09/06/2026
Perezida Paul Kagame yakiriye itsinda ry’abantu 19 bo mu muryango Young Presidents' Organization (YPO) n’abo bashakanye, riyobowe na Rogelio Romero uyobora YPO Gold Panama akaba n’Umuyobozi Mukuru wa Concretex Panama.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu (Village Urugwiro) byatangaje ibiganiro bigiranye byibanze ku iterambere ry’u Rwanda, guteza imbere urubuga rwo kwihangira imirimo n’amahirwe ari mu bufatanye bw’ubukungu n’ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Panama.
YPO ni Umuryango Muzamahanga uhuza abayobozi, ugahuriza hamwe abayobozi ibihumbi 38 b’ibigo by’ubucuruzi byo mu bihugu 130.
Ishami rya Panama rihuriyemo abayobozi bakuru b’ibigo by’ubucuruzi n’ishoramari bikomeye muri iki gihugu.