni gahunda yiswe ‘Gendana Konti’

Aka Karere ni ko ka mbere mu Turere tw’Intara y’Amajyaruguru katangirijwemo iyi gahunda.

31/10/2025

VIDEO - Shema Aimé Fabrice urangije kwiga ibyerekeranye n’ubwubatsi (Civil Engineering) muri INES- Ruhengeri, wari n’umuyobozi w’abanyeshuri (Guild President) avuga ko usibye ubumenyi, imyitwarire na yo ituma barushaho gusabana cyane cyane n’abanyamahanga, bityo bakahakunda, dore ko higa abaturuka mu bihugu birenga 20.

31/10/2025

VIDEO – Annah Kayesu urangije muri Biotechnology, ubwo yari mu kiganiro kuri KT Radio, yasobanuye impamvu yatumye ahitamo kujya kwiga muri INES-Ruhengeri.

Irushanwa rya Golf rya NCBA rizamuye urwego rwa Golf y’abatarabigize umwuga mu Burasirazuba bwa Afurika
31/10/2025

Irushanwa rya Golf rya NCBA rizamuye urwego rwa Golf y’abatarabigize umwuga mu Burasirazuba bwa Afurika

Irushanwa rya Golf rya NCBA, rimaze kuba igice cy’ingenzi ku ngengabihe y’akarere, ryagarutse ku nshuro ya kabiri mu Rwanda rifite intego nshya: kugaragaza uko siporo ishobora (…)

AMAFOTO - Itsinda ryaturutse muri INES-Ruhengeri ryasuye KT Radio baganira ku birori byo gutanga impamyabumenyi (Graduat...
31/10/2025

AMAFOTO - Itsinda ryaturutse muri INES-Ruhengeri ryasuye KT Radio baganira ku birori byo gutanga impamyabumenyi (Graduation) ku nshuro ya 17 biba kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Ukwakira 2025, baganira no ku buryo INES-Ruhengeri ikomeje guhindura ubuzima bw’abanyeshuri baturuka mu bihugu birenga 20.

Iyo Kaminuza y’Ubumenyi ngiro ifite umwihariko mu guteza imbere uburezi bufasha urubyiruko kuba abahanga, abakozi, no guhanga udushya.

30/10/2025

VIDEO – Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yagaragaje ko atemeranywa n’ibyatangajwe na Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron wasabye ko ikibuga cy’indege cya Goma gifungurwa.

Nduhungirehe asanga ibyemezo by’ibibera mu Burasirazuba bwa DR Congo bigomba kugirwamo uruhare n’ubuyobozi bwa AFC/M23 bugenzura icyo gice. Aganira n’abanyamakuru, Nduhungirehe yavuze ko u Bufaransa budashobora gufungura ikibuga cy’indege cya Goma, mu gihe abo bireba batabigizemo uruhare, ari bo AFC/M23, dore ko batari banatumiwe mu nama yabereye mu Bufaransa kuri uyu wa Kane tariki 30 Ukwakira 2025 yigaga ku gushyigikira amahoro n'iterambere mu Karere k'Ibiyaga Bigari.

Nduhungirehe yavuze ko ibigomba kugenderwaho mu gufungura ikibuga cy’indege cya Goma bigomba kuganirwaho na AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Kinshasa mu biganiro bibera i Doha muri Qatar.

Address

Kigali

Opening Hours

Monday 08:00 - 17:00
Tuesday 08:00 - 17:00
Wednesday 08:00 - 17:00
Thursday 08:00 - 17:00
Friday 08:00 - 17:00

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Kigali Today posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Business

Send a message to Kigali Today:

Share