06/06/2026
Abanyarwanda batuye muri Senegal bagaragarijwe uburyo Igihugu cyabo gikomeje gutera intambwe ishimishije mu nzego zitandukanye zirimo n'urw'ubuzima binyuze muri gahunda yo kubaka ubukerarugendo bushingiye ku buvuzi no kunoza ireme ry’ubuvuzi bwo ku rwego rwisumbuye.
Ni ibyagarutsweho ubwo Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi Amb. Christophe Bazivamo hamwe n’abasenateri Bibiane Ndiaye Gahamanyi na Dr Charles Murigande babonanaga n’Abanyarwanda batuye muri Senegal mu gikorwa cy’ibiganiro n’ubusabane cyiswe ‘Meet and Greet’ kigamije gusangiza abanyarwanda amakuru y’igihugu cyabo.
Zimwe mu ntambwe zishimishije Ambasaderi Christophe Bazivamo yagarutseho harimo izijyanye n’uburezi, aho ubu igihugu gisigaye cyakira umubare munini w’abanyamahanga baza kuhiga; mu ubuzima, aho ubu u Rwanda rukomeje gahunda yo kubaka ubukerarugendo bushingiye ku buvuzi no kunoza ireme ry’ubuvuzi bwo ku rwego rwisumbuye; mu bubanyi n’amahanga, ubutwererane ndetse n’ubucuruzi, aho ubu u Rwanda rwafunguriye amarembo abanyafurika bose barugana bakirwa badasabwe visa.