Gani Jd.

Gani Jd. friends welcome to my page Gani love's u.

13/02/2018

1 Pet 3:8-17
[8]Ibisigaye, mwese muhuze imitima, mubabarane kandi mukundane nk'abavandimwe, mugirirane imbabazi mwicisha bugufi mu mitima.
[9]Ntimukiture umuntu inabi yabagiriye cyangwa igitutsi yabatutse, ahubwo mumwiture kumusabira umugisha kuko ari byo mwahamagariwe, kugira ngo namwe muragwe umugisha.
[10]Kuko byanditswe ngo“Ushaka gukunda ubugingo,No kubona iminsi myiza,Abuze ururimi rwe rutavuga ikibi,N'iminwa ye itavuga iby'uburiganya.
[11]Kandi azibukire ibibi akore ibyiza,Ashake amahoro, ayakurikire kugira ngo ayashyikire.
[12]Kuko amaso y'Uwiteka ari ku bakiranutsi,N'amatwi ye ari ku byo basaba.Ariko igitsūre cy'Uwiteka kiri ku nkozi z'ibibi.”
[13]Mbese ni nde uzabagirira nabi nimugira ishyaka ry'ibyiza?
[14]Icyakora, nubwo mwababazwa babahōra gukiranuka, mwaba muhiriwe. Ntimugatinye ibyo babatinyisha kandi ntimugahagarike imitima,
[15]ahubwo mwubahe Kristo mu mitima yanyu ko ari we Mwami, kandi mube mwiteguye iteka gusubiza umuntu wese ubabajije impamvu z'ibyiringiro mufite, ariko mufite ubugwaneza, mwubaha
[16]kandi mufite imitima itabacira urubanza, kugira ngo nubwo babasebya batuka ingeso zanyu nziza zo muri Kristo bamware.
[17]Ibyiza ni uko mwababazwa babahōra gukora ibyiza niba ari byo Imana ishaka, kuruta ko mwababazwa babahōra gukora ibibi.

