Kigali Today

Kigali Today News about Rwanda and headlines from Africa. Breaking news about its people, politics and economy from Kigali Today.

www.kigalitoday.com ni ikinyamakuru gikorera kuri Interineti cya sosiyete yigenga “Kigali Today Ltd”. Iki kinyamakuru kihaye inshingano yo gukora itangazamakuru ry’umwuga kugira ngo Abanyarwanda aho bari hose n’abandi bagisura bagire amakuru afatika, yizewe kandi atabogamye. Kugira ngo ibyo bigerweho, www.kigalitoday.com ikoresha abanyamakuru babyize kandi babifitiye uburambe, bubahiriza kandi bak

aba banasobanukiwe n’amahame (deontological code) agenga umwuga wabo. Tuzajya tubagezaho inkuru zanditse, izo mu majwi, mu mashusho, mu bishushanyo ndetse dukoreshe n’ubundi buryo bwose bwakoreshwa mu gutanga amakuru, kwigisha, kuvuganira ndetse no gushimisha abasura urubuga rwacu.

Abanyarwanda batuye muri Senegal bagaragarijwe uburyo Igihugu cyabo gikomeje gutera intambwe ishimishije mu nzego zitand...
06/06/2026

Abanyarwanda batuye muri Senegal bagaragarijwe uburyo Igihugu cyabo gikomeje gutera intambwe ishimishije mu nzego zitandukanye zirimo n'urw'ubuzima binyuze muri gahunda yo kubaka ubukerarugendo bushingiye ku buvuzi no kunoza ireme ry’ubuvuzi bwo ku rwego rwisumbuye.

Ni ibyagarutsweho ubwo Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi Amb. Christophe Bazivamo hamwe n’abasenateri Bibiane Ndiaye Gahamanyi na Dr Charles Murigande babonanaga n’Abanyarwanda batuye muri Senegal mu gikorwa cy’ibiganiro n’ubusabane cyiswe ‘Meet and Greet’ kigamije gusangiza abanyarwanda amakuru y’igihugu cyabo.

Zimwe mu ntambwe zishimishije Ambasaderi Christophe Bazivamo yagarutseho harimo izijyanye n’uburezi, aho ubu igihugu gisigaye cyakira umubare munini w’abanyamahanga baza kuhiga; mu ubuzima, aho ubu u Rwanda rukomeje gahunda yo kubaka ubukerarugendo bushingiye ku buvuzi no kunoza ireme ry’ubuvuzi bwo ku rwego rwisumbuye; mu bubanyi n’amahanga, ubutwererane ndetse n’ubucuruzi, aho ubu u Rwanda rwafunguriye amarembo abanyafurika bose barugana bakirwa badasabwe visa.

Minisitiri w’intebe Dr Nsengiyumva kandi yagaragaje ikindi Leta iri gukora ari ukurwanya ba rusahurira mu nduru b’abacur...
06/06/2026

Minisitiri w’intebe Dr Nsengiyumva kandi yagaragaje ikindi Leta iri gukora ari ukurwanya ba rusahurira mu nduru b’abacuruzi bashobora kuzamura ibiciro ku masoko.

Ati “Turashishikariza Abanyarwanda kumenya gukoresha neza uburyo bafite bakoresha aho bishoboka bagakoresha imodoka za rusange ndetse bakanirinda kudasesagura kandi bakamenya no kuzigama umusaruro w’ibyo bejeje”.

Yijeje abanyarwanda ko Guverinoma izakomeza kubungabunga izamuka ry’ibiciro ndetse inababwire aho ihindagurika ry’ibiciro rijyeze ku gihe ku gira ngo ibintu bitazajya biza bikabitura hejuru nta makuru bafite.

