KT Radio

KT Radio KT Radio is an independent news, information and entertainment radio station founded in July 2012 to run a web-based and FM radio.

29/07/2025

VIDEO – Urubyiruko rwitabiriye amahugurwa azwi nka ‘Dreamers Academy Camp’ yatewe inkunga na Banki ya NCBA, rurashimira iyo Banki kubera ubumenyi rwungutse mu byerekeranye n’imari, gucunga neza amafaranga, gukora igenamigambi no kudasesagura, ahubwo bakizigamira bagamije gutegura ahazaza habo heza.

Kuba Ambasade y’u Rwanda muri RDC yaratwitswe, bigakorwa na Leta ya Congo amahanga arebera ntihagire ababyamagana, biri ...
29/07/2025

Kuba Ambasade y’u Rwanda muri RDC yaratwitswe, bigakorwa na Leta ya Congo amahanga arebera ntihagire ababyamagana, biri mu byo u Rwanda rwasabye ko ruhabwa icyizere cy’uko bitazongera gukorwa. Ibi Minisitiri Nduhungirehe, yabibwiye Abadepite ubwo basuzumaga ibyerekeranye n’amasezerano y’amahoro hagati ya RDC n’u Rwanda, yashyiriweho umukono i Washington, tariki 27 Kamena 2025.

Imiterere y’umurimo mu mwaka wa 2025, (LFS 2025 Q2) igaragaza ko igipimo cy’ubushomeri mu Rwanda cyagabanyutseho 3.4% ah...
29/07/2025

Imiterere y’umurimo mu mwaka wa 2025, (LFS 2025 Q2) igaragaza ko igipimo cy’ubushomeri mu Rwanda cyagabanyutseho 3.4% aho kiri ku kigero cya 13.4% ugereranyije na 16.8% cyariho mu 2024, (LFS 2024 Q2) ndetse urwego rwa serivisi nirwo rwiganje mu gutanga akazi ugereranyije n’izindi.

Mu bushakashatsi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurushamibare, bugaragaza ko mu gihembwe cya kabiri cya 2025, abantu 5 mu 10 bafite imyaka yo gukora, ni ukuvuga imyaka 16 kuzamura bafite akazi.

Ubushakashatsi bwa NISR, bugaragaza ko igipimo cy’abaturage bafite akazi (Employment-to-Population Ratio - EPR) cyazamutse kigera kuri 53.8% muri Gicurasi 2025, kivuye kuri 52.0% muri Gicurasi 2024.

Abagabo bafite akazi bari kuri 61.7% mu gihe abagore ari 46.8%, naho abafite imyaka 31 kuzamura bikubiye imirimo ugereranyije n’abafite hagati y'imyaka 16 na 30 bangana na 49.1%.

Ikinyuranyo cy’uburinganire hagati y'abagore n'abagabo mu mirimo, NISR igaragaza ko muri Gicurasi 2025, cyari kuri ku gipimo cya 14.9% kikaba cyaragabanutseho gato 0,9% ugereranyije na Gicurasi 2024.

Muri Gicurasi 2025, umubare w'abagore badafite akazi, wari kuri 15.3% ugereranyije n'uw'abagabo aho bari kuri 11.8%. Urubyiruko nirwo rugize umubare munini w'abashomeri aho bangana na 15.4% ugereranije n'abakuru bari kuri 12.1%. Mu gihe igipimo cy’ubushomeri mu cyaro ari 13.3%, mu Mujyi kikaba 13.7%.

Kubera iki muri iyi minsi abasore bakiri bato barimo gukundana cyane n'abagore babaruta mu myaka? Ni ikihe cyiza cyabyo?...
29/07/2025

Kubera iki muri iyi minsi abasore bakiri bato barimo gukundana cyane n'abagore babaruta mu myaka? Ni ikihe cyiza cyabyo? Ese ubundi hari ikibazo biteye? Tubwire icyo ubitekerezaho muri Boda 2 Boda hamwe na Shyne Andrew

29/07/2025

VIDEO - Umubyinnyi w'Umunyarwandakazi, Sherrie Silver yahuye na Perezida Paul Kagame nyuma y'igitaramo cyo gutangiza ku mugaragaro iserukiramuco rya Giants of Africa.

Sherrie Silver n'abana atoza kubyina binyuze mu muryango yashinze wamwitiriye, bari mu basusurukije abitabiriye iri serukiramuco riri kubera mu Rwanda ku nshuro ya Kabiri.

It's a beautiful Tuesday! Where are you listening KT Radio from? Welcome to Boda 2 Boda show with Shyne Andrew
29/07/2025

It's a beautiful Tuesday! Where are you listening KT Radio from? Welcome to Boda 2 Boda show with Shyne Andrew

29/07/2025

VIDEO - Banki ya NCBA yateye inkunga igikorwa cyitwa ‘Dreamers Academy Beginner's Camp’ gihuriza hamwe urubyiruko rugakora ibiganiro mpaka, ndetse rugahabwa ubumenyi ku byerekeranye n’ubuyobozi (Leadership).