06/01/2018

Hari umukobwa wahuriye n'umuhungu mu
rugendo , uwo musore yaka numero umukobwa
arayimuha , mu nzira amugurira buri cyose
yifuzaga , bageze iyo baviramo buri wese akomeza
inzira ye , bakajya bakomeza kuvugana , rimwe na
rimwe umuhungu akamusohokana ! Umukobwa aza
kubwira inshuti ze ko yiboneye uwo yaka buri
cyose akakimuha , izo nshuti ze ziramubwira ziti
muhamagare twumva , wa mukobwa ahita
ahamagara wa muhungu aramubwira ati : " ndi mu
rugo kandi ndumva nshaka kujya muri salon nta
frw mfite , knd nashakaga no gusohokana n'inshuti
zanjye " wa muhungu amwoherereza frw
anamubwira ko natamuhaza amubwira
akamwongerera andi ! Inshuti ze zihita zimubwira
ziti nibyo koko witomboreye umugabo !
Nimugoroba wa muhungu ahamagara umukobwa
amubaza aho ari n'aho ashaka gusohokera ,
umukobwa arahamubwira , amwoherereza imodoka
yo kumufata we n'inshuti ze basangayo wa
muhungu , barariye barishimisha barangije
barataha ! Umunsi wa kabiri wa muhungu
ahamagara wa mukobwa amubwira ko ashaka ko
bavugana ariko aze wenyine , wa mukobwa
yikoraho ajya kureba wa muhungu , agezeyo wa
muhungu ahita amubwira ati " Nakunze umwe muri
za nshuti zawe wa wundi w'inzobe , ndagusaba ko
wabimumbwirira kandi ukamubwira ko ntafite
gahunda yo kumukinisha gusa ahubwo nshaka no
kumurongora " wa mukobwa ahita avuga : " njyewe
se ? " umuhungu ati wowe iki ? Umukobwa ati njye
se uzanshyira he ? Niko kundeka se ? Umuhungu
ati sinigeze nkukunda urwo rukundo , nagufataga
nk'inshuti gusa niyo mpamvu ntigeze nkuganiriza
k'urukundo , kuko njye iyo nkunze umuntu mpita
mbimubwira , hashize amezi atatu tumenyanye ,
sindagukoraho na rimwe , keretse wenda
kugusuhuza nk'uko inshuti zose zisanzwe
zisuhuzanya , sinigeze nkugeza iwanjye kuko
numvaga ko ugomba kuhamenya ari umugore
wanjye gusa ! Umukobwa ari kurira ahita amubaza
ati none se ko wampaga ibintu ? Wa muhungu
araseka aramubwira ati : " sinaguhongaga
nabiguhaga nk'inshuti , kuko nta mpamvu yari
gutuma ntabiguha knd mbifite , ntunakeke ko
nindongora iriya nshuti yawe , ukagira icyo unsaba
nzakikwima , oya nzakiguha ariko ntukeke ko
nzakurutisha umugore wanjye , umugore wanjye
nanyurwa n'ibyo namuhaye ubwo nawe uzabonaho
" ! Umukobwa aramubwira ati sinshobora kubibwira
inshuti zanjye zanseka kuko ziziko uri inshuti
yanjye , wakomeje ukankunda koko ? Umuhungu
ati sinshobora kugukunda nk'uzambera umugore ,
ibyo byiyumviro ntabyo nkufiteho , kandi witinya
kubibabwira , uzababwire ko wansobanukiwe nabi ,
bazakubembeleza , baguhoze aho kugirango
wicecekere ! Kuko njye ni mpura n'inshuti yawe
nzayibwira ko nyikunda , ninyangira kubera gutinya
ko ndi muramu wayo nzayibwiza ukuri ko
nayigutumyeho ukanga kuntumikira , aho niho
inshuti zawe zizaguseka , gusobanukirwa nabi si
ikibazo , ikibazo ni ugukomeza gushaka
gusobanukirwa nabi kandi wamenye ukuri ! Wa
mukobwa aramubaza ati : " nonese kuki utankunze
knd arinjye wabonye bwa mbere ? " wa muhungu
aramubwira ati : " si ngombwa ko buri icyabanje
cyose kigira akamaro , hari ibigira akamaro knd ari
ibyo hagati cyangwa ari ibihera , icy'ingenzi ni
ukudahubuka mu gufata ibyemezo , ariko ubundi
nkubaze ? Wa mukobwa ati mbaza , wa muhungu
ati : ubu uracyafite ubukobwa bwawe ( ubusugi )
wa mukobwa ati Oyaa , umuhungu ati ninde
wabukuvanyeho ? Umukobwa ati ni umukunzi
wanjye wa mbere , umuhungu ati aracyariho cg
yarapfuye ? Umukobwa ati arahari yifitiye undi
mukunzi , umuhungu aramubwira ati : " KUKI
UTIGEZE UMUBWIRA NGO AKURONGORE WE
WABANJE KUKUMENYA UGASHAKA KO NJYE
WABANJE KUMENYA KO WIKUNDIRA IRAHA ABE
ARI NJYE UGUSHAKA ? iriya nshuti yawe niyo
yitonda mu nshuti zawe zose , kuko
naramugenzuye , kenshi yakundaga kuba yicaye
wenyine , twaba dutashye akambwira ngo
muritahana murugo si kure , ariko mwese
mwaramusekaga mumubwira muti akazi k'umugabo
ni iki ? Si ukuduha frw ? Ese ubundi wamukuye he
ko mbona atandukanye namwe kure ? Wa
mukobwa ari kurira aramusubiza ati : " uriya ni
umukozi wacu , nkunda kujyana nawe kugira ngo
mu rugo badakeka ko mba ngiye mu bibi " , wa
muhungu aramubwira ati : " genda umbwirire
umukozi wanyu ko MUKUNDA CYANE AZE
IWANJYE AKORE AKAZI KO KUNKUNDA , NANJYE
NZAMUHEMBA URUKUNDO " !!! KANDA SHARE IBI
UBISANGIZE INSHUTI ZAWE ZOSE!

