Imvaho Nshya

Imvaho Nshya The Official page For Imvaho Nshya NewsPaper �
(1)

Perezida Paul Kagame yakiriye itsinda ry’abantu 19 bo mu muryango Young Presidents' Organization (YPO) n’abo bashakanye,...
09/06/2026

Perezida Paul Kagame yakiriye itsinda ry’abantu 19 bo mu muryango Young Presidents' Organization (YPO) n’abo bashakanye, riyobowe na Rogelio Romero uyobora YPO Gold Panama akaba n’Umuyobozi Mukuru wa Concretex Panama.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu (Village Urugwiro) byatangaje ibiganiro bigiranye byibanze ku iterambere ry’u Rwanda, guteza imbere urubuga rwo kwihangira imirimo n’amahirwe ari mu bufatanye bw’ubukungu n’ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Panama.

YPO ni Umuryango Muzamahanga uhuza abayobozi, ugahuriza hamwe abayobozi ibihumbi 38 b’ibigo by’ubucuruzi byo mu bihugu 130.

Ishami rya Panama rihuriyemo abayobozi bakuru b’ibigo by’ubucuruzi n’ishoramari bikomeye muri iki gihugu.

📸𝐀𝐌𝐀𝐅𝐎𝐓𝐎📸Ambasaderi w’u Rwanda mu Misiri, CG Dan Munyuza, yasuye ikipe y’Igihugu “Amavubi” yasoje umwiherero w’iminsi it...
09/06/2026

📸𝐀𝐌𝐀𝐅𝐎𝐓𝐎📸

Ambasaderi w’u Rwanda mu Misiri, CG Dan Munyuza, yasuye ikipe y’Igihugu “Amavubi” yasoje umwiherero w’iminsi itanu yakoreraga mu Mujyi wa Cairo.

Biteganyijwe ko abakinnyi bazataha mu Rwanda bafata urugendo ku wa Gatatu bakagera i Kigali ku wa Kane mu gitondo mu gihe abandi bararara basubiye mu makipe yabo.

🚨AMAKURU AGEZWEHO🚨U Rwanda rwitabiriye Inama Mpuzamahanga Ihuza Ibigo bishinzwe icungamutungo ry’Imiryango (family offic...
09/06/2026

🚨AMAKURU AGEZWEHO🚨

U Rwanda rwitabiriye Inama Mpuzamahanga Ihuza Ibigo bishinzwe icungamutungo ry’Imiryango (family offices) i Burayi, yabereye ahitwa Montreux i Geneva mu Busuwisi, ihurije hamwe abahagarariye ibigo bishinzwe icungamutungo ry’imiryango, abashoramari n’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi.

Itsinda ryaturutse mu rihagarariwe na Michelle Umurungi, Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe Ishoramari mu Rwego rw’igihugu rw’Iterambere (RDB), watanze ikiganiro ku Mahirwe y’ishoramari ari mu Rwanda ndetse akaniyunga ku kiganiro rusange cyagarutse ku mahirwe y’ubukungu agaragara mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere.

Muri ibyo biganiro byombi, Michelle Umurungi yagaragaje amahirwe y’ishoramari ari mu Rwanda ndetse n’ikirere gihebuje cy’ishoramari gihari.

Abaturage bo mu Kagari ka Gikundamvura mu Karere ka Nyagatare, baragaya umubyeyi w’imyaka 54 wasabitswe n’ubusinzi kugez...
09/06/2026

Abaturage bo mu Kagari ka Gikundamvura mu Karere ka Nyagatare, baragaya umubyeyi w’imyaka 54 wasabitswe n’ubusinzi kugeza aho umwana we w’imyaka 13 wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza amuhungira mu baturanyi, none uyu mubyeyi akaba avuga ko ari abayobozi bamumwambuye.

Abaturanyi be bavuga ko nuwo mubyeyi amara igihe kinini mu kabari, bakaba bahangayikishwa n’uko iyo atashye ngo atajyaga yibuka ko afite umwana wiga mu mashuri abanza waje kubona azicwa n’inzara agahitamo guhungira mu baturanyi.

