KT Radio

KT Radio KT Radio is an independent news, information and entertainment radio station founded in July 2012 to run a web-based and FM radio.

16/10/2025

VIDEO – Abantu benshi barimo abayobozi muri Guverinoma, abo mu miryango itari iya Leta, inshuti, abavandimwe, berekeje ku irimbi rya Rusororo bajyanywe no guherekeza Ingabire Marie Immaculée wari umuyobozi w’umuryango Transparency International Rwanda urwanya ruswa n’akarengane, uherutse kwitaba Imana.

Amabanki arimo kugenzurwa na Leta nyuma yo kugaragara ko yunguka inyungu z’umurengera, ariko abakiriya bayo bakaviramo a...
16/10/2025

Amabanki arimo kugenzurwa na Leta nyuma yo kugaragara ko yunguka inyungu z’umurengera, ariko abakiriya bayo bakaviramo aho.

Urwego rw’amabanki mu Rwanda, rumaze igihe rufatwa nk’inkingi ikomeye y’ubukungu bw’igihugu, ruri kugenzurwa na Leta nyuma yo kugaragara ko zunguka inyungu z’umurengera, ariko (…)

Umurambo wa Protais Zigiranyirazo wari musaza w'umugore wa Juvenal Habyarimana, biravugwa ko watwitswe nyuma y’uko umury...
16/10/2025

Umurambo wa Protais Zigiranyirazo wari musaza w'umugore wa Juvenal Habyarimana, biravugwa ko watwitswe nyuma y’uko umuryango we wimwe uburenganzira bwo kumushyingura mu Bufaransa.

Amakuru aturuka mu Bufaransa aravuga ko umurambo wa Protais Zigiranyirazo witwaga M. Z watwitswe nyuma y’uko umuryango we wimwe uburenganzira bwo kumushyingura muri icyo gihugu.

Perezida Kagame yihanganishije Abanyakenya kubera urupfu rwa Raila Odinga
16/10/2025

Perezida Kagame yihanganishije Abanyakenya kubera urupfu rwa Raila Odinga

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yihanganishije Abanyakenya kubera urupfu rwa Raila Odinga wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Kenya, akaba yaritabye Imana ku itariki 15 (…)

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), ku bufatanye na Mastercard Foundation hamwe n’ikigo gikora ubushakashatsi...
16/10/2025

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), ku bufatanye na Mastercard Foundation hamwe n’ikigo gikora ubushakashatsi (PwC), bateraniye mu nama igamije kurebera hamwe uko inyungu rusange ku rwego rwo hejuru zisakazwa zikanifashishwa mu gushyira mu bikorwa Ingamba z’Iterambere ry’Urwego rw’Imari (Financial Sector Development Strategy – FSDS) 2025–2030.

Ni inama yabereye i Kigali, yahuje bamwe mu bashinzwe ibikorwa bya Leta n’abikorera, hagamijwe gusuzuma ko inzira u Rwanda rwahisemo mu guteza imbere urwego rw’imari rujyanye n’igihe, kandi rufunguye kuri bose mu buryo burambye.

AMAFOTO: https://www.flickr.com/photos/kigali-today/albums/72177720329703482

VIDEO : https://www.youtube.com/watch?v=m00cEeG1iKI

LOVE ON PARADE: Ese guhemuka mu rukundo bigira ingaruka?Hari abahemuka nyuma bakazicuza bavuga ko babitewe nabo bahemuki...
16/10/2025

LOVE ON PARADE: Ese guhemuka mu rukundo bigira ingaruka?Hari abahemuka nyuma bakazicuza bavuga ko babitewe nabo bahemukiye. Tuganire na Umukazana Eddie na Grace

Ubucucike mu magororero yo mu Rwanda  bwagabanutseho 24.4% mu mwaka wa 2024/2025 ugereranyije n’umwaka wabanje wa 2023/2...
16/10/2025

Ubucucike mu magororero yo mu Rwanda bwagabanutseho 24.4% mu mwaka wa 2024/2025 ugereranyije n’umwaka wabanje wa 2023/2024.

Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, NCHR, yatangaje ko mu 2024/2025 ubucucike mu magororero bwagabanutseho 24.4% ugereranyije n’umwaka ushize wa 2023/2024.

Ese wamaze gutanga mituweli y'uyu mwaka? Niba utarabikora imbogamizi ni iyihe? Hari ikibazo ushaka kubaza kijyanye na mi...
16/10/2025

Ese wamaze gutanga mituweli y'uyu mwaka? Niba utarabikora imbogamizi ni iyihe? Hari ikibazo ushaka kubaza kijyanye na mituweli?
Dukurikire kano kanya maze uganire na Ntigurirwa Deogratias ushinzwe ubukangurambaga no kwandika abanyamuryango ba mituweli muri RSSB.

Kuremera abatishoboye no gushimira abakoze cyane ni bimwe mu byaranze ibirori by’umunsi w’umugore wo mu cyaro (Amafoto)
16/10/2025

Kuremera abatishoboye no gushimira abakoze cyane ni bimwe mu byaranze ibirori by’umunsi w’umugore wo mu cyaro (Amafoto)

Mu Karere ka Muhanga, ibirori by’umunsi mpuzamahanga w’Umugore wo mu cyaro byaranzwe no gutanga ibihembo ku miryango y’intangarugero mu kubana neza nta makimbirane, kuremera (…)

Abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abashinjwa iterabwoba ku Rwanda
16/10/2025

Abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abashinjwa iterabwoba ku Rwanda

Komite y’Igihugu Ishinzwe Kurwanya Iterabwoba (NCTC) yatangaje ku mugaragaro Urutonde rw’Abanyarwanda bakekwaho iterabwoba n’abarifasha mu buryo bw’amafaranga, rugaragaza (…)

Ingabire Marie Immaculée arashyingurwa kuri uyu wa Kane i Rusororo saa kumi. Birabanzirizwa no gufata umubiri i Kanombe ...
16/10/2025

Ingabire Marie Immaculée arashyingurwa kuri uyu wa Kane i Rusororo saa kumi. Birabanzirizwa no gufata umubiri i Kanombe ku bitaro bya Gisirikare saa moya, kumusezeraho mu rugo mu Murenge wa Niboye muri Kicukiro saa tatu n’igice kugeza saa sita, hakurikireho igitambo cya Misa kibera kuri Paruwasi Regina Pacis i Remera saa saba z’amanywa.

Ingabire Marie Immaculée w’imyaka 63 y’amavuko, wari umuyobozi w’Umuryango urwanya Ruswa n’Akarengane, Transparency International Rwanda, yitabye Imana tariki 09 Ukwakira 2025 azize uburwayi.

Urupfu rwe rwababaje benshi bamukundaga bavuga ko yavugishaga ukuri, ndetse akanga akarengane na ruswa.

Address

Kigali

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when KT Radio posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Business

Send a message to KT Radio:

Share

Category