28/07/2017

Yakobo :1:12
Hahirwa umuntu wihanganira ibimugerageza, kuko namara kwemerwa azahabwa ikamba ry'ubugingo, iryo Imana yasezeranije abayikunda.

04/05/2017

IBINTU 10 BY'UMUMARO:
Ntukababazwe n'Ikibi Kikubayeho, kuko Uhakura
ubundi bumenyi Utatekerezaga ko Wagira.
Mugihe ibyo Wateganyaga kugeraho Byanze,
Ntukihebe ngo Uvuze induru, kuko Haba hari byinshi
Imana Ikurinze wowe Utabizi.
Umugore cga Umugabo Wishakiye Mukundana,
n'agukosereza Ntuzumve ko Ari Ishyano Rikugwiriye
kuko Ugomba no kumenya Uruhande rwe Rubi,
n'ubwo yakwerekaga urwiza gusa.
Urukundo Rurakomeye, Ariko N'ukunda Umusore
cga umukobwa we Rutamurimo, Ntugahatirize, kuko
Hari Uwo Ukunda nawe Agukunda Tegereza uwo.
Hari Abantu baza ku Isonga mu Gukundwa:
1.Nyina w'umuntu.
2.Se w'Umuntu.
3.Abavandimwe b'umuntu.
Ariko Umugore cga Umugabo; Boy-Friend, Girl-
Friend: Wawe Agufatiye Runini mu Buzima bwanyu
(wowe nawe) bwose musigaje kubaho mu Isi.
Ntukagire icyo Umurutisha, Udashyira Ubuzima
bwawe mu kaga.
N'usanga Baharabika mugenzi wawe,
Uzamuvuganire kuko n'uhava Niwowe
barakurikizaho, ntuzamenya Uzakuvuganira Aho
azava.
Ntuzagirire Ishyari mugenzi wawe kubyo Akoze
bikamuhira, Zirikana ko nawe Hari byinshi
Wakoranye n'abandi bo Bikanga wowe Bikemera.
N'Utera Intambwe ujyambere, Ujye Uzirikana
Ububi bw'ahabi Uvuye, Ntiwishimehejuru y'abo
usizeyo, ahubwo Ubafashe nabo baveyo, kuko Iby'isi
ni Zunguruka Abantu Barakenerana.
Ntugasuzugurire Umuntu mu minsi mibi
Umusanzemo, kuko Bucya Bucyana Ayandi ejo
Wamuyoberwa!
Gira neza Wigendere, Iyo Neza uzayisanga
imbere!
Tubifurije guhirwa nshuti bavandimwe,Uhoraho
atugirire neza mubyo dukora!

01/05/2017
The most powerful weapon in the world is the words of God
30/01/2017

The most powerful weapon in the world is the words of God

26/01/2017

*Quotes by King Yuhi V MUSINGA*

musinga ubwo abazungu bamusabaga kubatizwa yababajije icyo byamumarira nuko bati :bizagufasha kujya mwijuru, musinga ati abatarabatijwe nibazajyayo? umupadiri ati yego.
Musinga ati
*" IJURU NTAZASANGAMO RWABUGIRI INKOTANYI CYANE, SINSANGEYO RUGANZU CYAMBARANTAMA MURYIJYANIRE. "*

Ubwo yaragiye gusura abana bari baranze kuza mwitorero yarabajije ati ko mutakiza kwiga mwitorero abana bati nibyakera ibyo turimo kwiga ibijyezweho. Musinga ati
*" KO MUTAYE UBUNYARWANDA MUKABA MUTAZABA NABAZUNGU, UBWO NTIMURI INTITI? "*

intiti bikaba bivuga ibitoki byanze gushya iryo jambo rigahuza inyito nimitiryi. Bikaba ari ibitoki bitarwa ntibishye nyamara bikaba atari nabibisi.