Muri ibyo biganiro, Banki ya NCBA yahaye urwo rubyiruko ubumenyi mu by’imari kugira ngo mu bihe bizaza bazabashe gufata ibyemezo binoze mu gucunga imari, kuyobora neza, no guteza imbere imiryango yabo n'Igihugu.

KT PARADE: Ese uwo mwahoze mukundana  agutumiye mu bukwe bwe wabutaha? Ese wowe ubundi ukoze ubukwe wamutumira? Tuganire...
29/07/2025

KT PARADE: Ese uwo mwahoze mukundana agutumiye mu bukwe bwe wabutaha? Ese wowe ubundi ukoze ubukwe wamutumira? Tuganire hamwe na Umukazana na Osée

CASH ON PARADE: Ni ikihe kintu kiremereye wigeze guhomba kubera ko utari ufite amafaranga?
29/07/2025

CASH ON PARADE: Ni ikihe kintu kiremereye wigeze guhomba kubera ko utari ufite amafaranga?

Vincent Nyirigira, ushinzwe guteza imbere ikoranabuhanga muri REB yamaze impungenge abarimu bataragerwaho na mudasobwa b...
28/07/2025

Vincent Nyirigira, ushinzwe guteza imbere ikoranabuhanga muri REB yamaze impungenge abarimu bataragerwaho na mudasobwa bemerewe abarimu mu rwego rwo kubafasha mu myigishirize yabo, avuga ko gahunda ikomeje ariko iyo bigiye gukorwa harebwa niba ishuri ryujuje ibisabwa birimo umuriro ndetse n'ibyumba bishyirwamo murandasi.

Yagize ati: "Mudasobwa zemerewe abarimu, bijyanye na guhunda yo gushyira ibikoresho by'ikoranabuhanga mu mashuri birakomeje. REB rero nk'urwego rushinzwe uburezi bw'ibanze rukora ibishoboka byose kugira ngo ibikoresho by'ikoranabuhanga bigere mu mashuri n'abarimu bashobore kuba bakoresha ibyo bikoresho."

Vincent yakomeje agira ati: "N'ubu turi kongera ibyo bikoresho kugira ngo bibagereho ari benshi. Ariko iyo dutanga bino bikoresho mu byukuri hari ibyo tugenderaho, tureba ko ishuri ryujuje ibisabwa birimo nk'umuriro, kureba ko hari ibyumba bishobora kuba byahyirwamo murandasi na mudasobwa, kugira ngo abarimu babigereho."

Theoneste Ndayisenga, washinze akaba n'umuyobozi  wa Global Nexus Institute yavuze ko nka ba rwiyemezamirimo, bimwe mu b...
28/07/2025

Theoneste Ndayisenga, washinze akaba n'umuyobozi wa Global Nexus Institute yavuze ko nka ba rwiyemezamirimo, bimwe mu byo bakwiye gufasha Leta mu guteza imbere ikoranabuhanga mu burezi, harimo no gufata iya mbere mu gukora ubukangurambaga ku bantu bose bari mu burezi cyane cyane abarimu n'abanyeshuri.

Yagize ati: "Icyo twakora harimo ubukangurambaga, abarimu bakamenya ko ikoranabuhanga rihari kugira ngo baryifashishe riborohereze akazi kuko iyo urikoresha burya ntabwo uvunika nk'umuntu utarikoresheje. Ikindi ni ukubwira abanyeshuri ko ikoranabuhanga rihari kugira ngo ribafashe kwiga neza, kuko urikoresheje bigufasha kumenya ibyo mwarimu yaguhaye ndetse ukanarenzaho."

Theoneste yavuze ko n'ubwo ikoranabuhanga rifasha umunyesuri gukora neza imikoro yahawe na mwarimu, agomba kuzirikana ko ritagomba gusimbura ubushobozi mu bwenge.

Ati: "Hari igihe ushobora guha umunyesuri umukoro wo mu rugo, agakoresha ikoranabuhanga rikamuha ibisubizo akabitanga nk'ibisubizo bye, bigatuma adakura mu buryo bw'ubushobozi n'ubwenge. Ariko ikoranabuhanga rirahari kugira ngo aryifashishe aho kugira ngo rimukure mu mwanya."

Casmir Manirareba, Umuyobozi wungirije muri Saint Paul international school, yavuze ko ikoreshwa ry'ikoranabuhanga mu ma...
28/07/2025

Casmir Manirareba, Umuyobozi wungirije muri Saint Paul international school, yavuze ko ikoreshwa ry'ikoranabuhanga mu mashuri, ritanga umusaruro mu myigire y'abana by'umwihariko mu gukora imyitozo, kureba amasomo mu buryo bw'amashusho cyangwa kuyumva mu buryo bw'amajwi.

Yavuze kandi ko ikoranabuhanga rifasha cyane n'abarimu mu gutegura amasomo yabo no gukora raporo cyangwa kwegeranya amanota y'uburyo abana batsinze amasomo ndetse rikanabafasha kungurana ibitekerezo n'ababyeyi.

Address

Kigali

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when KT Radio posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Business

Send a message to KT Radio:

Share

Category