Inkuru irambuye ⤵️
➡️:https://imvahonshya.co.rw/nyagatare-umwana-yahunze-nyina-wasabitswe-nubusinzi-akamutererana/

🚨AMAKURU AGEZWEHO🚨Mu cyumweru gishize, Umuyobozi Mukuru w’Ikigega cy’Igihugu cyo Kurengera Ibidukikije (FONERWA), Teddy ...
09/06/2026

🚨AMAKURU AGEZWEHO🚨

Mu cyumweru gishize, Umuyobozi Mukuru w’Ikigega cy’Igihugu cyo Kurengera Ibidukikije (FONERWA), Teddy Mpinganzima Mugabo, yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku gutera Inkunga Imihindagurikire y’Ibihe muri Luxembourg, yibanda ku bukangurambaga bugamije gukurura ishoramari rya Leta n’iry’abikorera rishyigikira ibyaremwe n’urugamba rwo kurwanya imihindagurikire y’ibihe.

Minisiteri y’Ibidukikije ya Luxembourg n’Ikigo cy’Iterambere (LuxDev) bifatanyije n’abafatanyabikorwa mu kurushaho kureba ku mahirwe yo gukusanya inkunga zitanga umusaruro mu kubungabunga ibidukikije.

Iyi na kandi yabaye umwanya w’ingenzi w’u Rwanda wo kugaragaza ibyo rwiyemeje mu guharanira iterambere rirambye ritangiza ibidukikije ndetse no gukorana n’abafatanyabikorwa b’ingirakamaro mu kwihutisha ikisanywa ey’ishoramari rikenewe mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe no kurengera urusobe rw’ibinyabuzima.

Urukiko rw’ibanza rwa Kicukiro rwakatiye Umuhanzi Uworizagwira Florien, wamamaye nka Yampano iminsi 30 y’agateganyo y’ig...
09/06/2026

Urukiko rw’ibanza rwa Kicukiro rwakatiye Umuhanzi Uworizagwira Florien, wamamaye nka Yampano iminsi 30 y’agateganyo y’igifungo nyuma yuko rusanze ibyaha 3 muri 6 yakekwagaho bifitiwe ibimenyetso bifatika mu rubanza rwasomwe kuri uyu wa 09 Kamena 2026.

Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rwakatiye uyu mugabo gufungwa Iminsi 30 mu Igororero rya Nyarugenge riri mu Murenge wa Mageragere nyuma y’uko rusuzumye ikirego cy’ubushinjacyaha ndetse n’uko Yampano yireguye.

Inkuru irambuye⤵️
➡️:https://imvahonshya.co.rw/yampano-yakatiwe-gufungwa-iminsi-30-yagateganyo/

Ubuyobozi n'abakozi b'Umujyi wa Kigali bibutse ku nshuro ya 32 abari abayobozi n’abakozi mu cyahoze ari Perefegitura y’U...
09/06/2026

Ubuyobozi n'abakozi b'Umujyi wa Kigali bibutse ku nshuro ya 32 abari abayobozi n’abakozi mu cyahoze ari Perefegitura y’Umujyi wa Kigali n’Amakomini yari ayigize, bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iki gikorwa cyabereye mu Busitani rw'Urwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro (Jardin de Mémoire), cyabanjirijwe no gushyira indabo ku kimenyetso cy’amateka ya Jenoside ku biro by’Umujyi wa Kigali.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Samuel Dusengiyumva yashimangiye ko kwibuka ari ukuzirikana amateka mabi yaranze ubuyobozi bw'u Rwanda mu gihe cya Jenoside no guharanira ko atazasubira ukundi.

Ati: “Umwanya nk’uyu wo kwibuka abari abakozi mu nzego turimo uyu munsi, udufasha kongera gusubira mu mateka mabi yaranze ubuyobozi bw’u Rwanda kuva abakoroni bageze mu Rwanda, kugera kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kugira ngo atazongera kwisubiramo ukundi, no kuzirikana ubutwari bw’Inkotanyi.”

Umuryango Aegis Trust ku bufatanye na UNESCO, Minisiteri y’Uburezi na Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano M...
09/06/2026

Umuryango Aegis Trust ku bufatanye na UNESCO, Minisiteri y’Uburezi na Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu batangije umushinga ugamije kubaka ubushobozi bw’urwego rw’uburezi ku nzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Uyu mushinga watangirijwe ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, witezweho gufasha abarimu, abayobozi b’ibigo by’amashuri, abayobora ibikorwa byo kwibuka ku nzibutso, abakangurambaga mu muryango mugari, abayobozi bashinzwe uburezi ku rwego rw’Uturere ndetse n’abanyeshuri basura Inzibutso za Jenoside zirimo urwa Bisesero, Murambi na Kigali.

Address

Kimironko Near REB, Former UNESCO Building
Kigali
250

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Imvaho Nshya posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Business

Send a message to Imvaho Nshya:

Share