Ngaho aho Ijambo INTITI mwirirwa mwiyitirira cg mwita abanyabwenge ryavuye.

08/01/2017

INAMA 10 ZAGUFASHA
KWIYUBAKAMO
UBUMUNTU NO GUTERA
IMBERE VUBA VUBA!!:

1.Igihe urakaye ntukihutire gufataicyemezo kuko
uyobowe n’uburakari kwiyobora aheza
biramugora.
2.Igihe ujijinganya utabona neza icyo gukora aho
guhuzagurika shaka akanya ko gutuza no
kwitaza abandi utekereze neza ubone igisubizo.
3.Igihe ubukene buguteye Runaka akakuguriza
amafaranga, jya uzirikana kumwishyura kandi
umwishyurira igihe kuko ari ejo ari ejobundi
uzongera umukenere burya ibibazo ni ibihoraho
wihemurwa n’ikibazo kizagaruka.
4.Nutera umukobwa inda, ntuziyumvishe ko
umuteye inda gusa ahubwo uzumve ko wowe
nawe mwatangiye urugendo rwo kuzana umuntu
mushya kuri iyi si. Aho guhunga no kwihakana
uwo wabeshyaga urukundo, shikama
nk’umugabo kandi wikureho umugayo wo
kuzagira umwana ukugaya.
5.Abakunegura bose siko baba bakubeshyera,
burya umuntu uzavuga intege nkeya zawe, aho
gushwana nawe uzagerageze kuba mwiza
kurushaho, nurangiza n’ibanga ryinshi umusabe
ko ikibi akubonyeho ajya akikubwira mu ibanga
ugikosore ataguteje rubanda.
6.Burya twese tuzapfa kandi tubitinya kimwe.
Ubabaye wese ubishoboye uzamufashe kandi
intwari mu gukunda mugenzi wayo isumba
intwari ijana mu kurasana.
7.Icyo ushoboye uzagikore kandi ugikunze cyane
cyane impano yawe uzirikane kuyikoresha uko
bikwiriye.
8.Ntago amafaranga akemura ibibazo byose mu
buzima, bityo rero uzirinde guhemuka kubera yo.
9.Kuba wowe ni wowe wa mbere bifitiye
akamaro. Igihe ushaka kwisuzugura
ntawuzakubaha kandi nutagaragaza akamaro
kawe kuri iyi si abandi bazaheraho
bakuzimanganya.
10.Ufite Impano n’ubwenge bihagije kugirango
ntiwicwe n’inzara kuri iyi si. Igihe utabona aho
kwerekeza, pfukama hasi usenge Imana niyo
Rumuri Rumurikira abatazigera bayoba.
Muri izi nama zose uko ari 10 ni iyihe
ikunyuze cyane?

23/11/2016

SOMA WIGE:

1.Burya Umuntu Nakubabaza Abigambiriye Nubwo Bigoye Ark Uzihangane Umusekere Kk Bizatuma Abona Ko Yakoze Ubusa.

2.Burya Umuntu Nakwita Imbwa Ntibizakubabaze Ahubwo Bizagutere Imbaraga Zo Gukora Cyane Ejo Utazava Aho Ugira Icyo Umusaba.

3.Burya Ntuzakore Ikosa Ryo Kwirengagiza Inshuti Yawe Kko Nubikora Izahita Yiga Kubaho Itagufite Kd Uzicuza.

4.Burya Ntamuntu Udakosa Bityo Nukosa Ntukumve Ko Waciye Inka Amabere Ahubwo Rijye Rigusigira Exprience Mubuzima.

5.Burya Ntuzigere Uzirikana Uwagukomerekeje Umutima Ahubwo Ujye Uzirikana Uwagufashije Kubana N' Icyo Gikomere.

6.Burya Ibitekerezo Byawe Nibwo Butunzi Bukomeye Utunze Bityo Nubitakaza Kubitagira Inyungu Uzakena.

