KT Radio

KT Radio KT Radio is an independent news, information and entertainment radio station founded in July 2012 to run a web-based and FM radio.

08/06/2026

Urukundo rwa Lewis Hamilton na Kim Kardashian rugeze aharyoshye ndetse ntibakibihisha aho by'umwihariko kuri iki cyumweru Kardashian yari yaje gushyigikira umukunzi we muri Grand Prix ya Monaco aho Hamilton ukinira ikipe ya Ferrari, yaje ku mwanya wa Kabiri nyuma ya Kimi Antonelli wa Mercedes waje kuyegukana.

Police FC yasezereye bakinnyi batanu barimo Byiringiro Lague, Allan Kateregga, David Chimezie, Henry Msanga na Richard K...
08/06/2026

Police FC yasezereye bakinnyi batanu barimo Byiringiro Lague, Allan Kateregga, David Chimezie, Henry Msanga na Richard Kirongozi aho yabashimiye imikoranire bagiranye.

07/06/2026

Ikipe y’Igihugu ya Malawi y’abagore mu mukino wa Cricket yamaze kugera i Kigali mu Rwanda, aho ije kwitabira irushanwa mpuzamahanga ryo Kwibuka rya Women’s T20I Tournament 2026.

Urubyiruko rwambaye impuzankano zitandukanye zirimo iza RDF, Polisi y’Igihugu, RIB na DASSO rwitabiriye Ihuriro ry’Igiha...
07/06/2026

Urubyiruko rwambaye impuzankano zitandukanye zirimo iza RDF, Polisi y’Igihugu, RIB na DASSO rwitabiriye Ihuriro ry’Igihango cy’Urungano, rigaragaza ubufatanye n’uruhare rw’urubyiruko mu iterambere ry’Igihugu.

Ikipe ya Police HC yegukanye igikombe cy’irushanwa ryo   mu bagabo itsindiye APR HC ku mukino wa nyuma ibitego 32-27.Igi...
07/06/2026

Ikipe ya Police HC yegukanye igikombe cy’irushanwa ryo mu bagabo itsindiye APR HC ku mukino wa nyuma ibitego 32-27.

Igice cya mbere cy’uyu mukino cyarangiye Police HC ariyo iyoboye umukino n’ibitego 16-14.

Irushanwa nk’iri mu 2025 ryari ryegukanywe n’ikipe ya Equity HC yo muri Kenya itsindiye Police HC ku mukino wa nyuma ibitego 28-26.

07/06/2026
Ikipe ya Kiziguro SS yegukanye igikombe cy’irushanwa ryo   mu cyiciro cy’abagore itsindiye ESC Nyamagabe ku mukino wa ny...
07/06/2026

Ikipe ya Kiziguro SS yegukanye igikombe cy’irushanwa ryo mu cyiciro cy’abagore itsindiye ESC Nyamagabe ku mukino wa nyuma ibitego 27-26.

Igice cya mbere cyarangiye ikipe ya ESC Nyamagabe iyoboye umukino n’ibitego 10-9 mu gihe ikipe ya Kiziguro SS yitwaye neza mu gice cya kabiri yatsinzemo ibitego 17 kuri 16 bya ESC Nyamagabe yegukana igikombe.

Irushanwa nk’iri mu 2025 ryari ryegukanywe n’ikipe ya Gorillas itsinze UPDF yo muri Uganda ku mukino wa nyuma ibitego 44-36.

Ni irushanwa riri gukinwa mu rwo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Amakipe ya APR HC na Police HC yageze ku mukino wa nyuma w'Irushanwa ryo   muri Handball riri gukinwa kuva ku wa Gatanu ...
07/06/2026

Amakipe ya APR HC na Police HC yageze ku mukino wa nyuma w'Irushanwa ryo muri Handball riri gukinwa kuva ku wa Gatanu w'ikipe kugeza kuri iki Cyumweru mu bagabo n'abagore.

Ikipe ya APR HC yageze ku mukino wa nyuma, isezereye ikipe ya Ndejje University muri 1/2 aho yayitsinze ibitego 39-28 mu gihe Police HC yagezereye PEVIC yatsinze ibitego 41-33 aya makipe akaba arahurira ku mukino wa nyuma uteganyijwe gutangira Saa Kumi n'Imwe z'umugoroba.

Mu bagore, ikipe ya Kiziguro yageze ku mukino wa nyuma isezereye Ndejje University muri 1/2 iyitsinze ibitego 39-25 naho ESC Nyamagabe isezerera UR Rukara iyitsinze ibitego 38-23, aho amakipe yombi agomba guhurira ku mukino wa nyuma kuri iki Cyumweru Saa Cyenda zuzuye muri Petit Stade Amahoro aho kwinjira muri iyi mikino yose ari ubuntu.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye, yitabiriye inama ya 95 y’Inteko Rusange y’Itsinda ry’Ibihugu...
07/06/2026

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye, yitabiriye inama ya 95 y’Inteko Rusange y’Itsinda ry’Ibihugu 30 (Group of Thirty – G30), yabereye i Cape Town muri Afurika y’Epfo kuva ku wa 3 kugeza ku wa 6 Kamena 2026.

Iyi nama yakiriwe na Banki Nkuru ya Afurika y’Epfo (South African Reserve Bank), ihuriza hamwe abayobozi ba za banki nkuru, abafata ibyemezo bya politiki z’ubukungu ndetse n’abayobozi b’imiryango mpuzamahanga, bagamije kuganira ku buryo bwo gukomeza gushimangira ubukungu mu gihe isi iri kugenda irushaho gucikamo ibice mu by’ubukungu n’imibanire.

Muri iyi nama kandi habereye igikorwa cyo Kwibuka Tito Mboweni mu kumuha nka Guverineri wa mbere w’umwirabura wa Banki Nkuru ya Afurika y’Epfo nyuma y'intambara yo kurywanya ivangura rishingiye ku ruhu (apartheid).

Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mathilde Mukantabana, ari na we Muyobozi w’Abadipolomate ba Afu...
07/06/2026

Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mathilde Mukantabana, ari na we Muyobozi w’Abadipolomate ba Afurika muri Amerika (Dean of the African Diplomatic Corps), afatanyije na bagenzi be bahagarariye ibihugu bya Afurika ndetse n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yayoboye umuhango wo kwizihiza Umunsi wa Afurika wabereye i Washington, D.C.

Uyu muhango wagaragaje umwanya ukomeye Afurika igezeho mu mateka, aho yizihiza imyaka 63 ishize ibonye ukwishyira ukizana kw'ibihugu byinshi byari byalakolonijwe. Ni umuhango kandi wahuriranye no kwizihiza imyaka 250 Leta Zunze Ubumwe za Amerika zimaze zibonye ubwigenge.

Umunsi wa Afurika [Africa Day] wizihizwa buri mwaka ku wa 25 Gicurasi, hakazirikanwa ishingwa ry’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika (Organization of African Unity - OAU) waje kuvamo Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU). Washinzwe ku wa 25 Gicurasi 1963, ukaba wizihizwa mu bihugu bitandukanye bya Afurika ndetse no mu bindi bice by’isi.

Uyu mwaka, kwizihiza uyu munsi byaranzwe n’ubutumwa bushimangira ko Afurika ifite uruhare runini mu miyoborere y’Isi no mu iterambere ryayo, kandi ko ubufatanye n’ibindi bice by’Isi, by’umwihariko Amerika, bukomeje kuba inkingi y’iterambere rirambye.

Address

Kigali

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when KT Radio posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Business

Send a message to KT Radio:

Share

Category