06/16/2026
Akaga gategereje abatitondera imibonano mpuzabitsina yo mu kanwa.
Indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina zirimo imitezi na mburugu na Virusi itera Sida, zishobora kwibasira abayikora bifashishije umunwa, aho byanabaviramo kanseri, guhuma, ubugumba no kwangirika k’ubwonko.
Abaganga bagaragaza ko byaba byiza mu gihe umuntu agiye kuyikorera muri icyo gice na bwo akoresheje agakingirizo n’ubundi buryo bwo kwirinda indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.
Imibonano mpuzabitsina yifashisha umunwa (oral s*x) irimo gukoresha umunwa ku gitsina yaba icy’umugabo cyangwa icy’umugore.
Ikigo gishinzwe kurinda no gukumira indwara (CDC), cyemeza ko indwara zirimo imitezi na mburugu na Virusi itera Sida wazandura igihe ukoze imibonano mpuzabitsinda yifashisha umunwa.
Mburugu yibasira iminwa, umuhogo, imyanya ndangagitsina n’igice gisohora umwanda ukomeye.
Igihe ukoze imibonano ikoreshejwe umunwa ku wayanduye, cyangwa ufite uduheri ku myanya y’ibanga, bishobora kuviramo kwandura bigaragara bihereye ku munwa, bikagera imbere mu kanwa bigafata n’umuhogo.
Ni na ko bimeze ku wakira igitsina.
Iyo afite iyi ndwara mu kanwa mu muhogo n’ahandi, ashobora kwanduza igitsina yakiriye, ku bagabo.
cyangwa ku bagore mu gihe umugabo akoresheje umunwa we ku myanya y’ibanga y’umugore.