12/01/2026
Umugabo wari umwubatsi iminsi yose uko agiye ku kazi mu gitondo azindutse,yabanzaga kunyura ku rusengero agasenga akabwira Yesu Kristo ati:’’Narinyuze hano ngo ngusuhuze kandi ngushimire kundinda mu ijoro,none nkweretse uyu munsi umpaye ngo undinde ikibi cyose muri wo.
Yarangiza agasohoka akajya ku kazi,yabikoraga iminsi yose ubudasiba.
Umunsi umwe ari ku kazi yaje kugira impanuka,ahanuka ku gikwa yikubita hasi avunika urutirigongo.
Yivurije mu mavuriro atandukanye ariko gukira bikomeza kugorana atangira kuba paralysé.
Umunsi aho yari arwariye mu bitaro arembye,umugore we wari umurwaje yamusize wenyine anyarukira mu rugo.
Umugore amaze kugenda umugabo yarasinziriye gato,nuko arota abona umugabo winjiye mu cyumba aho arwariye,yicara ku gitanda iruhande rwe amufata ikiganza aramubwira ati:’’Nshuti yanjye nje kukuramutsa,kuko maze iminsi ntakubona uje kundamutsa buri gitondo nkuko wari warabimenyereje,none ninjye uje kukuramutsa.’’
Umurwayi nawe aramusubiza ati:’’Urakoze nshuti yanjye.’’
Uwo mugabo yahise asohoka,wa murwayi ahita akanguka amenya ko ari Yesu Kristo wari umugendereye.
Ako kanya yahise yumva impinduka mu mubiri we,uburibwe yagiraga mu mugongo burashira.
Bitunguranye areguka birakunda yiyicaza ku gitanda,kandi mbere bitarashobokaga.
Bidatinze arahaguruka atangira kugendagenda.
Hashize igihe kitari gito umugore yaragarutse asanga umugabo we ahagaze arimo arasenga,ntiyasobanukiwe nibyo abona yararize avuza induru atera haleluya.
Abaganga n’abaforomo baje biruka bahuruye kureba ibibaye,bibaza ko uwo murwayi wari urembye yaba yashizemo umwuka.
Basanga uwari umurwayi ahagaze asenga ashima lmana,umurwayi arangije abatekerereza uko byagenze ndetse ababwira uburyo akiri mu*ima yabanzaga guca mu rusengero,kujya gusuhuza Yesu Kristo no kumushimira uburyo yamurinze,no kumuragiza uwo munsi.
Ati none Yesu Kristo yangendereye,kandi asize ankijije ampinduriye ubu*ima.
Bose bafatanya gushima lmana,mu izina rya Yesu Kristo.
Nshuti yanjye usomye iyi nkuru birashoboka k