7.Burya Aho Kubeshya Umuntu Ngo Agukunde Uzamubwize Ukuri Akwange Kk Namenya Ukuri Azarushaho Kugukunda.

8.Burya Abantu Turi Bantamunoza Bityo Nugera Aho Bamvuga Uzamvuganire Kko Nuhava Nawe Uzaba Igitaramo.

9.Burya Nugira Icyo Upfa Numuntu Uzirinde Kumutaranga Kk Isi Ntigira Impuhwe Ejo Yakongera Ikabahuza.

NDABAKUNDA

10/11/2016

*NTUGASUZUGURE BURI KINTU KANDI NTUGAKUNDE GUKEREREZA IBINTU*

Umurwayi umwe wari urwariye kwa muganga , yasuwe n'abavandimwe be , uwo murwayi yari arimo Bomboni ( oxygen ) ku bw'ibyo ntiyashoboraga kuvuga !
Ubwo abo bavandimwe bari iruhande rw'igitanda , uwo murwayi yafashe ikaramu n'urupapuro yandikaho ikintu ahereza umwe muri abo bamusuye , nawe arubika mu mufuka atarusomye , ibiganiro birakomeza !
Hashize iminota mike , umurwayi yahise apfa ! Wa muvandimwe wahawe urupapuro yahise aruvanamo kugira ngo amenye icyo wa murwayi yari yanditse , muzi icyabaye ? Ubutumwa yari yanditse ni ubu bukurikira : " Please egera ku ruhande gato , wakandagiye umugozi w'iyi oxygen , sinshobora guhumeka neza , uranyica " !!!

INYIGISHO

Ese turi mu batinza gusoma message ? Ese turi mu banga kwitaba phone ngo ni uko uduhamagaye tumuzi ?
* Birashoboka ko ubutumwa uri gutinza gusoma , ari ingenzi kuri wowe , cg se kuri mugenzi wawe uri mu bihe bikomeye !
* Ni byiza ko twajya duha agaciro ibintu , niduhamagarwa twitabe , nitwandikirwa dusome !