Minisitiri w’Intebe Dr Nsengiyumva yabwiye abanyarwanda ko Leta izi neza ko ikiguzi cy'imibereho cyazamutse ikaba izi ne...
06/06/2026

Minisitiri w’Intebe Dr Nsengiyumva yabwiye abanyarwanda ko Leta izi neza ko ikiguzi cy'imibereho cyazamutse ikaba izi neza ko birimo kugira ingaruka ku mibereho y’Abanyarwanda kandi ko Leta ibireba ikaba irimo gukora ibishoboka byose kugira ngo ikiguzi cy’ubuzima kidakomeza kubaremerera cyane.

Ati “Turasaba Abanyarwanda kudakuka umutima, hari ikibazo ku Isi kandi Leta izahangana nacyo nka Leta ibicuruzwa bizakomeza kuboneka ku isoko. Nubwo mazutu na Lisansi bizazamuka Leta izakora uko ishoboye iboneke ariko ntibure mu gihugu."

“Impamvu Leta yashyize nkunganire cyane kuri Mazutu nuko ariyo ikoreshwa cyane mu nganda ndetse no mu modoka nyinshi zit...
06/06/2026

“Impamvu Leta yashyize nkunganire cyane kuri Mazutu nuko ariyo ikoreshwa cyane mu nganda ndetse no mu modoka nyinshi zitwara abagenzi”. Minisitiri w’Intebe Dr Nsengiyumva yavuze ko kuri Lisansi nta nkunganire ya Leta ishyiramo.

Minisitiri w’Intebe Dr Justin Nsengiyumva yasabye abanyarwanda kumenya ibihe barimo uko bimeze kugira ngo babashe guhang...
06/06/2026

Minisitiri w’Intebe Dr Justin Nsengiyumva yasabye abanyarwanda kumenya ibihe barimo uko bimeze kugira ngo babashe guhangana n’ingaruka z’ibi bihe bitoroshye isi Irimo ihangana n’ingaruka z’intambara yo mu burasirazuba bwo hagati.

Minisitiri w’Intebe yavuze ko nubwo mazutu yazamutse ndetse na Lisansi ishobora kongera kuzamuka Leta y’u Rwanda izakomeza guhangana n’ingaruka z’ibi bibazo kugira ngo ingaruka zitagera ku muturage wo hasi.

“Iri zamuka rya Mazutu ryatangajwe ku mugoroba wo kuwa Gatanu Leta yashyizemo nkunganire ingana na 18,26% kuko iyo itaza...
06/06/2026

“Iri zamuka rya Mazutu ryatangajwe ku mugoroba wo kuwa Gatanu Leta yashyizemo nkunganire ingana na 18,26% kuko iyo itaza gushyiramo nkunganiro iba yatangaje ko Litiro 1 igeze ku giciro cya 3581frw." - Minisititi w’intebe Dr Justin Nsengiyumva yavuze ko Leta izakomeza gushyira nkunganire ku biciro by’ibikomoka kuri Peterori.

Minisitiri w’Intebe Nsengiyumva arimo kugirana ikiganiro n’itangazamakuru. Iki kiganiro kiribanda ku ishusho rusange y’u...
06/06/2026

Minisitiri w’Intebe Nsengiyumva arimo kugirana ikiganiro n’itangazamakuru. Iki kiganiro kiribanda ku ishusho rusange y’ubukungu bw’u Rwanda n’ingaruka z’ibibazo byo mu Burasirazuba bwo Hagati ku bukungu bw'Igihugu.

06/06/2026

Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva, hamwe n’Abayobozi bo mu nzego zitandukanye za Leta ubwo bageraga ahagiye kubera ikiganiro n’itangazamakuru kiragaruka ku ngingo zitandukanye zireba ubuzima bw’Igihugu.

Iki kiganiro kiribanda ku bukungu n’izindi gahunda za Leta zigamije guteza imbere imibereho y’Abanyarwanda.

Address

Kigali

Opening Hours

Monday 08:00 - 17:00
Tuesday 08:00 - 17:00
Wednesday 08:00 - 17:00
Thursday 08:00 - 17:00
Friday 08:00 - 17:00

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Kigali Today posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Business

Send a message to Kigali Today:

Share