B24 TV Welcome to B24 TV
Your home of entertainment, storytelling, real vibes and reliable political news. Here to entertain
@b24.rw

06/17/2026

AMAKURU AGEZWEHO.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye indahiro z’abayobozi mu nzego zitandukanye baherutse guhabwa inshingano.

Barimo James Wizeye, Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza n’Umutekano (NISS), Judith Mbabazi, Umuvunyi Mukuru Wungirije ushinzwe gukumira no kurwanya akarengane ndetse na CP Theos Badege, Komiseri Mukuru Wungirije w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS). 4tvshowbiz #

06/16/2026

Akaga gategereje abatitondera imibonano mpuzabitsina yo mu kanwa.

Indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina zirimo imitezi na mburugu na Virusi itera Sida, zishobora kwibasira abayikora bifashishije umunwa, aho byanabaviramo kanseri, guhuma, ubugumba no kwangirika k’ubwonko.

Abaganga bagaragaza ko byaba byiza mu gihe umuntu agiye kuyikorera muri icyo gice na bwo akoresheje agakingirizo n’ubundi buryo bwo kwirinda indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Imibonano mpuzabitsina yifashisha umunwa (oral s*x) irimo gukoresha umunwa ku gitsina yaba icy’umugabo cyangwa icy’umugore.

Ikigo gishinzwe kurinda no gukumira indwara (CDC), cyemeza ko indwara zirimo imitezi na mburugu na Virusi itera Sida wazandura igihe ukoze imibonano mpuzabitsinda yifashisha umunwa.

Mburugu yibasira iminwa, umuhogo, imyanya ndangagitsina n’igice gisohora umwanda ukomeye.

Igihe ukoze imibonano ikoreshejwe umunwa ku wayanduye, cyangwa ufite uduheri ku myanya y’ibanga, bishobora kuviramo kwandura bigaragara bihereye ku munwa, bikagera imbere mu kanwa bigafata n’umuhogo.

Ni na ko bimeze ku wakira igitsina.

Iyo afite iyi ndwara mu kanwa mu muhogo n’ahandi, ashobora kwanduza igitsina yakiriye, ku bagabo.

cyangwa ku bagore mu gihe umugabo akoresheje umunwa we ku myanya y’ibanga y’umugore.

06/16/2026

Akaga gategereje abatitondera imibonano mpuzabitsina yo mu kanwa.

Indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina zirimo imitezi na mburugu na Virusi itera Sida, zishobora kwibasira abayikora bifashishije umunwa, aho byanabaviramo kanseri, guhuma, ubugumba no kwangirika k’ubwonko.

Abaganga bagaragaza ko byaba byiza mu gihe umuntu agiye kuyikorera muri icyo gice na bwo akoresheje agakingirizo n’ubundi buryo bwo kwirinda indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Imibonano mpuzabitsina yifashisha umunwa (oral s*x) irimo gukoresha umunwa ku gitsina yaba icy’umugabo cyangwa icy’umugore.

Ikigo gishinzwe kurinda no gukumira indwara (CDC), cyemeza ko indwara zirimo imitezi na mburugu na Virusi itera Sida wazandura igihe ukoze imibonano mpuzabitsinda yifashisha umunwa.

Mburugu yibasira iminwa, umuhogo, imyanya ndangagitsina n’igice gisohora umwanda ukomeye.

Igihe ukoze imibonano ikoreshejwe umunwa ku wayanduye, cyangwa ufite uduheri ku myanya y’ibanga, bishobora kuviramo kwandura bigaragara bihereye ku munwa, bikagera imbere mu kanwa bigafata n’umuhogo.

Ni na ko bimeze ku wakira igitsina.

06/15/2026

Ruben Amorim wahoze ari umutoza wa Manchester United, yamaze gushyira umukono ku masezerano y’imyaka itatu atoza ikipe ya AC Milan yo mu Butaliyani. Ibi byakuye kuri Manchester United umugogoro wo kuzishyura Amorim miliyoni £15.9 yamugombaga mu gihe cy’umwaka yari asigaje ngo amasezerano ye arangire.

Bivuze ko ntacyo Man U igomba Amorim kuko abonye akazi gashya hataracamo umwaka.

06/15/2026

Akaga gategereje abatitondera imibonano mpuzabitsina yo mu kanwa.

Indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina zirimo imitezi na mburugu na Virusi itera Sida, zishobora kwibasira abayikora bifashishije umunwa, aho byanabaviramo kanseri, guhuma, ubugumba no kwangirika k’ubwonko.

Abaganga bagaragaza ko byaba byiza mu gihe umuntu agiye kuyikorera muri icyo gice na bwo akoresheje agakingirizo n’ubundi buryo bwo kwirinda indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

06/14/2026

Imitego irenga 6 000 yafatiwe muri Pariki ya Nyungwe mu 2025 .

Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe buravuga ko mu mwaka ushize wa 2025 muri iyo Pariki hafatiwemo imitego irenga 6 000 y’abahiga inyamaswa, mu gihe hari ingamba zikarishye zashyiriweho kurwanya ubikorwa byangiza.

Umuyobozi w’Ikigo gicunga Pariki y’Igihugu ya Nyungwe (NMC), Niyigaba Protais yavuze ko iyo mitego itegwa na ba rushimusi baba baciye mu rihumye abarinzi ba Pariki bahora bacungana na bo.

Ati: “Ni imitego mibi cyane yica inyamaswa igahombya ubukungu bw’Igihugu. Iba igizwe n’udusinga twinshi abahigi bitwaza. Umuhigi umwe ashobora gutwara agafuka gato karimo imitego nka 500. Ushobora gusanga abahigi nka 30 bafatanwa imitego ingana ityo bonyine, kuko umuhigi agenda afite ako gafuka, aho ageze hose mu ishyamba, agatema igiti agatega, bityo bityo.”

Akomeza avuga ko ugereranyije n’imyaka yabanje, imitego yafatiwe muri Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yagabanyutse cyane kuko mu 2022 hari hafatiwemo irenga 11 000.

06/13/2026

Vestine na Dorcas bongeye gutandukana na M Irene nyuma y'imyaka 6 bakorana.

Itsinda ry’abahanzikazi baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas, ryatangaje ko ryamaze gutandukana n’umujyanama waryo Irene Murindahabi uzwi nka M Irene, nyuma y’urugendo rw’imyaka itandatu bari bamaze bakorana.
Aya makuru yamenyekanye binyuze mu itangazo aba bahanzikazi bashyize hanze kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 13 Kamena 2026, bavuga ko iki cyemezo cyatangiye gushyirwa mu bikorwa ako kanya.

Vestine na Dorcas bagaragaje ko gutandukana na M Irene atari icyemezo bafashe bahubukiye, ahubwo ko cyaturutse ku gutekereza no gusuzuma neza icyerekezo cyabo cy'ahazaza.

Bagize bati: "Nyuma yo gutekereza cyane no gusuzuma neza, twafashe icyemezo cyo guhagarika ubufatanye bwacu na MIE guhera ubu."

Nubwo batandukanye, aba bahanzikazi bashimangiye ko bakomeje gushimira M Irene n'ikipe ye ku ruhare rukomeye bagize mu rugendo rwabo rwa muzika.

Bagaragaje ko M Irene yababereye umubyeyi, umujyanama ndetse n'umurinzi kuva bagitangira urugendo rwabo rwa muzika, akabafasha gukura nk'abahanzi ndetse n'abantu ku giti cyabo.

Mu butumwa bwabo, Vestine na Dorcas bavuze ko bishimira byinshi bagezeho bafatanyije na M Irene, ariko ko igihe kigeze ngo bakomeze urugendo rwabo rwigenga, bakurikije icyerekezo n'indangagaciro bifuza kubakiraho ejo hazaza habo.

06/13/2026

Vestine na Dorcas bongeye gutandukana na M Irene nyuma y'imyaka 6 bakorana.

Itsinda ry’abahanzikazi baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas, ryatangaje ko ryamaze gutandukana n’umujyanama waryo Irene Murindahabi uzwi nka M Irene, nyuma y’urugendo rw’imyaka itandatu bari bamaze bakorana.
Aya makuru yamenyekanye binyuze mu itangazo aba bahanzikazi bashyize hanze kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 13 Kamena 2026, bavuga ko iki cyemezo cyatangiye gushyirwa mu bikorwa ako kanya.

Vestine na Dorcas bagaragaje ko gutandukana na M Irene atari icyemezo bafashe bahubukiye, ahubwo ko cyaturutse ku gutekereza no gusuzuma neza icyerekezo cyabo cy'ahazaza.

Bagize bati: "Nyuma yo gutekereza cyane no gusuzuma neza, twafashe icyemezo cyo guhagarika ubufatanye bwacu na MIE guhera ubu."

Nubwo batandukanye, aba bahanzikazi bashimangiye ko bakomeje gushimira M Irene n'ikipe ye ku ruhare rukomeye bagize mu rugendo rwabo rwa muzika.

Bagaragaje ko M Irene yababereye umubyeyi, umujyanama ndetse n'umurinzi kuva bagitangira urugendo rwabo rwa muzika, akabafasha gukura nk'abahanzi ndetse n'abantu ku giti cyabo.

Mu butumwa bwabo, Vestine na Dorcas bavuze ko bishimira byinshi bagezeho bafatanyije na M Irene, ariko ko igihe kigeze ngo bakomeze urugendo rwabo rwigenga, bakurikije icyerekezo n'indangagaciro bifuza kubakiraho ejo hazaza habo.

Address

Kigali
New York, NY

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when B24 TV posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Share