07/11/2016

_*ISOMO RY'UMUNSI*_

```Umwalimu yategetse abanyeshuri be
kuzana inyanya mugasakoshi ka
plastique. Abwira buri munyeshuri
kwita buri runyanya izina ry'umuntu
yanga. Bukeye buri mwana azana
inyanya zingana n'abantu yanga.
Ubwo hari abazanye rumwe, ebyiri, ...
, n'abazanye 30 kuzamuka. Hashize
icyumweru bazigendana. Umwalimu
ababaza uko byagenze. Buri wese
akavuga ko byaboze bikajya bigenda
bibanukira. Abazanye byinshi bo
bavuga ko uretse umunuko
n'umunaniro wari uri mu kubahitana
kuko byari biremereye. Umwalimu
afata ijambo: " uko byabavunye
bikabanukira niko no mu mitima
yanyu bimeze. Tekereza nawe ibintu
mwinubiye mu cyumweru kimwe gusa
mukaba mubigendana imyaka yanyu
yose mu mutima. Nimwige kubabarira
abantu mwanga mubakunde kugira
ngo musukure imitima yanyu ye no
kuremererwa. Umutima ni umurima
mwiza ugomba gukorerwa isuku buri
kanya kuko ugomba kweramo imbuto
nziza zisukuye z'urukundo." Uwiteka
abiteho abahe n'imbaraga zo
kubabarira bagenzi banyu!```

*_Jadon_*

05/11/2016

Umukiranutsi ni umuntu wubaha Imana, ni
umuntu Imana yishimira , ni umuntu Imana
ihamiriza, ni umuntu utazacirwaho n’ iteka,
n’umunyamugisha kubwo gukiranuka kwe
Urugero (Abrahamu), ni umuntu ukorana n’
Imana.
Ni umuntu satani adakunda ahora
agerageza ashaka kumugusha no
kumusitaza ngo arebe ko yamukura ku
Mana, mu masezerano, ngo amuvutse
ubugingo ( Urugero:Daniyeli, Saduraka,
Meshaki n’ Abedenego( Twibuke twese
inkuru za Yubu) Ariko ijambo ry’ Imana
riratubwira ngo dore Imana ntizata
umuntu w’ intungane kandi ntizaramira
inkozi z’ ibibi, rikongera rikatubwira ngo
ibyago n’amakuba by’umukiranutsi ni
byinshi ariko Uwiteka amukiza muri
byose.
Umukiranutsi ni umuntu Imana ihora
igirira neza, imwibuka (zaburi 112:6
Umukiranutsi azibukwa iteka ryose).
Nawe ahora yiringiye Uwiteka uko
byamera kose ntakangwa no gutontoma
kw’ intare. Uwiteka amuha umugisha
akamugotesha urukundo rwe nk’ ingabo.
Uwiteka yumva gutaka kwe (Urugero
Koruneliyo), amukiza ibyago n’amakuba
bye byose (Zaburi 34:18), Uwiteka
aramuramira muri byose. Zaburi
iratubwira ngo Umukiranutsi azashisha
nk’umukindo, azashyirwa hejuru nk’
umwerezi w’ i Lebanoni. Mbega
umukindo ushishe ukuntu ubusa neza !
Mbega ibyo biti by’ i Lebaboni ukuntu ari
biti byiza birebire, bisumba ibindi, mbega
ukuntu ari byiza kuba umutwe ntube
umulizo!
Icyampa tukaba abakiranutsi b’ Imana mu
bihe nkibi biruhije umugenzi ujya mw’
ijuru. Ese niki cyaba kitubujije
gukiranukira Imana? Byaba se ari
uburwayi bugutinzeho? Byaba se ari
ubukene? Byaba se ari amasezerano
twibwira ko atazasohora, gutegereza
Imana bikaba bitunaniye? Byaba se ari
ubukire? Byaba se ari ibyubahiro
dushaka? Byaba se ari icyaha
cyatwizingurikijeho twananiwe kureka?
Byaba se ari urugo uwo mwashakanye
ukubujije gukiranukira Imana cyangwa
Umwana wabyaye? Byaba se ari abo mu
itorero usengeramo ? Cyangwa
abaturanyi? Byaba se ari amateka yibyo
wanyuzemo? Cyaba se ari icyacumi
n’amaturo? Byaba se ari urukundo
rwakayutse? Kutita ku mfubyi ,
abapfakazi n’abakene?
Ibyo byose ndakwinginze mugenzi ujya
mw’ Ijuru ntibikubuze ijuru cyangwa ngo
bigukereze mu rugendo, kuko ibyo
turebesha amaso ibyo twumvisha amatwi
nibyo twifuza niby’ akanya gato.
Duharanire kunyura mu irembo
rifunganye, tube maso kuko tutazi umunsi
n’isaha. Komeza ikamba ryawe hatagira
urikunyaga. Gukiranuka ni ngombwa
kandi birakwiye, tugerageze gukora ibyo
Imana yishimira, kuko ikiza umuntu akora
kimuhesha kugiriwa neza n’ Imana;
ikigeretseho ngo umukiranutsi azareba
mu maso h’ Imana (zaburi 11:7) icyampa
njyewe nawe tukazareba mu maso h’
Imana.
Imana idutabare kandi iduhe imbaraga.
Umuririmbyi aravuga ngo Mana nkuko
wafashaga ba sogokuruza niko natwe
uzadufasha mu Myaka iri imbere. Yesu
atugirire neza kuko mu gukiranukira
Imana harimo imigisha igera no ku
rubyaro rwacu. Dusabe nka Dawudi
wasabye Uwiteka kumukomereza
gukiranuka.
Amahoro y’ Imana abane natwe kandi
dufatane amaboko dusabirane.

Address

Kigali

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Gani Jd. posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Share

Category